Abanyarwanda batuye mu Burusiya bibukijwe ko Jenoside yakorewe abatutsi itaje ari nk’impanuka
Ku wa 7 Mata 2026, Ambasade ya Repubulika y’u Rwanda mu Burusiya yibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Icyo gikorwa cyabereye muri President Hotel Moscow, gihuriza hamwe Abanyarwanda batuye mu mahanga, abagize corps diplomatique, abayobozi ba Leta y’u Burusiya n’inshuti z’u Rwanda.
Gahunda yatangiye abitabiriye banyura mu imurikabikorwa ryateguwe ryiswe “From Genocide to Rebirth,” ryagaragazaga amateka mabi u Rwanda rwanyuzemo n’urugendo rw’ubumwe, ubwiyunge n’iterambere. Hakurikiyeho umunota wo kwibuka, gucana urumuri rw’ikizere no gushyira indabo ku rwibutso mu guha icyubahiro abazize Jenoside.
Mu ijambo rye, Ambasaderi wa Repubulika y’u Rwanda mu Burusiya, Maj. Gen. Joseph Nzabamwita, yibukije ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 itabaye igikorwa cy’impanuka, ahubwo ko yari yarateguwe nyuma y’imyaka myinshi y’amacakubiri, ivangura no gutesha abantu agaciro.
Yasobanuye ko ubwicanyi bwateguwe neza kandi bugashyirwa mu bikorwa vuba cyane, bugahitana abantu barenga miliyoni imwe mu minsi 100 gusa. Yagaragaje ko Umuryango mpuzamahanga, ibihugu by’i Burengerazuba n’Umuryango w’Abibumbye batagize icyo bakora nubwo bari bafite ibimenyetso bihagije by’uko Jenoside yategurwaga.
Agaruka ku byakurikiyeho, yavuze ko u Rwanda rwahuye n’icyemezo gikomeye ariko ruhitamo inzira y’ubumwe, ubwiyunge no kongera kubaka igihugu, bikaba ari byo byabaye umusingi w’iterambere ryarwo.
Yongeyeho ko ingengabitekerezo ya Jenoside n’ihakana ryayo bikigaragara mu bice bitandukanye by’isi, anaburira ko guceceka imbere y’izo ngaruka bishobora gutuma habaho andi mahano nk’ayo.
By’umwihariko, yagaragaje impungenge ku bwicanyi bukomeje gukorerwa Abatutsi mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, cyane cyane Abanyamulenge bo muri South Kivu. Yasabye Umuryango mpuzamahanga kuzuza inshingano zawo zo gukumira Jenoside, guhana abayikoze no gushyira mu bikorwa ihame rya “Ntibizongere ukundi” aho kuba amagambo gusa.
Mu ijambo rye, Bwana Anatoly G. Bashkin, Umuyobozi wungirije w’Ishami rishinzwe ibihugu bya Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burusiya, yavuze ko Jenoside ari kimwe mu byago bikomeye byabaye mu mateka ya vuba, agaragaza ko abantu bagera kuri miliyoni imwe, bangana na 20% by’abaturage b’u Rwanda icyo gihe, bahasize ubuzima.
Yashimangiye ko ibyabereye mu Rwanda bikomeza kuba isomo rikomeye ku ngaruka z’urwango, amacakubiri no kutagira icyo umuntu akora, anibutsa ko Umuryango mpuzamahanga ugomba gufata ingamba zihamye mu guhangana n’ibyo bibazo.
Yashimye uko u Rwanda rwiyubatse ndetse n’uruhare rwarwo mu kubungabunga amahoro binyuze mu butumwa rwagiyemo muri Repubulika ya Centrafrique no muri Mozambique. Yongeye gushimangira ko u Burusiya bwiyemeje gukomeza gushyigikira ingamba mpuzamahanga zigamije gukumira Jenoside, guteza imbere amahoro n’umutekano, no gukomeza ubufatanye n’u Rwanda, harimo no mu rwego rw’ubufatanye bwa Russia na Afurika.
Ibirori byo kwibuka byaranzwe kandi n’umuvugo n’indirimbo zo kwibuka byaririmbwe n’abanyeshuri b’Abanyarwanda.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|