Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 yateye intambwe yo gusezerera Namibia mu mikino yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika, nyuma yo kuyitsindira iwayo ibitego 2 ku busa mu mukino wabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 21 Mata.
Kuri iki cyumweru tariki 22/04/2012, ku Ishyo Art Center ku Kacyiru ahahoze inzu mbera byombi ya Caisse Social harabera igitaramo kizwi ku izina “Accoustic Night’’ gitegurwa na Positive Production hafi buri kwezi.
Nubwo mu karere ka Muhanga hari aho bagenda bongera ibikorwa byo gukwirakwiza amazi n’amashanyarazi mu mijyi no mu cyaro, usanga abatuye mu mujyi wa Muhanga binubira ububi bwa serivisi bahabwa na EWASA.
Umuhanzi Makanyaga Abdoul yakoze impanuka ya moto mu gitondo cya tariki 21/04/2012 ubwo yari avuye kwa muganga kuri Policlinique du Plateau gukoresha bimwe mu bizamini by’indwara.
Mbaga Etienne utwara imodoka z’abashinwa bakora umuhanda mu majyaruguru, yatonganye na mugenzi we bakorana maze amutema ikiganza mu ma saa mbili n’igice z’ijoro kuri uyu wa gatandatu tariki 21/04/2012.
Umusore Brahim Takioullah wo muri Maroc ufite ikirenge cy’ibumoso gifite uburebure bwa cm 38,1 akagira n’ikiburyo gifite cm 37,5 niwe muntu ufite ikirenge kirekire ku isi. Uwo musore nawe ni muremure cyane afite uburebure bwa metero 2,46.
Mu mpera z’iki cyumweru dusoza tariki 22/04/2012 harakinwa imikino y’umunsi wa 22 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru. Umwe mu mikino itegerejwe cyane ni umukino ugomba guhuza Mukura FC na Nyanza FC kuri sitade Kamena i Huye.
Thomas Sankara, umusore w’imyaka 23 yemeza ko umwaka umwe n’igice amaze mu kigo cy’imyuga cy’Iwawa byamufashije kwikunda kurusha gukunda amafaranga no kumva icyo u Rwanda rumutegerejeho.
Itsinda ry’abadepite umunani bo mu nteko ishinga amategeko ya Zambia bari mu ruzinduko mu Rwanda bashimye imirimo y’ikigo cyigisha imyuga cy’Iwawa ndetse banatangaza ko bagiye gusaba Guverinoma yabo kubaka ikigo nk’icyo.
Umuyobozi wa Kaminuza yo muri leta zunze ubumwe za Amerika yitwa William Penn University, Dr. Ann Fields, yatangaje ko Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame azahabwa impamyabushobozi y’icyubahiro (Honorary Doctorate of Humane Letters) ku bw’uruhare yagize mu guharanira imibereho myiza y’ikiremwamuntu.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bufatanyije na Police bwaburiye abatwara abagenzi kuri moto, ko ibihano bigiye gukazwa ku batubahiriza amategeko y’umuhanda n’abadaharanira isuku kuri bo ubwabo no kubagenzi batwara.
Abaturage bo mu karere ka Bugesera barimo abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, barasaba ko Pasiteri Jean Uwinkindi yajyanwa mu Bugesera kuhaburanira kuko ariho yakoreye ibyaha ashinjwa.
Imikino ya Shampiyona irakomeza kuri iyi weekend, aho umukino uri buhuze Rayon Sport na Kiyovu kuri uyu wa Gatandatu ari wo witezwe cyane. Hagati aho Baptiste Kayiranga yakaniye gutsinda ikipe ya Kiyovu mu rwego rwo kuyereka ko yamureze neza.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro i Darfur zikomeje gufasha abanya Darfur kuva mu bibazo bafite, birimo kwigira munsi y’ibiti nk’amwe mu mateka yarangiye mu Rwanda. Tariki 16 kugeza 18 uku kwezi, hatashywe ibyumba by’amashuri 17 byubatswe n’ingabo z’u Rwanda.
Umusore witwa Kwizera Jean Bosco utuye mu mudugudu wa Kimaranzara, arwariye mu kigo nderabuzima cya Rilima, aho atabasha kumva cyangwa anyeganyege nyuma yo gukubitwa na Local Defenses ebyiri zishinzwe kurinda umutekano.
Antoinette Uwamahoro wo mu kagari ka Ngange mu murenge wa Muko, afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Rutare mu karere ka Gicumbi, nyuma yo kubyara umwana agahita amuta mu mukoki.
Bamwe mu bahuzabikorwa batangaza ko bahangayikishijwe n’abantu bahora bimuka, kuko ari imwe mu mbogamizi ihungabanya imigendekere y’amatora, nk’uko bitangazwa na bamwe mu bashinzwe igikorwa cy’itora, mu gihe habura igihe gito amatora y’abadepite akaba.
“Biragoye kwiyumvisha ko Jenoside yageze no mu bitaro aho gukiza abarwayi, baje bahashakira ubuzima ariko bakabwamburwa n’abakagombye kumufasha”.
Ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu nteko ishingamategeko (FFRP), hamwe n’abakozi b’inteko bafatanya mu kazi k’ingengo y’imari, guhara tariki 20/04/2012, bari mu mahugurwa y’iminsi ibiri agamije kwiga uburyo bwo kwinjiza uburinganire (gender) mu ngengo y’imari.
Aganira n’abaturage bo mu karere ka Gatsibo, uyu munsi tariki 20/04/2012, Perezida Kagame yabasabye kugira ubushake bwo gukora no kwishyirahamwe kugira ngo bashobore kubyaza inyungu amahirwe ahari kuko gukira no kumenya ubwenge biteganewe bamwe ngo abandi basigare inyuma.
Amavubi afite imikino ibiri ya gicuti izakina muri Gicurasi 2012 harimo umukino uzayihuza n’ikipe ya Tunisia, imwe mu makipe y’ibihugu akomeye ku mugabane w’Afurika. Undi mukino wa gicuti u Rwanda ruzawukina n’ikipe y’igihugu cya Libya.
Ndayambaje Jean Claude na Ndamage Job bari basanzwe ari abakozi b’ikigo gicunga umutekano cya Intersec Security, guhera tariki 18 mata 2012, bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare bakekwaho gushaka gusahura Banki y’Abaturage ya Nyagatare.
Umunyakolombiyakazi yaciye agahigo ko kuba umubyeyi ku myaka mike ku isi yose kuko yabyaye afite imyaka 10 gusa.
Minisiteri y’Ibikorwa remezo yatangiye igikorwa cyo kwita amazina no guha nimero imihanda yo mu gihugu, mu rwego rwo kugabanya imbogamizi zagaragaraga mu kuranga ahantu.
Inkuru ikomeje gukwirakwira ko Bahati Grace wabaye Nyampinga w’u Rwanda muri 2009 yaba atwite inda y’umuhanzi w’umunyarwanda w’umuraperi uzwi ku izina rya K8 Kavuyo kandi ngo isigaje amezi atatu ngo ivuke.
Mukamugema Venantien wo mu murenge wa Huye mu karere ka Huye yongeye kubonana na Ntawigira Jean Claude, umuhungu we baburanye muri Jenoside mu 1994 aziko yapfuye.
Inteko ishinga amategeko (umutwe w’abadepite) yateranye tariki mu gihembwe kidasanzwe 19/04/2012 yasabye ko raporo ku rugomero rw’amashanyarazi rwa Rukarara n’umushinga w’amazi wa Mutobo yongera gusuzumwa kuko hari abantu bavuzweho amakosa hashingiwe ku makuru atuzuye.
Abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda (Traffic Police officers) bagera kuri 18, kuri uyu wa kane tariki 19/04/2012 basoje amahugurwa y’ibyumweru bitatu agamije kubaha ubumenyi mu gukoresha mudasobwa.
Mukamurera Beneconcilia wo mu kagali ka Muguramo, umurenge wa Rubaya, akarere ka Gicumbi afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Mulindi kuva tariki 19/04/2012 akekwaho kwiba ifumbire mvaruganda ingana n’ibiro ibihumbi bibiri.
Kuba ibihugu byo mu karere bigura imyaka mu Rwanda kubera ibihe by’izuba aka karere kavuyemo bituma ibiciro by’ibiribwa mu Rwanda bitamanuka n’ubwo umusaruro wari wiyongereye.
Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) yishimiye koherezwa mu Rwanda kwa Pasitoro Uwinkindi Jean; nk’uko byatangajwe mu itangazo ryasohowe n’umunyamabanga wa CNLG, Mucyo Jean de Dieu.
Abakinnyi batatu b’Abanyarwanda bakina mu gihugu cya Algeria, baravuga ko hari amakipe y’i Burayi na Aziya ari kubarambagiza ku buryo bashobora kwerekeza mu Bufaransa, cyangwa se mu Buyapani, bitewe n’uburyo bakomeje kwigaragaza.
Abanyeshuri b’Abanyamerika biga muri kaminuza y’ababatisita ya Houston bakoze urugendo bikoreye amajerekani yuzuye amazi hagamijwe gutabariza Abanyarwanda badafite amazi meza hafi yabo.
Sohn KeeWook, impuguke mu bworozi bw’amagweja ikomoka mu gihugu cya Koreya y’Epfo iratangaza ko u Rwanda ari kimwe mu bihugu bya mbere ku isi bibereye ubworozi bw’amagweja kubera ibihe by’ikirere u Rwanda rufite.
Abaturage bo mu karere ka Gatsibo bashimishijwe no kwakira Perezida Kagame nyuma y’igihe kitari gito adaheruka kubasura nubwo bavuga ko ibikorwa bye bibahora hafi bigatuma babona ko abazirikana. Perezida Kagame, uyu munsi tariki 20/04/2012, arasura akarere ka Gatsibo aho ari bufungure uruganda rutunganya umuceri.
Jean Uwinkindi ushinjwa ibyaha bya Jenoside yagejewe mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 19/04/2012, nyuma y’uko byari byitezwe ko kuri uyu munsi aribwo Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda rushyira mu bikorwa icyemezo rwari rwemeje.
Umugabo witwa John Brennan afungiwe ku kibuga cy’indege cya Portland muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika azira gukuramo imyambaro akiyambika ukuri avuga ko abashinzwe gusaka barimo kumwigirizaho nkana bamusaka ku buryo budasanzwe. Uyu mugabo yahise abwira polisi ko yumvaga barimo kumutoteza muri iryo saka.
Abantu batanu barwariye mu bitaro bikuru bya Byumba nyuma yo gukomerekera mu mpanuka ya Fuso ebyiri zagonganiye mu kagari ka Musenyi mu murenge wa Mutete mu karere ka Gicumbi 14h00 uyu munsi tariki 19/04/2012.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 yanganyije ubusa ku busa na Aspor FC yo mu cyiciro cya kabiri, mu mukino wa gicuti wabereye muri ETO Kicukiro kuwa gatatu tariki 18 Mata.
Umurambo w’uwitwa Mukandori Sesiliya uri mu kigero cy’imyaka 60 watoraguwe mu mudugudu wa Mirambi, akagari ka Kirehe mu murenge wa Kirehe tariki 18/04/2012 ahagana 16h00. Uyu murambo wari umaze icyumweru.
Manchester United bakunze kwita ‘Red Devils’ ni yo kipe ifite amafaranga menshi kurusha andi makipe yose y’umupira w’amaguru ku isi; nk’uko byashyizwe ahagaragara mu cyegeranyo gikorwa na Forbes Magazine buri mwaka.
Isiraheri yasinye amasezerano y’ubufatanye na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu mushinga ugamije kurwanya inzara mu bihugu bine bya Afurika birimo n’u Rwanda, hatezwa imbere ubuhinzi ku buryo bugezweho.
Intumwa za guverinoma y’u Burundi zasuye akarere ka Nyamagabe mu rwego rwo kurahura ubwenge ku bijyanye na politike yo kubungabunga ibidukikije ndetse no kwegereza ubuyobozi abaturage.
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), Joseph Kabila, kuwa gatatu tariki 18/04/2012, yashyizeho Minisitiri w’intebe witwa Augustin Matata Ponyo Mapon wari minisitiri w’imari muri Guverinoma icyuye igihe.
Minisiteri y’Urubyiruko, Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi yakiriye icyifuzo cy’abantu bashaka gushyiraho ishyirahamwe rizajya rirengera abafatabuguzi b’itumanaho mu gihe amakompanyi aricuruza atujuje inshingano zayo.
Abana bacitse ku icumu bo mu karere ka Gatsibo bafite ibibazo by’amasambu yasizwe n’ababyeyi babo yakaswemo imidugudu ndetse n’abandi bantu bakayaturamo badahawe ingurane.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Etincelles bwatangaje ko bwahagaritse by’agateganyo umutoza wayo Sogonya Hamis ‘Cishi’ kubera kudatanaga umusaruro uhagije. Ibaruwa imuhagarika ku mirimo ye, Hamis yayishyikirijwe tariki 18/04/2012.
Nyuma y’uko havumbuwe imibiri y’abana bamaze imyaka 500 bapfuye, inzu ndangamuco yo mu majyaruguru ya Argentine yahisemo kuyimurika ngo abantu bajye baza kuyisura ariko abaturage ntibabivugaho rumwe.