Guverineri w’intara y’amajyaruguru aratangaza ko hafashe ingamba zikomeye zo kugenzura neza imiterere y’imirenge SACCO yo muri iyo ntara kugira ngo hamenyekane uko umutungo uhagaze muri ibyo bigo by’imari bityo ahazagaragara ibibazo hafatirwe ibyemezo.
Dr. Denis Mukwege wamenyekanye ku isi kubera uruhare agira mu gufasha abagore bafashwe ku ngufu mu Ntara ya zombi za Kivu, yagarutse muri Kongo-Kinshasa nyuma yo guhungira mu Bubiligi mu Kwezi kw’Ukwakira 2012.
Umugabo w’imyaka 32 yatunguye abitabiriye amateraniro mu rusengoro rumwe rwo mu mujyi wa Harare muri Zimbabwe avuga ko yoherejwe n’Imana gukorana imibonano mpuzabitsina n’abagore bose ahita akuramo imyenda yose asigara yambaye uko yavutse.
Abazakora mu gikorwa cyo gutanga inzitiramibu ku bana bari munsi y’imyaka 5 mu karere ka Nyabihu barasabwa kwirinda uburiganya bwagiye bugaragara mu bikorwa nk’ibyo mu minsi yashize.
Santere ya Butaro iherereye mu murenge wa Butaro, mu karere ka Burera ni imwe mu masantere yo muri ako karere ari gutera imbere cyane. Ukurikije icyaro iherereyemo ifatwa nk’umujyi kubera ibikorwa bihakorerwa.
Abagabo babiri bacumbikiwe kuri sitatiyo ya Polisi ya Musambira, bakekwaho ubutekamutwe bwo kwigira abakozi ba Sosiyeti y’itumanaho Airtel, bakaba bashakaga kwaka amafaranga umucuruzi ngo bamugurire butaka bwe, ahazubakwa umunara.
Mu gihe bitegura uruzinduko rwa Perezida Kagame tariki 16/01/2013, abaturage b’akarere ka Nyamasheke barishimira ibyo bagezeho haba ku bishingiye ku masezerano yijeje aka karere cyangwa se ku bikomoka ku cyerekezo yahaye igihugu muri rusange.
Umugore witwa Niwemugeni Mariette ukomoka mu mudugudu wa Nyamurema, akagari ka Kiyanza, umurenge wa Ntarabana mu karere ka Rulindo, avuga ko yabuze umwana w’umuhungu witwa Mugisha Dieudonne, ufite imyaka itandatu.
Yamuragiye Rosary wari utuye mu mudugudu wa Nyamugari, akagari ka Gafunzo, umurenge wa Mwendo, yimuriwe mu mudugudu wa Dusenyi akagari ka Rukina umurenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango kubera ikibazo cy’ubusinzi.
Inama y’umutekano y’umurenge wa Kazo yabaye tariki 14/01/2013yafashe icyemezo cyo gusubiza iwabo abarundi barindwi badafite ibyangombwa babaga muri uwo murenge gusubira iwabo.
Umuhanzikazi Ganzo Maryse wamenyekanye cyane kubera ijwi rye rijya kumera nk’iry’abagabo, akaba kandi ari n’umwe mubahanzi nyarwanda bagize amahirwe yo kwitabira Tusker Project Fame, muri iyi minsi biravugwa ko yaba atwite kandi nawe ubwe akaba abyemera.
Abanyamuryango barenga ijana ba koperative “Imbaraga” ihinga ibigori mu murenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma barasaba kurenganurwa bakagarurirwa indangamuntu zabo nyuma y’amezi ane zifungiranwe mu biro bya koperative kubera ubujura bw’ifumbire bakekwagaho.
Abakekwaho kugira uburwayi bwo mu mutwe 15 bo mu karere ka Rusizi bafashwe ku mugoroba wa tariki 14/01/2013kugira ngo babajyane kubavuza i Ndera.
Abaturage bo mu murenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro bavuga ko ubu ibikorwa byabo by’iterambere bitari kugenda neza bitewe n’uko urugomero rw’amashanyarazi bari bikoreye hashize umwaka urenga rudakora kubera ko rwangijwe n’imvura.
Abantu babiri bakomerekeye mu mpanuka ya moto yabereye ku gasanteri ka Cyuru mu murenge wa Rukomo mu karere ka Gicumbi tariki 14/01/2013.
Abaturage bo mu gasantere k’ubucuruzi k’ahitwa i Rurangazi mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza bakomerewe n’ikibazo cy’amazi meza yabaye ingume; nk’uko bamwe mu baturage bo muri ako gace babitangaza.
Abana b’abasigajwe inyuma n’amateka biga mu mashuri abanza, batuye mu murenge wa Butaro, akarere ka Burera, bahawe ibikoresho by’ishuri kugira ngo bibafashe kwiga kuko kubura ibikoresho aribyo byatumaga batagana ishuri.
Eng. William Ngabonziza ukora mu ishami rishinzwe imiturire muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) aragaragaza ko umwaka ushize Abanyarwanda benshi bishwe n’ibiza kubera ahanini gutura nabi.
Mwaramutse neza kandi mwiriwe mwese! Mpereye ku byo Rutayisire yari amaze kuvuga, nasanze nta ibahasha iri aho nari nicaye, ubwo yumvise ko ubwo mbyisabiye agiye kumpa ibahasha zigera nko kw’ijana kandi ndashaka imwe gusa, irampagije irajyamo ibyo nshoboye byose…
Umuhuza w’ibiganiro by’amahoro bihuje Leta ya Congo n’inyeshyamba za M23, Minisitiri Crypsus Walter Kiyonga, avuga ko ibihano byafatiwe abayobozi ba M23 byabaye imbogamizi ku biganiro kuko hari n’abatemerewe kugira aho bajya kandi bagomba kwitabira ibiganiro.
Nubwo abantu 308 basize ubuzima mu mpanuka zo mu muhanda mu mwaka wa 2012 ngo uyu mubare ni muto ugereranyije na 392 wagaragaye mu 2011.
U Rwanda na Korera y’Epfo byatangaje ko bifatanyije gukemura ikibazo cy’ubukungu n’imibereho y’abaturage ku ruhande rw’u Rwanda binyuze mu butwererane ibihugu byombi bifitanye kuva mu myaka 50 ishize.
Abasore bagera kuri 50 bazindukira ku iseta iri ku muhanda w’ahitwa Rwamushumba mu kagari ka Muganza mu murenge wa Runda, bategereje amakamyo aturuka ku Ruyenzi no mu mujyi wa Kigali, ngo bayarangire ahari umucanga , babone n’ikiraka cyo kuyapakira.
Karimunda Siperansiya umucyecuru w’imyaka 50 ari kuvurirwa kwa muganga mu murenge wa Kanama mu karere ka Rubavu nyuma yo gukubitwa bikomeye azira kuroga umuryango w’abantu batandatu.
U Rwanda na Koreya y’Amajyepfo byiyemeje guhuza ijwi mu gukangurira ibindi bihugu kurinda ubuzima bw’abaturage mu gihe cy’intambara, biturutse ku bufatanye bisanzwe bifitanye n’uburyo byahuriye mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi.
Ishami rishinzwe umutekano muri Leta Zunze Ubumwe z’America, ryasabye abantu bakoresha software yitwa Java muri mudasobwa zabo kuyireka kubera ko ngo itizewe mu bijyanye n’umutekano kuri internet.
Rwanda Inspiration Backup yashimiye BK kubera inkunga ikomeye yabateye mu gikorwa The National young entrepreneur’s debate championship bakoze mu mwaka ushize cyo gukangurira urubyiruko kwihangira imirimo.
Umutwe w’ingabo zo mu karere k’ibiyaga bigari (ICGLR) ushinzwe kugarura amahoro ku mipaka y’u Rwanda na Kongo-Kinshasa uzinjizwa mu ngabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura amahoro muri Kongo-Kinshasa (MONUSCO).
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi bwatangiye kugenzura niba nta bantu bakorera ibikorwa bitandukanye ku nkengero z’i Kivu ahatemewe bigatuma icyo kiyaga cyangirika.
Bamwe mu baturage bavuga ko abayobozi bo mu midugudu n’utugari mu karere ka Ngororero bakoresha ikimenyane na ruswa mu gutanga imfashanyo zigenerwa abatishoboye cyane cyane muri gahunda z’ubudehe no korozanya.
Abaturage batuye mu murenge wa Mukindo mu karere ka Gisagara, barasaba gufashwa kubona imbuto z’insina za kijyambere kuko kuri bo basanga igiciro cy’insina kiri hejuru bikabagora kuzibona.
Bamwe mu bayobozi b’uturere tw’intara y’Amajyepfo baratangaza ko gahunda ya Leta yo guteza imbere ubwubatsi bw’amategura hari benshi buzagora kubera ko busaba byinshi mu gihe amabati yo ngo nta ngorane nyinshi.
Meddie Kagere umaze iminsi akinira ikipe ya Etoile Sportive de Zarzis yo muri Tuniziya ariko akaba atarahagiriye ibihe byiza, agiye kugaruka mu Rwanda akazakinira ikipe ya Rayon Sport amezi atandatu.
Amatorero atandandukanye akorera mu Rwanda yateguye igiterane cy’iminsi 120 cyiswe “Humura Rwanda” cyari kigamije gusengera ibibazo u Rwanda rwari rumaze iminsi ruvugwaho birimo umutekano muke muri Congo.
Abadepite bo mu gihugu cya Kenya bihaye imperekeza z’akazi zingana n’amadorali ibihumbi 107 (hafi miliyoni zisaga 70 z’amafaranga y’u Rwanda) mu gihe bitegura kurangiza manda muri Werurwe 2013.
Abayobozi batandukanye mu karere ka Rulindo bakomeje kugaragaza ubushake mu kurushaho kwegera abaturage batuye aka karere , babafasha kwishakamo ibisubizo ku bibazo bahura nabyo.
Abanyeshuri biga ku kigo cya Collège de la Paix Rutsiro barasaba ubuyobozi by’icyo kigo gusana zimwe mu nyubako zitameze neza kubera ko zishaje, n’izindi zasakambuwe n’umuyaga.
Kubwimana Etienne bakunze kwita Defender yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano afite ikiyobyabwenge cy’urumogi gipfunyitse mu dupfunyika umunani mu ijoro rya tariki 13/01/013.
Abasore bize ndetse n’abandi bafite amikoro aciriritse bo mu karere ka Gakenke bitegura gushaka ngo muri iyi minsi bafite ikibazo cyo kubona inkwano basabwa n’ababyeyi b’abakobwa bize kaminuza usanga zihanitse ugereranyije n’ibyari bisanzwe mu muco nyarwanda.
Ubuyobozi bwa Rayon Sports burahakana ko butazishyura amafaranga miliyoni esheshatu Ali Bizimungu wari umutoza wungirije akaza gusezererwa ashinjwa kutavuga rumwe n’umutoza mukuru Didier Gomes Da Rosa.
Ishuli rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko (ILPD) rifite icyicaro mu karere ka Nyanza ryatangije uburyo bushya bufasha abanyeshuli baryo kwiga banakora imirimo bashinzwe y’ubwunganizi mu by’amategeko, ubushinjacyaha no guca imanza mu nkiko.
Beyonce, umuririmbyikazi wo muri Amerika, yatangaje ko itsinda Destiny’s Child, yaririmbye mo, ryongeye gusubirana nyuma y’imyaka umunani abari barigize batandukanye. Destiny’s Child igizwe n’abakorwa batatu bo muri Amerika: Beyoncé Knowless, Kelly Rowland, na Michelle Williams.
Police FC yasoje imikino ya shampiyona ibanza (Phase Aller) iri ku mwanya wa kabiri, nyuma yo gutsinda AS Kigali yari iwuriho igitego 1-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa gatandatu tariki 12/01/2013.
AS Kigali yegukanye igikombe cya shampiyona y’abagore mu mwaka ushize, yatangiye iy’uyu mwaka yitwara neza ikaba yatsinze ESIR ibitego 2-1 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuri uyu wa gatandatu tariki 12/01/2013.
Nyuma yo kwemera guha umugore we impyiko imwe mu ze, Hanyurwabake Jean Bosco wigisha ku kigo cy’amashuri cya Gahondo mu karere ka Rutsiro arasaba abagira neza kumufasha kubona amafaranga yo kujyana umugore we mu Buhinde aho azavurirwa.
Uturere twa Nyamagabe, Nyamasheke na Rusizi duhuriye ku muhanda uca muri pariki y’igihugu ya Nyungwe dufatanije n’ingabo z’igihugu na polisi y’igihugu, bakoze umuganda udasanzwe wo gusukura inkengero z’uyu muhanda mu rwego rwo kugirira isuku iyi pariki.
Nyiramahirwe umubyeyi w’abana batatu acumbikiwe na Polisi y’igihugu kuri station ya Kanzenze akarere ka Rubavu nyuma yo gutabwa muri yombi acyenyereye ku dupfunyika 2000 tw’urumogi.
Pasitoro Amos Betungula wo mu itorero ry’ubwiyunge mu gace ka Mengo yatawe muri yombi na Polisi yo muri icyo gihugu azira gutwara umugore wari umuyoboke mu itorero rye.
Abaturage bo mu mirenge ya Mushubati na Mukura yo mu karere ka Rutsiro mu mezi atatu ashize barakariye Abagande bakoraga umwuga wo kubaza mu murenge wa Mushubati bavuga ko muri bo harimo ababuza imvura kugwa.