Perezida Kagame yihanganishije Kiliziya Gatolika ku bw’urupfu rwa Papa Francis

Perezida Kagame yihanganishije Kiliziya Gatolika n’Abagatulika bo ku Isi yose, nyuma y’urupfu rwa Papa Francis rwabaye kuri uyu wa 21 Mata 2025, aho yavuze ko yari ikimenyetso cy’imbabazi, kwicisha bugufi no kwifatanya n’abandi ku Isi yose.

Ubwo Perezida Kagame yari i Roma yaganiriye na Papa Francis
Ubwo Perezida Kagame yari i Roma yaganiriye na Papa Francis

Perezida Kagame yagaragaje ko ku buyobozi bwa Papa Francis, umubano w’u Rwanda na Kiliziya Gatolika wafashe icyerekezo gishya, nk’uko biri mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X.

Umukuru w’Igihugu yagize ati “Ubuyobozi bwe bwaranzwe no kwemera Amateka ya Kiliziya Gatolika mu Rwanda, biganisha mu gihe gishya cy’imibanire myiza hagati ya Kiliziya Gatolika n’Igihugu cyacu irangwa n’ukuri, ubwiyunge, ndetse n’intego ihuriweho yo gushakira ubuzima bwiza Abanyarwanda.”

Yakomeje agira ati “Mu izina ry’Abanyarwanda nanjye ubwanjye, twihanganishije Kiliziya Gatolika n’Abagatolika muri rusange ku Isi.”

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka