Abantu basaga 200, batwawe n’indege ya gisirikare y’Abafaransa, barimo Abanya Afghanistani n’Abafaransa 25, bageze ku kibuga cy’indege cya Roissy Charles-de-Gaulle ku wa Gatatu tariki 18 Kanama.
Hakainde Hichilema, wabanje kuba umushumba w’inka nk’uko abyivugira, ubu ni Perezida mushya wa Zambia, akaba ageze ku butegetsi nyuma yo kugerageza inshuro esheshatu zose.
Muri Mozambique abayobozi babiri birukanwe ku mirimo nyuma y’iminsi 12 gusa bahawe inshingano zo kuyobora za gereza, bikaba byatewe n’ibibazo bitandukanye.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ryatangaje ko ku wa kabiri tariki 17 Kana 2021, muri Côte d’Ivoire habonetse umurwayi wa kabiri wa Ebola hamwe n’abantu icyenda bahuye na we, nyuma y’uko hagaragaye umuntu wa mbere wemejwe ko afite Ebola mu mpera z’icyumweru gishize i Abidjan.
Polisi y’ahitwa Arkansas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), yatangaje ko yafashe umugabo w’ imyaka 30 y’amavuko wo mu Mujyi wa Fayetteville, nyuma y’uko arashe umugore we amuziza ko yanze ko baryamana.
Hashize iminsi hazenguruka ku mbuga nkoranyambaga videwo y’abasirikare babiri bakuru bo mu Ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagiranye amakimbirane bituma barwana mu ruhame, bikaba byabaviriyemo gukatirwa igifungo cya burundu n’Urukiko rwa gisirikare.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zatangaje ko ku bufatanye n’iza Mozambique ndetse na Polisi y’u Rwanda, zamaje kwigarurira umujyi wa Mocimboa da Praia wari ibirindiro bikuru ku barwanyi bari barigaruriye Amajyaruguru ya Mozambique mu Ntara ya Cabo Delgado.
Ibyo bije bikurikira ugushyira hamwe kw’Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique mu bikorwa byo gusenya no gukuraho ibirindiro by’inyeshyamba ziyitirira idini ya Isilamu, zikagaba ibitero ku basivili bakahatakariza ubuzima.
Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) watangaje ko ugiye gutanga inkingo zigera kuri miliyoni 400 mu bihugu by’ibinyamuryango, intego ikaba ari ugutanga nibura inkingo zigera kuri miliyoni 50 mbere y’impera z’ukwezi k’Ukuboza 2021.
Polisi mu Bwongereza yafashe abantu 11 mu bibasiye abakinnyi batatu b’abirabura bo mu ikipe y’Igihugu bakoresheje imbuga nkoranyambaga. Marcus Rashford, Jadon Sancho na Bukayo Saka, ni bo birabura batatu bakina mu Ikipe y’igihugu y’u Bwongereza, bibasiwe n’ihohotera rishingiye ku ibara ry’uruhu rwabo ku mbuga (…)
Umunyamerika w’impuguke mu by’ubucuruzi no kwihangira imirimo ukorera muri Uganda bwana Mike Davis, aravuga ko akunze guhura n’abantu benshi bifuza kwimukira muri Amerika bakajya kuba abaturage baho burundu.
Perezida wa Repubulika yunze Ubumwe ya Tanzania uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, Samia Suluhu Hassan, yakiriye inkuru y’akababaro y’uko Ministiiri w’Ingabo we, Elias John Kwandikwa yitabye Imana ku wa Mbere tariki 02 Kanama 2021.
Leta ya Kenya yasinyanye amasezerano n’u Bwongereza azemerera abaforomo b’Abanyakenya badafite akazi n’abandi baganga gukorera mu Bwongereza.
Urukiko rwa Serengeti muri Tanzania, rwahanishije igifungo cy’imyaka 60 muri gereza, umugabo witwa Adamu Matera ufite imyaka 22, utuye ahitwa Remung’orori, nyuma yo guhamwa n’ ibyaha byo gufata ku ngufu no gutera inda umwana w’umunyeshuri wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza.
Perezida wa Tanzania Samia Suluhu, kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Nyakanga 2021 yakingiwe Covid-19, ahamagarira n’abandi baturage b’icyo gihugu kwikingiza.
Umuryango w’umugabo witwa Mayenga Nigonzala, utuye ahitwa Kidinda, mu Karere ka Bariadi, Intara ya Simiyu, ubu ufite ibibazo byinshi utabonera ibisubizo nyuma y’uko umugore we Zawadi Sayi, abwiwe ko yabyaye umwana umwe nyamara igihe cyose yagiye kwipimisha atwite yarabwirwaga ko atwite impanga z’abana babiri, bagiye no (…)
Uwo ni umwanzuro wafashwe na Perezida wa Tunisia, Kais Saied, ku Cyumweru Tariki 25 Nyakanga 2021, aho yavuze ko ashingiye ku itegeko nshinga rya Tunisia ryo mu 2014, ahagaritse Minisitiri w’intebe Hichem Mechichi ku nshingano ze.
Ayo ni amakuru yatangajwe ku mugaragaro tariki 22 Nyakanga 2021, binyuze mu itangazo ryasohowe na Afurika yunze Ubumwe ndetse n’abashinzwe iby’ububanyi n’amahanga bwa Israël.
Abayobozi bo muri Madagascar batangaza ko hari abantu benshi barimo “Abanyamahanga n’Abanya-Madagascar” bafashwe bakekwaho kuba bari bafite umugambi wo kwica Perezida w’icyo gihugu Andry Rajoelina.
Kuri uyu wa kabiri tariki 20 Nyakanga 2021, ubwo Perezida wa Mali, Assimi Goïta, yari mu musigiti munini w’i Bamako mu murwa mukuru w’icyo gihugu, abantu babiri barimo uwitwaje icyuma bamugabyeho igitero, nk’uko byatangajwe n’ibiro ntaramakuru by’Abafaransa ‘AFP’, ariko Imana ikinga akaboko ararokoka.
Armin Laschet, wahabwaga amahirwe menshi yo kuzasimbura Angela Merkel ku mwanya wa ‘Chancelier’ w’u Budage, ku wa Gatandatu tariki 17 Nyakanga 2021 yagize imyitwarire yahise yanduza isura ye, ubwo yafatwaga amashusho arimo atera urwenya aseka n’abandi bantu bari bamwegereye, mu gihe Perezida w’u Budage, Frank-Walter (…)
Muri Kenya ikamyo yari itwaye lisansi yagonganye n’indi modoka mu muhanda, hagati y’Umujyi wa Kisumu na Busia ihita ifatwa n’inkongi y’umuriro, abantu bagera kuri 13 bakaba bahasize ubuzima.
Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yahishuye ikiri inyuma y’ibiganiro arimo agirana n’abakuru b’igihugu byo mu Karere k’ibyaga bigari, avuga ko ibyo yaganiriye n’u Rwanda na Uganda ari byo aganira n’u Burundi, akemeza ko bitanga ikizere mu kuzamura imikoranire y’ibyo bihugu, bikagira (…)
Matata Ponyo ushinjwa kunyereza umutungo wa Leta, afungishijwe ijisho guhera ku wa Gatatu tariki 14 Nyakanga 2021, urwandiko rwo kumuta muri yombi rwakozwe n’Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga, rukaba rwarasinywe ku wa Kabiri tariki 13 Nyakanga 2021 n’Umucamanza mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (…)
Inyandiko isaba ko abantu bahohotera abakinnyi b’umupira w’amaguru bashingiye ku ruhu rwabo, bacibwa burundu ku bibuga by’umupira mu Bwongereza, imaze gusinywa n’abantu basaga 1.000.000 mu masaha make ashize ubukangurambaga butangiye.
U Bufaransa, u Butaliyani n’u Bugiriki byamenyesheje abakora mu bijyanye n’ubuzima banga guhabwa urukingo rwa Covid-19, ko igihe basigaje mu kazi kitazarenga ukwezi kwa Nzeri 2021.
Umujyi wa Londres mu Bwongereza n’Amajyepfo y’icyo gihugu hibasiwe n’imyuzure myinshi ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 12 Nyakanga 2021, bitewe n’imvura nyinshi yaguye muri ibyo bice by’igihugu.
Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi, yemeza ko guhuza ibikorwa bya gisirikare muri Cabo Delgado ari inshingano za Guverinoma ye, mu gihe bamwe mu bayobozi mu bihugu bigize Umuryango wa SADC bavuga ko bitari bikwiye ko Ingabo z’u Rwanda zibatanga mu birindiro byo guhashya inyeshyamba mu Ntara ya Cabo Delgado.
Nk’uko bitangazwa n’inzego z’iperereza muri Afurika y’Epfo, abantu bagera kuri 45 bo mu Ntara ya KwaZulu-Nat (KZN) na Gauteng ni bo bamaze kugwa mu myigaragambyo yatangiye mu cyumweru gishize, ikaba yarabaye nyuma y’ifungwa rya Jacob Zuma, wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo.
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi kuva kuri uyu wa Mbere tariki 12 kugera tariki 14 Nyakanga 2021 arakorera urugendo rw’akazi muri Repubulika Iharanira Demekarasi ya Congo (RDC), urugendo rwitezweho kuganira ku mubano mwiza w’ibihugu byombi, ndetse no ku mutekano mucye uterwa n’imitwe yitwaza intwaro muri Kivu (…)