Ruhango: Abasaga 1500 bamaze kuvurwa muri Army week

Abarokotse jenoside yakorewe abatutsi bo mu Karere ka Ruhango bagifite ibikomere bya jenoside barishimira ubuvuzi bari guhabwa n’ingabo z’u Rwanda mu gikorwa cya army week, kuko indwara bari bamaranye imyaka 21 barimo kuzivurwa.

Kugeza ubu abasaga 1500 nibo bamaze kuvurwa n’inzobere z’abasirikare bo mu bitaro bya Kanombe, ubuvuzi buri gutangirwa ku bitaro bya Ruhango biri mu Murenge wa Kinazi no ku bitaro bya Gitwe, bakavuga ko banezerewe cyane bagashimira ingabo z’u Rwanda zababohoye none zikaba zinakomeje kubakiza ibikomere basigiwe.

Abarokotse jenoside bo mu Karere ka Ruhango bari kuvurwa indwara zinyuranye n'inzobere z'abasirikari.
Abarokotse jenoside bo mu Karere ka Ruhango bari kuvurwa indwara zinyuranye n’inzobere z’abasirikari.

Kabano Rashid ni umusaza w’imyaka 63 ufite ubumuga bw’ukuguru kumwe avuga ko yatewe na jenoside.

Agira ati “ubundi mbere nta muntu watinyukaga kwegera abasirikare, none dore aba bo baramanuka bakatwisangira iwacu mu byaro. Sinzi uko nabashimira, baratubohoje tumerewe nabi, dore barimo kutuvura, ubwo se wabanganya iki koko?”

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe imibereho myiza y’abaturage muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, Alvera Mukabaramba, ubwo yatangizaga iki gikorwa ku mugaragaro tariki ya 11/03/2015, yashimye ibikorwa by’ingabo kuva zabohora igihugu mu mwaka 1994.

Ati “namwe murebe, kuva babohora igihugu, ntibigeze bicara. Baratangiye bakora ibikorwa biteza imbere abaturage, nibo wasangaga bubaka amazu y’abarokotse jenoside, nibo batabara ahabaye Ibiza, ubwo murumva twabanganya iki koko?”

Abayobozi basobanurirwa ibikorwa muri Army week.
Abayobozi basobanurirwa ibikorwa muri Army week.

Uyu muyobozi yabwiye abitabiriye iki gikorwa gushishikariza na bagenzi babo kwitabira ubuvuzi bagewe n’ingabo z’u Rwanda k’ubufatanye n’ikigega gitera inkunga abarokotse jenoside batishoboye (FARG).

Lieutenant Colonel Frank Rwema, uhagarariye igikorwa cya Army week mu Karere ka Ruhango, avuga ko kuva batangira ubu buvuzi mu w’2012, hari abantu benshi bamaze gukira bafite ubuzima bwiza.

Avuga ko hano bagerageza kuvura abaturage indwara zitandukanye, abananiranye bakabaha gahunda yo kuzabasanga ku bitaro bya gisirikare b’iri i Kanombe.

Abaje kwivuza barasuzumwa indwara zitandukanye.
Abaje kwivuza barasuzumwa indwara zitandukanye.

Indwara zirimo kwibandaho ni iz’amaso, iz’amenyo, iz’umubiri, iz’uruhu, amagufa n’izindi.

Army week mu Karere ka Ruhango yatangiye ku wa 09/03/2015 ikazasozwa tariki ya 13/03/2015 nibura abasaga 2000 bamaze kuvurwa. Akarere ka Ruhango kabaye akarere ka 26 gakorewemo ubuvuzi muri Army week.

Abarokotse jenoside bitabiriye ubuvuzi bagenewe ku butanye n'ibitaro bya Kanombe na FARG.
Abarokotse jenoside bitabiriye ubuvuzi bagenewe ku butanye n’ibitaro bya Kanombe na FARG.
Abasaza n'abakecuru barashimira ingabo zabarokoye zikaba zirimo no kubavura.
Abasaza n’abakecuru barashimira ingabo zabarokoye zikaba zirimo no kubavura.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

ingabo zacu mukomere ku murimo maze twiyubakire igihugu buri wese afite ubuzima bwiza

gasaza yanditse ku itariki ya: 12-03-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka