Icyamamare Celine Dion, yagaragaje ibibazo by’ubuzima afite bitewe n’indwara yitwa ‘Stiff Person Syndrome’. Iyo ikaba ari indwara idasanzwe ihungabanya cyane imikorere y’imitsi n’imikaya y’umubiri w’umuntu.
Umuhanzi Birori Phénéas, ni we wahimbye indirimbo yitwa ‘Guhinga birananiye’ bamwe bari bazi ko yitwa ‘Indayi ndayi, ndayi, nda ti, ti, ti…’ ubwo yigaga muri Collège Officiel de Kigali (COK), ishuri ryari rifite Orchestre y’abanyeshuri baririmbye indirimbo zanyuze benshi mu gihe cyabo (1972 - 1978).
Vumilia Mfitimana, umuririmbyi akaba n’umwanditsi w’indirimbo zihimbaza Imana, usengera mu Itorero ry’Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi, yateguye igitaramo ‘Nyigisha Live Concert’ yitiriye indirimbo ye ‘Nyigisha’ iri mu zo yasohoye zakunzwe cyane.
Umuhanzi Tumaini Byinshi uririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Kanani’, avuga ko irimo ubutumwa bukumbuza abantu Ijuru.
Harabura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo umuhanzi Ndasingwa Jean Chrysostome uzwi nka Chryso Ndasingwa, umenyerewe mu ndirimbo zo kurwamya no guhimbaza Imana, ataramire abakunzi be mu gitaramo ‘Wahozeho’, gitegerejwe na benshi ku Cyumweru tariki 05 Gicurasi 2024 muri BK Arena.
Sarah wahoze akundana na Diamond Platnumz, yasobanuye uko inkuru y’urukundo rwabo yafashije Diamond kwandika indirimbo yatumye amenyekana, ndetse n’umuzingo we wa mbere.
Umuhanzi Céline Dion wari umaze igihe atagaragara mu bitaramo by’umuziki, nyuma y’uko yafashwe n’indwara idasanzwe ya Stif-person syndrome nk’uko yabitangaje mu 2022, avuga ko asubitse ibitaramo byose yateguraga kubera impamvu z’uburwayi, ngo ashobora kugaruka gutaramira abafana be.
Umuyobozi wa Big Talent hamwe na Federasiyo y’abanyamuziki b’igihugu cya Uganda (UNMF), Eddy Kenzo, yatangaje amakuru ajyanye n’ubuzima bw’umuhanzikazi Fille Mutoni.
Umuramyi Mado Okoka Esther utuye ku mugabane w’u Burayi mu gihugu cya Denmark, usengera muri Zion Temple, yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Ntuma’, asobanura ko igitekerezo yakigize nyuma y’amagambo yari amaze gusoma muri Bibiliya.
Umuhanzi w’Umunya-Nigeria, David Adedeji Adeleke, uzwi cyane ku izina ry’ubuhanzi nka Davido, uririmba mu njyana ya ‘Afrobeat’ ndetse umaze kwegukana ibihembo bya ‘Grammy Awards’ inshuro eshatu, yavuze ko agiye kurega abamwandtseho inkuru y’ikinyoma cy’uko yatawe muri yombi ari muri Kenya ku byaha bifitanye isano (...)
Umupira w’amaguru hamwe n’izindi siporo muri rusange zituma abantu baruhura umutima, basabana, bakanishima mu gihe ikipe bafana yatsinze. Ku Isi hari za shampiyona zikomeye zikanakurikirwa cyane kurusha izindi nk’iy’u Bwongereza, iya Espagne, u Budage n’izindi.
Umuhanzi wo muri Uganda, Edrisah Kenzo Musuuza, wamamaye nka Eddy Kenzo, yavuze ko adakundana na Minisitiri ushinzwe ibyerekeranye n’Ingufu muri icyo gihugu, Phiona Nyamutoro, bitandukanye n’ibyo abantu bamaze iminsi bavuga.
Umuhanzikazi wo muri Tanzania Zuchu ni we muhanzi wo muri Afurika y’Iburasirazuba ufite indirimbo yakoze wenyine yarebwe inshuro zirenga miliyoni 100 ku rubuga rwa YouTube, iyo ikaba ari indirimbo ye yitwa ‘Sukari’.
Edrisah Musuuza, Umuhanzi w’umunya-Uganda wamamaye nka ‘Eddy Kenzo’ biravugwa ko ari mu rukundo na Phiona Nyamutoro, uherutse kugirwa Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Uganda.
Umuhanzikazi Shakira Isabel Mebarak Ripoll, ukomoka muri Colombia wamenyekanye nka Shakira muri muzika, yatangaje ko nyuma yo gutandukana na Gerard Piqué, atizeye ko azabona urukundo nk’urwo bakundanye.
Umuhanzi Valens Hakizimana, uzwi cyane nka Rayva Havale uri mu bakizamuka muri muzika Nyarwanda, yashyize hanze alubumu ye ya mbere yise ‘Love and Life’, yahuriyeho n’abahanzi bakomeye mu Rwanda, ashimangira ko igomba kumubera inzira yo kwaguka mu bikorwa bye bya muzika.
Umuhanzi w’icyamamare ukomoka muri Amerika, Ariana Grande Butera uzwi ku izina rya Ariana Grande mu muziki, yamaze guhabwa gatanya n’umugabo we Dalton Gomez nyuma y’imyaka itatu bari bamaze babana.
Andre Romelle Young, umuraperi w’icyamamare, umuhanga mu gutunganya umuziki (producer) akaba n’umushabitsi, yahawe inyenyeri mu rwego rw’icyubahiro muri Hollywood Walk Of Fame.
Ni kenshi muri muzika humvikana ihangana ry’abahanzi, bakora injyana zirimo Hip-Hop, Afrobeats n’izindi. Impamvu ni uko buri muhanzi ukora injyana runaka aba yumva arusha bagenzi be.
Ibitaramo umuhanzi Christopher agiye gukorera muri Canada ahereye i Montreal, igitaramo cy’itorero Inyamibwa, n’igitaramo cya Platini P ni bimwe mu byo abakunzi b’imyidagaduro bahishiwe mu minsi iri imbere.
Ubusanzwe indirimbo ‘I Will Always Love You’ yanditswe bwa mbere mu mwaka 1973 ndetse inaririmbwa n’umuhanzikazi ufatwa nk’umwamikazi w’injyana ya Country Music, Dolly Parton, ayandika agamije gusezera uwari umujyanama we Porter Wagoner, banakundanyeho ubwo yari agiye gutangira urugendo rwa muzika ku giti cye.
Umuhanzikazi Simisola Bolatito Kosoko, uzwi ku izina rya Simi, yatangaje ko ashyigikiye ko mu gihe abantu bateganya gushyingiranwa nk’umugore n’umugabo, bari bakwiye kubanza bakabana igihe gito kugira ngo bibafashe kumenyana.
Beyoncé Giselle Knowles-Carter, icyamamare mu muziki wavukiye I Houston, yatangaje izina rya alubumu ye nshya yise “Act II: Cowboy Carter”, biteganijwe ko azayishyirwa ahagaragara ku ya 29 Werurwe 2024, ibintu byanejeje abakunzi be batari bake.
Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Taarab Music muri Tanzania, Khadija Kopa, akaba na nyina w’umuhanzikazi Zuchu, avuga ko atarabona umugabo uhamanye n’ibyifuzo bye, ndetse atazi impamvu Imana itaramuhitiramo.
Umuhanzikazi w’Umunyamerika ufite inkomoko muri Trinidad & Tobago, Nicki Minaj, yashimye byimazeyo umuraperi Lil Wayne wamufashije kugera ku rwego rushimishije muri muzika, amuhindurira ubuzima.
Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Afrobeats, Ayodeji Balogun, uzwi ku izina rya Wizkid, yavuze ko urugendo rwe muri muzika aribwo rugiye gutangira kuko yumva ntacyo yari yageraho gikomeye.
Mu Rwanda iterambere rigaragara mu ngeri zitandukanye z’ubuzima, rigaragara no mu bijyanye n’umuziki haba ku bagabo ndetse no ku bagore. Icyakora haracyagaragara imbogamizi by’umwihariko ku bagore ndetse n’abakobwa, zigatuma bamwe batabasha gukabya inzozi zabo no gutera imbere nk’uko baba babyifuza.
Abantu bari baciye akenge ahagana mu 1973-80, benshi muzi indirimbo igira iti ‘Nasezeye ku rukundo, urukumbuzi ndujyanye, nsezera no ku babyeyi, kugira ngo mbone inkwano yo kuzabona umwana nakunze...ariko ngarutse bampa inkuru iteye agahinda ko yarongowe n’undi.’
Umuhanzi w’icyamamare Zuch uturuka muri Wasafi Records, yasabye imbabazi nyuma y’uko yari yahagaritswe mu bikorwa byose by’ubuhanzi mu gihe cy’amezi atandatu kubera imyitwarire yagaragaje mu gitaramo aheruka gukorera muri Zanzibar kiswe ‘Fullmoon Kendwa Night’ ku itariki 24 Gashyantare 2024.
Mukabaranga Gerturde w’imyaka 59 wamenyekanye ahagana mu 1991 akiri mu mwuga w’ubuhanzi, ni we wahimbye indirimbo yitwa Urabeho uwo nkunda n’iyitwa ‘Igitaramo’ aho agira ati ‘Iki gitaramo cy’abakuru n’abato, twateraniye aha ngo twishimane...’, ariko iyi by’umwihariko yari igiye kumukoraho habura gato.