Uwitwa Fraterne Ndacyayisenga yaguze ubutaka mu Karere ka Gasabo, akora ihererekanya ryabwo n’uwo babuguze bimugoye ariko abona icyangombwa. Asobanura ko yaje gukenera serivisi zimusaba gutanga icyangombwa cy’umutungo, yitabaza abagenagaciro b’umwuga ngo babimufashemo, ariko bahuje ibyangombwa afite n’ubutaka yaberetse ko (…)
Abashinzwe ubutabazi mu mujyi wa Sicily mu Butaliyani bakomeje guhura n’akazi katoroshye ko kugera mu bice by’imbere by’ubwato bw’abaherwe bwo mu Bwongereza, bwarohamye mu rukerera rwo kuwa Mbere 19 Kanama 2024.
Abarokotse Jenoside bo mu Mirenge igize agace ka Ndiza mu Karere ka Muhanga, barashinja Germain Musonera bahamagara (Jerimani), wari ugiye kuba Umudepite mu Nteko ishinga amategeko, kubicira ababo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu Murenge wa Gihombo Akarere ka Nyamasheke haravugwa inkuru y’impanuka y’imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Coaster ya kompanyi RFTC, aho yataye umuhanda iragwa, umushoferi n’abagenzi 28 yari itwaye barakomereka.
Banki Nkuru y’Igihugu ya Libya (CBL) yatangaje ko yasubukuye ibikorwa byayo nyuma y’uko umukozi ushinzwe ishami ry’ikoranabuhanga wari warashimushwe abonetse.
Abahinga umuceri mu gishanga cya Migina bibumbiye muri Koperative Ubumwe Tumba barataka kutishyurwa umuceri watwawe na rwiyemezamirimo ufite uruganda ruwutonora, we akavuga ko nta masezerano y’ubugure bagiranye, ahubwo ko awubabikiye.
Minisitiri mushya wa Siporo, Nyirishimana Richard avuga ko yiteguye gukorana neza n’abafatanyabikorwa barimo ingaga z’imikino mu Rwanda kugira ngo bitange umusaruro wifuzwa muri uyu mutaka wa siporo Nyarwanda.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda mu mukino wa Basketball y’abagore yatsinze Lebanon amanota 80 kuri 62 mu irushanwa ryo gushaka itike yo kwerekeza mu cyiciro cyo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026.
Mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera hatangijwe ibikorwa byo kubaka imihanda inyura mu bice bitandukanye byo mu Mujyi wa Nyamata, hagamijwe kurushaho kuzamura iterambere ry’abaturiye iyo mihanda ndetse n’abayikoresha muri rusange.
Nyuma y’ikibazo cyari kimaze iminsi cy’umusaruro w’umuceri wari waraburiwe isoko bigateza ikibazo, Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangaje ko hagiye gushyirwaho ikigo gishinzwe kugura umusaruro wose wabuze isoko.
Jude Okoye, mukuru wa Peter na Paul Okoye bari bagize itsinda rya muzika rya Psquare akaba yaranababereye umujyanama, yatangaje ko yakuyemo akarenge ke mu kugerageza gukemura amakimbirane akomeje kuvuka hagati y’aba barumuna be b’impanga.
Umwongereza w’umuherwe mu bijyanye n’ikoranabuhanga Mike Lynch ni umwe mu bantu batandatu batarabonerwa irengero nyuma y’impanuka y’ubwato bw’abaherwe bwarohamye mu nyanja hafi y’umujyi wa Sicily mu rukerara rwo kuri uyu wa mbere.
Perezida waRepubulika Paul Kagame yasabye abayobozi kwirinda inama za hato na hato nahoramo, ugasanga zitanatanga umusaruro.
Minisiteri y’Ubuzima mu Burundi yatangaje ko kugera tariki 18 Kanama 2024, abantu bari bamaze kwandura indwara y’ubushita bw’inkende (Mpox) bagera ku 153 barimo 45 bo mu Mujyi wa Bujumbura.
Ikipe ya The Great Warriors Karate Academy yahize andi makipe yegukana irushanwa rya Karate ryiswe Zanshin Seniors Open Karate Championship ryateguwe na Zanshin Karate Academy ribera mu karere ka Huye tariki 17 na 18 Kanama 2024.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakiriye indahiro z’abagize Guverinoma kuri uyu wa Mbere tariki 19 Kanama 2024, abibutsa ko nta mpamvu yo gutinza imirimo iteza imbere Igihugu mu gihe hari ibisabwa byose.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasabye abayobozi mu nzego zitandukanye kujya bafata umwanya wo kwisuzuma no kwiganiriza ubwabo kandi bakibwiza ukuri, hanyuma aho basanze hari ibitagenda bagaharanira kubikosora.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) yatangaje ko abana barenga 22% batagerwaho na serivisi z’ingo mbonezamikurire (ECD’s) mu Rwanda, bikagira ingaruka ku mikurire yabo kuko hari ibyo batabona.
Perezida w’u Rwanda yavuze ko abahoze ari Abaminisitiri muri Guverinoma yacyuye igihe bakaba batarisanze muri Guverinoma nshya yarahiye kuri uyu wa mbere 19 Kanama 2024, bitavuze ko birukanywe.
Umuyobozi Mukuru wa CDAT, Uzabibara Ernest, avuga ko ku bufatanye n’Akarere ka Nyagatare, uyu mushinga uteganya gutunganya ibishinga n’ibishanga n’ibibaya ku buso burenga hegitari 5,000 hagamijwe kongera ubutaka buhujwe buhingwaho igihingwa kimwe.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, rwatangaje ko umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi ku nshuro ya 20 uzaba kuwa 18 Ukwakira 2024 mu Karere ka Musanze.
Umusesenguzi akaba n’impuguke mu bijyanye n’Ubukungu agaragaza ko hari ibikwiye kwitabwaho na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) hamwe na Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA), nyuma y’uko zihawe Abaminisitiri bashya muri Guverinoma iherutse gushyirwaho n’Umukuru w’Igihugu.
Uyu mugabo ni umwe mu bakinnyi ba filimi batumye sinema y’u Bufaransa igira ibihe byiza, akaba yaramenyekanye cyane akina nk’umuntu utisukirwa muri filimi zakunzwe cyane zirimo iyitwa Le Samouraï mu 1967.
Muri Nigeria, abanyeshuri 20 bigaga ubuvuzi muri Kaminuza ebyiri zitandukanye zo muri icyo gihugu, bashimuswe n’abantu bo mu mitwe yitwaza intwaro, ubwo bari mu rugendo mu Burasirazuba bw’Igihugu.
Ikipe ya Black Scorpion Kayonza, yegukanye shampiyona y’Igihugu ya Kung-Fu Wushu 2024 yakinwe tariki 18 Kanama 2024, nyuma yo guhiga andi makipe ikegukana imidali 17 ya zahabu.
Mu Ntara y’Amajyaruguru haravugwa insengero 55 zigiye gusenywa kubera kutuzuza ibisabwa, nk’uko bigaragara ku rutonde rwamaze gusohoka rukomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye.
Nyuma yo gutsindwa na AZAM FC 1-0 mu mukino ubanza wa CAF Champions League 2024-2025 ku wa 18 Kanama 2024, Umuyobozi w’Icyubahiro wa APR FC Gen. Mubarakh Muganga yijeje abakunzi b’iyi kipe ko intsinzi izaboneka mu mukino wo kwishyura.
Shampiyona y’igihugu y’umukino w’amagare yakinwe mu mpera z’iki cyumweru, yegukanywe Masengesho Vainqueur wa Benediction Club mu bagabo na Diane Ingabire mu bagore
Banki nkuru ya Libya yatangaje ko ihagaritse ibikorwa byayo byose nyuma y’uko umwe mu bayobozi bayo ashimutiwe mu murwa mukuru Tripoli n’abantu bataramenyekana kugeza ubu.
Abayobozi mu nzego zitandukanye kuva ku rwego rw’Umurenge, abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ndetse n’abajyanama bihaye ingamba zo kurushaho gutanga serivisi nziza no kwimakaza imiyobore ishingiye ku muturage.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ka Muhanga bashyikirije inka wa mubyeyi witwa Kamugisha Marie Goreth, wabyaye yagiye kwamamaza Paul Kagame, ubwo yiyamamarizaga mu Karere ka Muhanga.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya APR FC yatsindiwe na AZAM FC igitego 1-0 kuri stade ya AZAM Complex mu mukino ubanza wa Total CAF Champions League.
Amadini n’amatorero ahuriye mu Muryango Compassion International ukorera mu Karere ka Burera, yahagurukiye kurwanya ibiyobyabwenge mu bukangurambaga bw’iminsi itatu bwakozwe mu giterane cyiswe ‘Free indeed Campaign’.
Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Gikongoro, Musenyeri Célestin Hakizimana, aributsa abakirisitu Gatolika ko ari bo bitezweho ubushobozi bwo kugura ubutaka buteganyijwe kuzagurirwaho Ingoro ya Bikira Mariya i Kibeho.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Police FC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya CAF Confederations Cup yatsindiwe muri Algeria na CS Constantine ibitego 2-0 mu mukino ubanza.
Nyuma y’uko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ashyizeho Guverinoma nshya ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 16 Kanama 2024, abashya bayinjiyemo, abayisanzwemo n’abatayigarutsemo, mu butumwa banyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X rwahoze ari Twitter, buri wese yashimiye Umukuru w’Igihugu.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Marine FC 0-0 mu mukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko uku kwezi kwa Kanama kuzarangira imiryango yahuye n’ibiza yasubiye mu buzima busanzwe kuko ubu bamwe bari mu baturanyi abandi bakaba bakodesherejwe n’ubuyobozi.
Abantu bakunze gukora ingendo hirya no hino ku isi bagiriwe inama yo kwikingiza mu gihe baba bagiye mu bice by’umugabane wa Afurika byamaze kugaragaramo icyorezo cy’ubushita bw’inkende (Mpox).
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka, kivuga ko nyuma y’aho gisabye abantu bose bafite ubutaka kubwiyandikishaho, abatabikoze bukandikwa kuri Leta by’agateganyo, ubutaka bubarirwa muri miliyoni imwe na 400 ari bwo bwanditswe kuri Leta by’agateganyo.
Hagati y’ukwezi kwa Kanama na Nzeri 2024, u Rwanda rugiye kwakira ibihugu 14 bizitabira imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya Cricket mu bangavu batarengeje imyaka 19.
Umuhanzi Fally Ipupa ukomoka muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, akaba azwi cyane mu njyana ya Rumba, yari ategerejwe n’abafana be benshi bari baje kumureba mu gitaramo yari gukora kuwa Gatanu tariki 16 Kanama 2024, ariko birangira ataje, aho bamwe mu rubyiruko rwari rumutereje, bagaragaje uburakari bavuga ko (…)
Abazi amateka y’amabonekerwa i Kibeho bavuga ko abakobwa batatu bemewe na Kiliziya ko babonekewe, Bikira Mariya yabageneye ubutumwa bunyuranye, agategeka Anathalie Mukamazimpaka kuguma i Kibeho, kandi ngo n’umubikira wabanje kubimwangira yarabihaniwe.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yayoborwaga na Dr. Jean Chrysostome Ngabitsinze, iri muri eshatu zahawe abaminisitiri bashya muri Guverinoma, nyuma yo kunengwa kurangarana abahinzi b’umuceri wa Bugarama muri Rusizi.
Mu gihe shampiyona ya Basketball mu Rwanda (Rwanda Basketball League 2024) irimo kugana mu kumusozo, Patriots BBC yasubiriye ikipe ya APR BBC iyitsinda amanota 77 kuri 70, REG BBC nayo iharurira inzira Kepler BBC iyigeza mu mikino ya kamarampaka.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Kanama 2024, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyizeho Guverinoma nshya igizwe ahanini n’Abaminisitiri bari bayisanzwemo, ariko muri batatu bashya harimo Amb. Christine Nkulikiyinka wagizwe Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA).
Abofisiye barenga 450 baturutse mu ngabo z’u Rwanda (RDF), Polisi y’u Rwanda (RNP), n’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora barangije amasomo bari bamazemo amezi atanu azabafasha mu kubongerera ubumenyi n’ubushobozi mu mirimo bashinzwe.
Kuri uyu wa Gatanu, umutoza w’Amavubi Frank Spittler yahamagaye abakinnyi 36 bagiye kwitegura imikino ibiri yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2025 izabahuza na Nigeria na Libya.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyizeho abagize Guverinoma n’abandi bayobozi, itangazo riturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe rikaba rigaragaza ko abayobozi Umukuru w"igihugu yashyizeho ari Abaminisitiri 21, Abanyamabanga ba Leta 9 n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB).