Maniraguha Deogratias ari mu maboko ya polisi y’akarere ka Rusizi azira gufatanwa ibiro 50 by’urumogi ubwo yageragezaga kurwambukana aruvana muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo tariki 04/07/2012.
Urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwohereje Colonel Theoneste Bagosora kurangiriza igihano yakatiwe n’uru rukiko mu gihugu cya Mali.
Mu gihe twizihiza imyaka 18 ishize Abanyarwanda bibohoye, abaturage bo mu byiciro bitandukanye bo mu karere ka Nyamasheke baratangaza ko hari aho bageze batera imbere mu bukungu no mu mibereho myiza.
Umwana w’umwaka umwe witwa Erica Mukadusabe utuye mu murenge wa Mugesera, akarere ka Ngoma yarohamye mu kiyaga cya Mugesera kuwa mbere tariki 02/07/2012 ahita yitaba Imana.
Uwari umukinnyi w’ikipe y’u Rwanda ya basketball witabye Imana ari tariki 24/6/2012 muri Amerika, Jonathan Rutare, yashyinguwe ku wa kabiri tariki 03/07/2012 i Rubavu aho akomoka.
Hagenimana Aimable w’imyaka 34 ukorera ku kigo nderabuzima cya Kigoma kiri mu karere ka Ruhango ari mu maboko ya polisi akekwaho gusambanya umurwayi w’imyaka 27 yarimo kuvura tariki 02/07/2012 mu gihe cya saa yine z’amanywa.
Nyuma y’amazi ane yirukanywe muri Chelsea, Umunya-Portugal André Villas Boas (AVB), tariki 03/07/2012, yasinye amasezerano y’imyaka itatu yo gutoza Tottenham Hotspurs yo mu Bwongereza. Asimbuye Harry Redknapp kuri uwo mwanya.
Umugabo witwa Gösta Eloffson wo muri Suwedi yatunguwe no kumva abaganga bamubwira ko atwite nyamara ntabwo byari byo ahubwo ni ibimenyetso yagaragazaga ko afite mikorobe zigaragara ku mugore utwite.
Abapolisi bashinzwe gukurikirana ibyaha birebana n’umutungo mu Bufaransa bakurikiranye bikomeye Nicolas Sarkozy wabaye perezida w’Ubufaransa mu myaka itanu ishize.
Kumurika alubumu ya Lil G bizaba tariki 17/11/2012 aho kuba tariki 24/11/2012; nk’uko yabitangaje tariki 03/07/2012.
Mpfabakuze Célestin wo mu murenge wa Karangazi mu karere ka Nyagatare yariwe n’imvubu tariki 29/06/2012 yoherezwa mu bitaro bya Nyagatare.
Umubiligi witwa Julien Nyssens wabaye mu bategetsi bitwaga Administrateur de Territoire mu gihe cy’ubukoloni mu Rwanda yasohoye igitabo kivuga ku Rwanda hagati y’umwaka w’1948 kugeza mu mwaka w’1961.
Ambasade ya Leta zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, tariki 03/07/2012, yizihije isabukuru y’imyaka 234 igihugu cyayo kimaze kigobotoye ingoyi ya gikoloni. Ambasaderi wayo yashimiye u Rwanda umubano wihariye ibihugu byombi bikomeje kugirana.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ari kumwe n’umufasha we, Jeannette Kagame, kuri uyu wa 03/07/2012 bagiriye uruzinduko ku kigo cy’amashuri cy’abakobwa cya Gashora Girls Academy riherereye mu karere ka Bugesera.
U Rwanda na Turukiya byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu iterambere, harimo gushyiraho za ambasade mu bihugu byombi, kurwanya iterabwoba n’ibyaha byambukiranya ibihugu, ndetse n’ishoramari mu nzego zitandukanye.
Nyuma y’iperereza ryari rimaze iminsi ibiri mu mujyi wa Karongi, polisi yasubije studio zari zafatiriwe ibikoresho kubera gukekwaho gucuruza ibihangano by’abandi nta burenganzira.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko mu minsi mike haraba hatangiye imirimo yo kubaka ikimoteri rusange kizatwara amafaranga miliyoni 316.
Bamwe mu bakozi n’abayobozi b’uturere barasaba ko gahunda ya decentralization y’ingengo y’imari ya Leta yakwihutishwa ikagezwa no ku mirenge kugira ngo uturere tubone umwanya wo gutekereza ibindi bikorwa by’iterambere.
Abantu 42 biganjemo abasore, inkumi n’abana b’inzererezi bafatiwe mu mukwabu wakozwe mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi mu ijoro rya tariki 02/07/2012.
Umusazi uri mu kigero cy’imyaka 29 yuriye ipoto y’amashanyarazi mu kagari ka Musamo, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango mu ma saa kumi n’imwe z’igitondo tariki 03/07/2012 kumukuramo birananirana aza kuyimanukamo saa tatu n’igice.
Nserukiyehe Jean Claude w’imyaka 25 wigaga mu mwaka wa 6 w’amashuli yisumbuye mu kigo cya APADEM yikubise hasi ntawe umukozeho bimuviramo urupfu ubwo yarimo kwiga hamwe na bagenzi be tariki 3/07/2012.
Hari ingaruka zimaze kugaragara zatewe n’abantu bagiye bakora urutonde rw’ukuntu abahanzi barushanyije mu bitaramo bya PGGSS 2 byagiye bibera hirya no hino mu gihugu (road shows).
Rukundo Fréderic, umuyobozi ushinzwe amasomo mu rwunge rw’amashuli ya Nyagasozi rwubatse mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza yakinguye ibiro bye asangamo inyandiko idasinye ihembera ingengabikerezo ya Jenoside.
Semanza Anastase wakoraga akazi ko kubungabunga umutekano ku mupaka wa Cyanika uhuza u Rwanda na Uganda mu karere ka Burera yishwe n’abaforoderi tariki 02/07/2012 ubwo yari arimo abarwanya kugira ngo abambure forode bari bafite.
Umurusiya Dimitri Tsykalov utuye mu Bufaransa afite ubuhanga yihariye bwo guhanga ibikanka by’abantu cyane cyane amagufwa agize umutwe akoresheje imbuto ziribwa.
Urwego mpuzamahanga rushinzwe gukora imirimo izaba isigaye y’urukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (residual mechanism) rufite inshingano yo guta muri yombi Abanyarwanda batatu bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994; nk’uko byatangajwe na perezida w’urwo rwego, Theodor Meron.
Isoko ry’imboga n’imbuto rya Bumazi ryuzuye mu murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke rizazamura ubwiza n’ubuziranenge bw’imboga n’imbuto kuko zizaba zicururizwa ahantu hatunganye ugereranije n’uko mbere zacururizwaga hanze no ku mihanda.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara na Kaminuza ya Skövde yo mu gihugu cya Suède buragaragaza ko urubyiruko rwo muri cyo gihugu rufata kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina nk’ikimenyetso cy’ubukure aho kuba ikibazo.
Inama nkuru y’ubucamanza yateranye mu mpeza za Kamena yafashe icyemezo cyo gusezerera burundu abacamanza barindwi ku mirimo yabo. Abo bacamanza bari basanzwe bakorera mu nkiko zitandukanye mu gihugu.
Vedaste Munyagisenyi w’imyaka 22 afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mageragere kuva tariki 01/07/2012 akekwaho kwica Silas Tegejo w’imyaka 32 na we wakoraga akazi k’ubukarani amukubise igitiyo mu mutwe kubera amakimbirane bari bafitanye.
Abasirikare batandatu ba Kongo n’abarwanyi batatu ba FDLR baguye mu mirwano hagati y’Ingabo za Kongo (FARDC) n’inyeshyamba za FDLR, abandi batandatu barakomereka mu ijoro rishyira tariki 01/07/2012 muri Kivu y’Amajyaruguru.
Zigiranyirazo Francois w’imyaka 28 yishwe n’abasore babiri bamuziza ko yashatse gukiza umwana bashakaga gusagarira. Hari tariki 01/07/2012, mu mudugudu wa Gitega, akagari ka Ngaru, umurenge wa Nyarusange mu karere ka Muhanga.
Abagabo batatu baturutse mu mujyi wa Bury St. Edmunds mu Bwongeleza, baje ku magare mu rwego rwo gukusanya inkunga yo kugura ibikoresho by’imikino byo mu mashuri b’abana babana n’ubumuga, bageze i Kigali ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki tariki 02/07/2012.
Bamwe mu baturiye n’abatuye santere ya Mugu iri mu murenge wa Kagogo mu karere ka Burera baratangaza ko muri iyo santere hakunze kugaragaramo urugomo rukabije rutewe ahanini n’ikiyobyabwenge cya kanyanga.
Uko iminsi igenda yicuma niko abana bari hagati y’imyaka 12 na 15 bagenda biyongera mu mujyi wa Rusizi. Bavuga ko bata imiryango yabo baje gushaka amafaranga mu mujyi.
Ikipe ya Police Handball Club yongeye kwisubiza igikombe cyo kwibohora nyuma yo gutsinda amakipe yose yari yitabiriye iryo rushanwa ryasojwe i Kigali ku cyumweru tariki 01/0/7/2012.
Prof. Byanafashe Deo wigisha amateka muri kaminuza nkuru y’u Rwanda avuga ko bimwe mu byatumye ubwigenge bw’Abanyarwanda butagerwaho neza, ariko uko bwashyizwe mu maboko y’abayobozi batari biteguye kubukoresha.
Ikipe y’u Rwanda ya Basketball abahungu n’abakobwa batarengeje imyaka 18 yegukanye umwanya wa kabiri mu marushanwa yahuzaga ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari yasojwe mu Burundi tariki 01/07/2012.
Mu gihe cy’icyunamo cy’iminsi 100, mu karere ka Gatsibo hakozwe ibikorwa byinshi bifata mu mugongo abacitse ku icumu rya Jenoside birimo gusana amazu yari yarangiritse, kuboroza no kubakira abadafite aho kuba,byatwaye amafaranga miliyoni 10.
Ingengo y’imari akarere ka Nyamasheke kazakoresha muri uyu mwaka wa 2012/2013 yagabanutseho 2% ugereranije na miliyari 12 miliyoni 669 ibihumbi 473 n’amafaranga 823 akarere kari kakoresheje umwaka ushize.
Ikipe y’igihugu ya Beach Volleyball y’abakobwa batarengeje imyaka 19, yabonye itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Canada, nyuma yo kwegukana umwanya wa mbere mu irushanwa nyafurika ryasorejwe i Lome muri Togo tariki 01/07/2012.
APR FC yabonye itike yo gukina umukino wa nyuma w’igikombe cy’amahoro nyuma yo gusezerera Rayon Sport iyitsinze ibitego 4 kuri 1 mu mikino ibiri ya ½ cy’irangiza yahuje aya makipe ahora ahanganye.
Mu gikorwa cyo kugenzura isuku mu mirenge igize akarere ka Gisagara cyabaye mu kwezi kwa Kamena 2012, byagaragaye ko ahenshi muri ako karere isuku ikiri nke.
Ubwo hibukwaga abarwayi n’ abarwaza baguye mu bitaro bya Gakoma biri mu karere ka Gisagara mu gihe cya Jenoside, haragaragajwe icyifuzo ko muri ibyo bitaro hakubakwa urwibutso rwihariye bitewe n’umubare w’abahaguye.
Nsekanabo Emmanuel uri mu kigero cy’imyaka 25 yasangiye inzoga y’igikwangari na Uwiduhaye Jean Paul bamaze kugisinda bararwana Uwiduhaye afata ibuye irihondagura Nsekanabo amukomeretsa mu gahanga bikomeye.
Mu kwizihiza isabukuru y’ubwigenge n’iyo kwibohora, Abaturage bo mu murenge wa Gishyita mu karere ka Karongi bongeyeho agashya bavuga ko babohotse no mu myumvire none ubu bakaba baragezweho n’iterambere ritari ryarigeze riharangwa mbere ya 1994.
Abaturage basabwa kuzatanga amakuru y’ukuri ku bibazo bazabazwa mu ibarura rusange ry’abaturage ryegereje kugira ngo intego yaryo igerweho nk’uko byateganyijwe, mu rwego rwo kuzamura imiberehomyiza n’iterambere by’abaturage.
Umusore w’Umunyekongo w’imyaka 18 y’amavuko witwa Patrick Cyubahiro yahohotewe n’abasirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo bamushinja kuba Umututsi ukomoka mu Rwanda.