Depite Tharcisse Shamakokera wari uhagarariye umuryango FPR-Inkotanyi mu nteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite yitabye Imana kuri uyu wa gatatu tariki 22/02/2012 mu bitaro byitiriwe umwami Fayisari.
Ambassade ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yafunguye icyumba gitanga amakuru kuri icyo gihugu “American Corner” mu Ishuri Rikuru ryigisha iby’Amahoteli n’Ubukerarugendo (RTUC) ishami rya Rubavu.
Nubwo ari mu marushanywa ya PGGSS II na Salax Awards, umuhanzi Emmy ntibimubuza gutegura amwe mu mashusho y’indirimbo ziri kuri alubumu azamurikira abakunzi muri uyu mwaka.
Umutoza wa Chelsea Andre Villas Boas ari mu minsi ye ya nyuma mu ikipe ya Chelsea kuko amaze iminsi yihanizwa n’umuherwe wayo, Roman Abramovic, kubera umusaruro mubi, none kuri uyu wa kabiri ibintu byakomeje kujya irudubi ubwo yatsindwaga na Napoli ibitego 3 kuri 1 mu mukino ubanza wa 1/8 cya Champions League.
Depite Murara Jean Damascene avuga ko abanyeshuri biga muri kaminuza bagatwara inda batabiteganyije ari injiji.
Ibigo bitanga ubwishingizi bikorera mu Rwanda birakangurirwa kugira uruhare mu kuzamura ubukungu bw’igihugu bishora imari mu bikorwa by’iterambere; nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’ibigo by’ubwishingizi muri Afurika (FANAF).
Papa Benedict wa 16 yatoye Musenyeri Lucinao Lusso guhagararira kiliziya Gatolika mu Rwanda, nk’uko itangazo ryashyizwe ahagaragara na kiliziya Gatolika yo mu Rwanda ribitangaza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke bufatanyije na Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) barasaba abikorera bo muri ako karere kumenya no kubahiriza itegeko rigenga umurimo mu Rwanda.
Urubyiruko rw’u Rwanda rwiyemeje gukusanya inkunga igenewe abaturage b’Abanyasomaliya rwateguye urugendo, tariki 24/02/2012, rubanziriza isozwa ku mugaragaro ry’iki gikorwa kimaze amezi agera kuri atandatu.
Abatampera (temperants) bo mu itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi ryo mu murenge wa Nyamyumba ntibemera ubwisungane mu kwivuza “Mutuelle” kuko ngo ari ishyirahamwe kandi batemerewe kujya mu ishyirahamwe.
Mu gihe habura iminsi itandatu ngo u Rwanda rukine na Nigeria umukino wo guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya Afurika, Sadou Boubakary na Uzamukunda Elias ‘Baby’ ntibari bemeza ko bazitabira ubutumire bahawe n’umutoza w’Amavubi, Milutin Micho.
Umugore witwa Makamana Valerie w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Bugura mu kagali ka Gahondo mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yishe uruhinja rwe aruta mu musarane.
Nyuma yo gutsinda urubanza yaburaniragamo icyemezo cyo koherezwa mu Rwanda kubera ibyaha bya Jenoside yakekwagaho, Padiri Juvénal Nsengiyumva agiye koherezwa mu Rwanda azira gutwara imodoka muri Canada yasinze.
Ikigo cyigisha imyuga cyo mu karere ka Kirehe (Kirehe Vocational Training Center) cyatangiye umwaka w’amashuri tariki 21/02/2012 ariko mu banyeshuri 460 barangije icyiciro rusange (tronc commun) boherejwe kuri icyo kigo hamaze kugera 35 gusa.
Inteko y’Abunzi yo mu kagali ka Nyabagengwa, umurenge wa Rilima mu karere ka Bugesera yateranye tariki 21/02/2012 yanzuye ko abagabo batanu bariye imbwa ebyiri n’ihene imwe bya Jean Bosco Gatera bazamwishyura miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda.
Abakozi babiri b’akarere ka Rubavu bashinzwe amasoko na rwiyemezamirimo umwe, kuva tariki 21/02/2012, bafungiye ku biro bya polisi muri ako karere bazira gukoresha impapuro mpimbano mu itangwa ry’isoko ryo kubaka umuhanda muri aka karere.
Umurambo wa Siborurema Emmanuel waguye mu cyuzi tariki 19/02/2012 mu karere ka Nyanza wabonetse tariki 21/02/2012 ahagana mu ma saa moya za mu gitondo.
MTN Rwanda, sosiyete ikora ibijyanye n’itumanaho rikoresha telefone na Internet, iratangaza ko uyu mwaka iteganya kuzinjiza umutungo ungana na miliyoni 132 z’amadolari y’Amerika angana na miliyari 96 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abanyeshuri biga mu ishuri rikuru ry’ubuhinzi n’ubworozi “ISAE Busogo” ryakoze iziko ritwa “Solar Cooker” riteka ibintu bitandukanye rikoresheje ubushyuhe buturuka ku mirasire y’izuba gusa.
Abanyarwanda 16 batahutse mu Rwanda bavuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) bageze mu Rwanda tariki 21/02/2012. Muri abo batahutse harimo abahoze ari abarwanyi ba FDLR batanu harimo umusirikare ufite ipeti rya ofisiye n’ufite irya sous liyetona.
Ubuyobozi bwa MTN Rwanda bwasobanuye ko ikibazo cya internet abafatabuguzi bayo bamaze iminsi igera kuri itanu bahura na cyo cyatewe n’urusinga runyura munsi y’inyanja y’Abahinde rwacikiye hagati y’icyambu cya Djibout na Sudani.
Ihene icyenda zimaze kuribwa n’imbwa z’ibihomora mu cyumweru kimwe; mu mu mudugudu wa Rubona , Akagari ka Bihembe, Umurenge wa Rugarika mu karere ka Kamonyi.
Mu nama ya 36 y’inteko rusange y’ihuriro Nyafurika ry’ibigo by’ubwishingizi (FANAF) iteraniye i Kigali kuva tariki 20-23/2012, byagaragaye ko ubwishingizi mu Rwanda bukiri hasi ugereranyije n’ibindi bihugu.
FERWAFA na Minisiteri ya Siporo bari mu biganiro by’ubufatanye na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), mu rwego guteza imbere umupira w’abagore hanagamijwe kubaka ikipe y’igihugu yo mu minsi iri imbere.
Abasore babiri bakekwaho guhohotera umukobwa w’imyaka 21 y’amavuko bamusambanyije bafungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 20/02/2012.
Umugabo witwa Gakuru Francois uzwi ku izina rya Mfizi utuye mu kagari ka Rebero mu Murenge wa Muko mu karere ka Gicumbi afite igikomere mu mutwe yatewe nuko bamukubise ku ishyiga.
Mu Rwanda hari kubera inama ya kane y’imiyoborere myiza ihuje igihugu cya Uganda n’u Rwanda irebana no guhahirana kw’abaturage baturiye ibihugu bitangije umutekano.
Umugabo witwa Siborurema Emmanuel w’imyaka 26 y’amavuko utuye mu kagali ka Kiruri mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza yaguye mu cyuzi tariki 19/02/2012 umurambo we uburirwa irengero.
Biteganyijwe ko Perezida Kagame azitabita inama mpuzamahanga iziga ku buhinzi n’ihindagurika ry’ibihe izabera i Roma mu Butaliyani tariki 22/02/2012. Iyo nama yateguwe n’ikigega mpuzamahanga gishinzwe guteza imbere ubuhinzi “IFAD’’
Ubuyobozi bw’umurenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro butangaza ko umubare w’abaturage bitabiriye ubwisungane mu kwivuza warazamutse babikesha gahunda yo kwibumbira mu bimina.
Mu rwego rwo kubongerera ubushobozi n’imicungire myiza y’amakoperative, abajyanama b’ubuzima bo mu karere ka Gisagara bahuguwe n’umuryango utegamiye kuri Leta witwa Society for women against Aids in Africa (SWAA- Rwanda) ku bufatanye n’ibitaro bya Kibirizi ndetse na ministeri y’ubuzima.
Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, tariki 20/02/2012, yasuye ibiro by’akarere ka Bugesera maze asanga nta muyobozi n’umwe uhari.
Imikino mpuzamahanga ya Golf izwi ku izina rya ‘Rwanda Golf Open’ izabera mu Rwanda ku nshuro ya 15 kuva tariki 22/02/2012 izitabirwa n’abakinnyi baturutse mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba basaga 100.
Umukobwa witwa Mukanyonga Laurence wo mu murenge wa Muko mu karere ka Gicumbi wibye ababyeyi be inka maze ajya kuyikwa rwihishwa umuhungu bakundana.
Umunyarwandakazi Beatrice Munyenyezi azatangira kwitaba ubucamanza tariki 22/02/2012 i New Hampshire muri Leta zunze ubumwe za Amerika kugira ngo yiregure ku byaha aregwa birimo ibyaha bya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda ndetse no kubeshya inzego z’abinjira muri Amerika.
Minisiteri y’Ubuzima yatanze moto 237 ku bigo nderabuzima, ibitaro byo mu turere twose tw’igihugu n’ibigo bitanu bitegamiye kuri Leta bikorana nayo, mu rwego rwo gufasha abakangurambaga b’ubuzima gukurikarana gahunda zijyanye no kuzamura ireme ry’ubuzima mu Rwanda.
Umutoza w’Amavubi atarengeje imyaka 20, Richard Tardy, yashyize ahagaragara abakinnyi 19 azifashisha mu mukino wa gicuti uzahuza u Rwanda na Uganda tariki 28/02/2012 kuri Stade Amahoro i Kigali.
Ahitwa Muremure mu murenge wa Nduba mu karere ka Gasabo niho hazajya hamenywa imyanda hagasimbura aho yari isanzwe imenywa i Nyanza.
Raporo yakozwe na komisiyo y’umuryango w’Abibumbye yita ku bukungu muri Afurika (UNECA) igaragaza ko 50% by’imisoro ibihugu by’Afurika byakagombye kwinjiza igendera muri ruswa.
Ubudage bwashyikirije inkunga y’amayero 500 000 (miliyoni 400 z’amafaranga y’u Rwanda) ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku biribwa (WFP) agenewe gufasha impunzi z’Abanyekongo 54 000 zimaze imyaka 17 mu Rwanda.
Abasirikari 49 b’ Umuryango w’Abibumbye ushinzwe kugarura amahoro mu ntara ya Darfur (UNAMID) bari bafashwe bugwate n’inyeshyamaba za JEM (Justice and Equality Movement) baraye barekuwe tariki 20/02/2012. Harekuwe Abanyasenegali 46 n’abandi batatu baturuka muri Yemen, Rwanda na Ghana.
Ikigo k’igihugu cy’imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority) kirakangurira abasoreshwa gusorera ku gihe kugira ngo birinde ibihano.
Itsinda ry’Abanyarwandakazi bakora akazi ko gusifura umupira w’amaguru batoranyijwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA), bazambikwa ibirango bya FIFA bibahesha uburenganzira bwo gusifura imikino mpuzamahanga ku mugaragaro tariki 24/02/2012.
Inama yahuje ubuyobozi bw’umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’abaterankunga bayo, tariki 20/02/2012, yemeje ko uyu muryango uzakoresha 7 315 000$ (4389000000 Rwfs) mu gushyira mu bikorwa inshingano enye za EAC mu mwaka wa 2012-2013.
Musenyeri Nathan Rusengo Amooti yasimbuye Geoffrey Rwubusisi ku buyobozi bwa Diyosezi y’Abanglikani ya Cyangugu mu muhango wabaye tariki 19/02/2012.
Isuzuma ryakozwe mu karere ka Nyamasheke ku mahame y’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’umugabo n’umugore ryagaragaje ko imitangire ya za raporo ikiri hasi mu kugaragaza uko amahame y’uburinganire ashyirwa mu bikorwa.
Guverinoma y’u Rwanda iranyomoza amakuru avuga ko umubano wayo n’u Bufaransa waba wajemo agatotsi, nyuma y’aho yanze ambasaderi mushya Guverinoma y’u Bufaransa yari yohereje mu Rwanda.
Inzego zibungabunga umutekano mu gihugu zatashye ku mugaragaro inzu nshya zizajya zikoreramo mu buryo bwiswe Joint Operations Centre (JOC).