Musanze: Abaturage biyujurije umudugudu binyuze mu muganda
Abatuye mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru barishimira igikorwa cy’indashyikirwa bamaze kugeraho, aho biyujurije umudugudu wa Nengo wubatse muri uwo Murenge, utujwemo imiryango 19 y’abatishoboye yabagaho inyagirwa.

Aho bubatse uwo mudugudu wa Nengo, ni mu butaka bw’amakoro, ku musozi ugizwe n’ubutaka budahingwa, aho bemeza ko kuba barakoze icyo gikorwa bafata nk’indashyikirwa binyuze mu muganda, birindaga gukomeza kubona bagenzi babo banyagirwa.
Umwe muri bo witwa Nzabahimana Gerald ati “Ni umuganda twakoresheje, ducukura amabuye dusiza ibibanza tubumba amatafari turubaka. Ni igikorwa twatekereje ku bushake bwacu, nyuma y’uko twabonaga ko hari bamwe mu baturage babayeho mu buzima bubi”.
Arongera ati “Iyo tubonye abantu batuye mu mazu twubatse biradushimisha, aha hakwiye kuba urugendo shuri abaturage b’ahandi bakaza kutwigiraho, mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo”.
Umukecuru witwa Ntamfurayishyari, umwe mu batujwe muri izo nzu avuga ko yabagaho mu buzima bubi anyagirwa, nyuma y’uko umuyaga urimo imvura bisenye inzu ye yari ishaje.
Avuga ko ubu abayeho mu buzima bwiza aho agira ati “Ntacyo nari nishoboje umuyaga unsenyera inzu, dukora umuganda twubaka izi nzu ubu tumeze neza”.
Nzitabakuze Siperansiya umaze imyaka itatu avuye muri Congo aho yabaga, agatuzwa muri uwo mudugudu, yagize ati “Nari mbayeho nabi mu bukene, kutarya no kutagira aho mba, Imana iba iradufashije baba bampaye inzu, Kagame arakabyara, ubu sinyagirwa ndara ngaramye neza ngasinzira nanjye ndi mu bateruye amatafari mu muganda wo kubaka izi nzu, tugomba gufasha Leta”.
Mu kubaka uwo mudugudu, Leta yatanze ubufasha bw’isakaro, sima n’inzugi, ibindi bikorwa n’abaturage aho buri nzu ihagaze amafaranga agera kuri miliyoni ebyiri, izo nzu zubatse muri uwo mudugudu zikaba zifite agaciro k’amafaranga agera kuri miliyoni 40.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busogo Nsengimana Aimable, arashima igikorwa cyakozwe n’abaturage ayoboye, avuga ko biteguye gutaha uwo mudugudu mu minsi iri imbere, ari nabwo hazabaho uburyo bwo gushimira ku mugaragaro abo baturage kubera ubwitange n’urugero rwiza batanze.
Yagize ati “Ni igikorwa dufata nk’indashyikirwa muri bimwe mu bikorwa biri muri uyu murenge wa Busogo. Ni igikorwa kigaragaza ubufatanye bw’abaturage ariko cyane cyane uruhare rwabo rwo kwishakamo ibisubizo, murabona ko ari inzu zimeze neza, abaturage bakaba baragize uruhare mu gushaka amatafari yo kubaka bakoresha n’imbaraga zabo binyuze mu muganda”.
Arongera ati “Ni ibikorwa bikomeza, hari imirimo imwe n’imwe itararangira ikinozwa, ariko ubu zicumbikiye imiryango 19 yabagaho mu buzima bubi. Turateganya gutaha uyu mudugudu nyuma y’uko imirimo ikinozwa tuzaba twayisoje, gusa nibura aho bigeze turahashima”.
Iki ni kimwe mu bikorwa aba baturage bishimira ko bagezeho bafatanyije n’ubuyobozi muri iki gihe cyo kwizihiza ku nshuro ya 26 isabukuru yo Kwibohora.
Inkuru zijyanye na: kwibohora26
- Perezida Kagame yashimiye ababohoye u Rwanda
- Tariki 01 Ukwakira 1990: Twibukiranye amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda
- Gupfusha abasirikare n’abayobozi ntibyaduciye intege – General Kabarebe
- Kibonge cya Musituni ntiyaciwe intege no kwiga wenyine mu bana 23 bavukana
- Rwamagana: Barishimira imihanda ya Kaburimbo yongerewe mu mujyi n’inzu zubakiwe abatishoboye
- Ruhango: Abatishoboye bubakiwe inzu zizatuma bagira imibereho myiza
- Uyu musozi waradufashije kuko twabaga tureba ibirindiro byose by’umwanzi - Lt Col (Rtd) Ndore Rulinda
- Muhanga: Inzu z’abatishoboye n’ibiraro byo mu kirere bujuje ni intambwe ishimishije mu kwibohora
- Mfite icyizere cyo kuzandika amateka ku rugamba rwo kwibohora – Perezida Kagame
- #Kwibohora26: Iburengerazuba bibanze ku gukemura ibibazo bibangamiye imibereho y’abaturage
- Uyu munsi ndamutse mpfuye nabwira ababyeyi banjye ko ibyo barwaniye byagezweho – Tom Close
- Gisagara: Barashimira Perezida Kagame kubera ikusanyirizo ry’amata begerejwe
- Kamonyi: Barishimira umuyoboro w’amazi meza n’inzu z’abatishoboye bujuje
- Intama yagaragaye hamwe n’Inkotanyi ntiyari umupfumu wacu - Gen. Kabarebe
- #Kwibohora26: Ibikorwa biteza imbere abaturage byatwaye Miliyari 88 FRW
- Nyagatare: Mu ruzinduko rwa Perezida Kagame hagarutswe ku ishingwa ry’umutwe w’ingabo zabohoye igihugu
- #Kwibohora26: Ibikorwa remezo bya Siporo byariyongereye, Abanyarwanda barasusuruka
- Kurwanya COVID-19 ni urundi rugamba tugomba gutsinda - Perezida Kagame
- Nyagatare: Perezida Kagame yasobanuriwe impamvu ibitaro bya Gatunda byadindiye
- Impundu zitashye i Butahwa
Ohereza igitekerezo
|
turabyishimiye cyane rwose abobaturage n,intwari pe!
nibyo koko twishimiye uyu muhanzi cyusa wahangi nyakubahwa perezida wa republic y’URWANDA paul KAGAME ,nakomereze aho turamushyigikiye