Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje kuba nk’isoko rikomeye kandi ryizewe ku bicuruzwa by’u Rwanda, aho kugeza ubu ibiva mu Rwanda byoherejweyo biri hejuru ya 20% by’ibicuruzwa byose byoherezwa hanze.
Banki ya Kigali (BK) yatangije ubufatanye mu kurengera ibidukikije na ARCOS, umuryango ukorera mu karere k’Ibiyaga bigari, wibanda ku kwita ku butaka bwangiritse, kurengera ibidukikije muri rusange harimo gutera amashyamba, guteza imbere imiryango n’ibindi.
Muri iki cyumweru kigana ku musozo, mu Mujyi wa Kigali harimo kugaragaramo udushya tw’ivugurura mu mitangire ya serivisi, mu gihe hakirirwaga Inama Nyafurika y’Abayobozi ku mitangire ya Serivisi (Africa Customer Experience Leaders Forum 2025). Ni igikorwa cyatumye Kigali igaragara nk’igicumbi cya Afurika cyujuje ubuziranenge (…)
Kigali yinjiye mu gihe gishya cya tagisi (Taxi voiture) vatiri z’amashanyarazi, nyuma y’uko NCBA Bank Rwanda na Kabisa bafatanyije gutangiza Umurabyo, imodoka nshya y’abatwara abagenzi ihendutse kandi ifite intego.
Iserukiramuco rya Filime rya Mashariki African Film Festival (MAAFF) ku nshuro yaryo ya 11, rigarukanye umwihariko wo guhemba imodoka ku bakinnyi ba sinema bakunzwe cyane bagatorwa n’abaturage (People’s Choice Actor & Actress), n’igihembo cy’icyubahiro kizwi nka ’Lifetime Achievement’.
Polisi y’u Rwanda yafashe abantu batatu bagaragaye mu mashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, batema umugore bagamije kumwambura mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyarugenge mu Kagari ka Rwampara tariki ya 11 Nzeri 2025.
Ikipe y’igihugu y’ingimbi zitarengeje imyaka 20 zi sanze mu itsinda rimwe na Morocco mu gikombe cy’Afurika.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr. Kalinda François Xavier, kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Nzeri 2025 yakiriye mu biro bye Dr. Christophe Bernasconi, Umunyamabanga Mukuru w’Ihuriro rya La Haye ku Mategeko Mbonezamubano Mpuzamahanga, HCCH.
Perezida Paul Kagame yageze i Doha muri Qatar, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Nzeri 2025, aho yakiriwe na Sultan bin Saad bin Sultan Al Muraikhi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Qatar.
Mu gitondo saa moya kuri uyu wa Gatanu, umunyerondo yakubiswe n’abakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano birimo urugomo n’ubujura.
Hashize ibyumweru birenga bibiri u Rwanda rutangiye gushyira mu bikorwa uburyo bushya bwisumbuyeho, bwo gupima imyuka ihumanya ituruka mu binyabiziga byose, mu rwego rwo kurengera ibidukikije no gukumira indwara zituruka ku guhumeka umwuka uhumanye.
Abenshi bamaze gusobanukirwa ko muri bimwe mu byuma bikonjesha nka za firigo (Fridges) hamwe na za Air Condition/Climatiseurs, habamo gaze zishobora guhumanya ikirere.
Abashora imari mu Rwanda bamaze igihe bavuga ko igiciro gihanitse cy’amashanyarazi gikoma mu nkokora kwaguka kw’inganda kandi kikanagabanya ubushobozi bwazo bwo guhangana ku isoko ry’umurimo no mu karere.
Mu Karere ka Kamonyi, abagororwa barangije ibihano bari bakatiwe ku cyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi, bongeye guhurira hamwe n’abarokotse Jenoside mu biganiro bigamije kubasubiza mu buzima busanzwe no kubaka ubumwe n’ubudaheranwa.
Gutegura amafunguro (guteka) ni kimwe mu bintu bikorwa n’umubare utari muke w’abatuye Isi, bitewe n’uko ibiryo abenshi barya biba byabanje gutekwa.
Munezero Lisa Adeline ni umukobwa witabiriye Miss Rwanda 2019. Ubu ni rwiyemezamirimo ufite kompanyi ikora ibikorwa bitandukanye birimo no guhugura urubyiruko uko rwakwihangira imirimo.
Kuri uyu wa Kane, Uwayezu Jean Fidèle wabaye Perezida wa Rayon Sports yitabiriye imyitozo yayo aho iri kwitegura kwakirwa na Kiyovu Sports ku munsi wa mbere wa shampiyona.
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibitero Israel yagabye ku murwa Mukuru wa Qatar, Doha, ku ya 9 Nzeri 2025, ndetse yifatanya mu kababaro na Leta ya Qatar n’imiryango yabuze ababo muri ibyo bitero.
Abanyarwanda bubaha umuriro, baranawutinya kuko bazi ukuntu ubushye bubabaza, ariko bazi ikintu kimwe rukumbi kidashobora gukangwa n’umuriro; ukuri.
Umuvugizi wa Police, ACP Rutikanga yemeje ko abahanzi Barbara Horn Teta wamamaye nka Babo na Ariel Wayz bafunze.
Kuzuza amakuru y’irangamimerere muri rusange ni ingirakamaro ku baturage no ku gihugu, kuko ayo makuru ari yo aherwaho hakorwa igenamigambi, ari na ryo rigenderwaho mu guteza imbere abaturage hakurikijwe ibyo bakeneye, bikaba ari ngombwa rero ko imibare y’abagenerwabikorwa iba izwi.
Mu gihe mu Rwanda hatangijwe icyumweru cy’ingufu z’amashanyarazi, hibandwa cyane ku ngufu zisubira kirimo kuba ku nshuro ya 5 (Energy Week - RE4SG), Banki ya Kigali ikomeje kuba umufatanyabikorwa wa nyawe mu gutanga umusanzu wayo hagamijwe kugira ngo abaturage bose bazabe bagezweho n’amashanyarazi, nk’uko bikubiye muri (…)
Igihugu cyose cyagize agahinda gakomeye ubwo cyakiraga inkuru y’urupfu rwa Lt. Gen. Innocent Kabandana, umwe mu basirikare bakuru b’u Rwanda.
Filip Reyntjens, Umubiligi u Burayi bufata nk’inararibonye kuri Afurika y’Ibiyaga bigari, yatangiye kwerekana uburyo yanga u Rwanda urunuka, cyane cyane akanga FPR Inkotanyi iyoboye ubutegetsi, by’umwihariko Perezida Paul Kagame.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Nzeri nibwo ikipe y’Igihugu y’ingimbi mu mukino wa Volleyball yageze mu gihugu cya Misiri ahazabera igikombe cya Afurika.
Iyo havuzwe imyuka ihumanya ikirere, ku ikubitiro igikunze guhita kiza mu mitwe y’abantu kuri bimwe mu bigira uruhare mu gusohora ibyo byuka, harimo ibinyabiziga, nk’imodoka na za moto, inganda, gutwika amakara, gutekesha inkwi n’ibindi.
Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) ruvuga ko hari abakoresha bakata amafaranga abakozi y’imisanzu y’ubwishingizi bw’indwara ndetse n’ubwiteganyirize bw’izabukuru nyamara ntibayatange muri RSSB, ahubwo bakayikoreshereza mu bindi.
Guverinoma y’u Rwanda tariki 9 Nzeri 2025, yashyikirije Inteko Ishinga Amategeko umushinga w’itegeko rishya rigenga imikoreshereze y’imihanda, hagamijwe kuvugurura itegeko ririho rimaze imyaka 38 ritavugururwa.
Umushinjacyaha mukuru mu ishami ryashyiriweho gusoza imirimo y’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda(IRMCT) yavuze ko niba bagomba gutanga ubutabera kuri Felicien Kabuga akarekurwa, nta yandi mahitamo agomba gusubizwa mu gihugu cye, u Rwanda.
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda yageneye abakinnyi b’Amavubi n’abagize itsinda tekinike agahimbazamusyi karenga miliyoni 40 Frw ye ku giti cye nyuma yo gutsindira Zimbabwe muri Afurika y’Epfo igitego 1-0.
Mu gihe umwaka w’amashuri wa 2025/2026 ukiri mu ntangiriro, hakaba hakiri ababyeyi n’abanyeshuri bakiri mu myiteguro yo gushaka no kugura ibikoresho, hamwe n’amafaranga y’ishuri, Banki ya Kigali (BK) yazanye igisubizo kuri bimwe muri ibyo bibazo.
Inteko rusange umutwe w’Abadepite tariki 9 Nzeri 2025, yatoye umushinga w’itegeko ry’ikoreshwa ry’umuhanda ukubiyemo n’ibihano bihabwa umushoferi watwaye ikinyabiziga yarengeje igipimo ntarengwa cya Alukolu mu maraso.
Kuri uyu wa Kabiri, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryatangaje ko amakipe yemerewe gukinisha Abanyamahanga umunani muri shampiyona bari kibuga kimwe.
Mu mpera z’Icyumweru gishize mu karere ka Rubavu hatangiye shampiyona y’umupira w’amaguru w’abafite ubumuga “Amputee Football” y’umwaka wa 2025/26.
Urwego rushinzwe Ubwikorezi bwo mu Kirere muri Afurika (African Civil Aviation Commission) ku bufatanye n’Umuryango w’Isoko rusange ry’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo (COMESA), bateguye inama mpuzamahanga ibera i Kigali mu Rwanda tariki 08 – 12 Nzeri 2025, yiga ku kunoza ubwikorezi bwo mu kirere no kurebera (…)
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsindiye Zimbabwe igitego 1-0 muri Afurika, mu mukino w’umunsi wa munani wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026.
Abanyarwanda n’abaturarwanda barakangurirwa kugita ibisenge by’inzu zabo bitanga amashanyarazi, ni ukuvuga ko babishyiraho ibyuma bifata imirasire y’izuba ubundi akaba ari yo mashanyarazi bakoresha mu ngo zabo, hagamijwe guteza imbere ikoreshwa ry’ingufu zisubira.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, muri Village Urugwiro, Perezida Paul Kagame yakiriye Sheikh Abdulla bin Mohammed bin Butti Al Hamed, Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe itangazamakuru (NMO) akaba n’uw’Inama ishinzwe itangazamakuru muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAEMC), ari kumwe n’intumwa ayoboye.
Ishuri rikuru ryigenga ry’Imiyoborere (African School of Governance/ASG), ryakiriye icyiciro cya mbere cy’abanyeshuri bagiye gutangira amasomo y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu miyoborere (Master of Public Administration - MPA).
Icyegeranyo cy’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), cyatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 9 Nzeri 2025, kigaragaza ko impuzandengo y’umwaka wose, ni ukuvuga kuva muri Nyakanga 2024 kugera muri Kamena 2025, ishimangira ko umusaruro w’inganda wiyongereye ku kigero cya 6.5%.
Kuri uyu wa Mbere, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi yakoreye imyitozo kuri Orlando Stadium muri Afurika y’Epfo aho yakirirwa na Zimbabwe kuri uyu wa Kabiri mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi, kapiteni n’abatoza bizeza Abanyarwanda intsinzi bakumbuye.
Kuri uyu wa Mbere tariki 8 Nzeri 2024, abagororwa bahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi bagiye kurangiza ibihano byabo, bari mu mahugurwa mu Igororero rya Nyamasheke ku kwimakaza Ubumwe n’Ubudaheranwa, bahawe ikiganiro kuri ‘Ndi Umunyarwanda’, basobanurirwa ko mbere y’umwaduko w’abazungu Abanyarwanda bari basangiye (…)
Perezida Kagame kuri uyu wa Mbere tariki 8 Nzeri 2025, yakiriye impapuro zemerera ba Ambasaderi bane bashya, guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Nubwo Abanyaburayi bagize uruhare rukomeye mu kugurisha Abanyafurika nk’abacakara, bakabakoroniza; nyuma bakaza kubabeshya ko babahaye ubwigenge kandi ubukungu bwose bw’Afurika aribo babwitwarira, bagashyiraho bakanakuraho bamwe mu bayobozi b’Afurika, icyo bagiye gukora bakabanza kubagisha inama, burya na bo ngo ni (…)
Rutahizamu w’Amavubi Nshuti Innocent ntabwo azakina umukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026 uzahuza Zimbabwe n’Amavubi kuri uyu wa Kabiri saa cyenda zuzuye.
Mu Rwanda hashyizweho uburyo bushya bwo kwihutisha ubutabera, buzwi nka ‘plea bargain’, aho ukekwaho icyaha ashobora kwemera icyaha cye mu magambo ye bwite, maze uwahohotewe akemererwa gusaba indishyi mu gihe cy’ibiganiro.