Champions League: Perezida Kagame yitabiriye umukino wa 1/2 Atletico Madrid yakiriyemo Arsenal

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, Perezida Paul Kagame yitabiriye umukino ubanza wa 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions League Atletico Madrid yakiriyemo Arsenal mu gihugu cya Espagne.

Ni umukino wabereye kuri Stade ya Riyadh Air Metropolitano mu Mujyi wa Madrid aho aya makipe yombi akorana n’u Rwanda mu kwamamaza ubukerarugendo binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda, yahuriye nyuma yo kugera muri 1/2 Atletico Madrid isezereye FC Barcelona muri 1/4 mu gihe Arsenal yasezereye Sporting CP yo muri Portugal.

Uyu mukino warangiye amakipe yombi anganyije igitego 1–1.

Uretse Perezida Kagame kandi uyu mukino wakurikiwe n’Umwami wa Espagne Felipe VI, ndetse na Perezida wa Atlético Madrid, Enrique Cerezo.

Perezida Kagame yitabiriye uyu mukino nyuma yo kwitabira uwo PSG yatsindiye mu Bufaransa Bayern Munich ibitego 5-4 ku wa 28 Mata 2026 mu gihe asanzwe kandi by’umwihariko ari umufana wa Arsenal.

Perezida Kagame asuhuzanya n'Umwami wa Espagne, Felipe VI
Perezida Kagame asuhuzanya n’Umwami wa Espagne, Felipe VI

Umukuru w’Igihugu kandi aheruka kuvuga ko nubwo amasezerano ya Visit Rwanda na Arsenal azarangirana n’umwaka w’imikino 2025-2026 bitazamubuza kuyifana kuko yatangiye kuyifana na mbere yo gukorana na yo.

Perezida Kagame yahawe impano y'ishusho ya stade ya Atlético Madrid
Perezida Kagame yahawe impano y’ishusho ya stade ya Atlético Madrid
Umukinnyi Antoine Griezmann wa Atletico Madrid yatowe na UEFA nk'umukinnyi wahize abandi muri uyu mukino
Umukinnyi Antoine Griezmann wa Atletico Madrid yatowe na UEFA nk’umukinnyi wahize abandi muri uyu mukino

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka