Gakenke: Bagiye kurushaho gukumira ibihungabanya umutekano

Ubuyobozi bw’akarere ka Gakenke buratangaza ko bugiye kurushaho gukaza umutekano, kugira ngo hagize n’uwashaka kuwuhungabanya atazabona aho amenera.

Ibi babitangarije mu nama yaguye y’aka karere yari iyobowe n’umuyobozi w’akarere, Deogaratias Nzamwita, kuri uyu wa gatanu tariki 25/7/2014.

Umuyobozi w'Akarere ka Gakenke, Nzamwita Deogratias
Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke, Nzamwita Deogratias

Bimwe mu byagarutsweho harimo uko umutekano wifashe muri kano karere ka Gakenke, n’ingamba kw’ikumira no kurwanya inkongi z’umuriro zagiye zigaragara mu bice bitandukanye by’igihugu mu minsi yashize.

Mu bindi byagarutsweho ni uburyo ibikorwa by’uburembetsi bigomba gucika burundu n’ibindi birimo gushira mu bikorwa gahunda ya Minisitiri yo kurwanya icuruzwa ry’imiti itemewe.

Sibyo gusa kuko iyinama yaguye y’umutekano yanavuze kumyenda itarishurwa amashuri y’imyaka 12 y’amashuri y’ibanze n’abanze kwishyura za Sacco.

Ku byerekeye n’ibyaha byagaragaye mu Karere ka Gakenke muri uku kwezi gusoza, hagaragaye impfu eshatu n’impanuka eshanu n’ibindi byaha birimo nk’abantu bagerageje kwiyahura ariko kub wamahirwe bikaba byaragiye biburizwamo.

Uretse kuba iyinama yaguye y’umutekano y’akarere ka Gakenke yitabiriwe n’umuyobozi w’akarere, harimo kandi abayobozi yaba abingabo cyangwa polisi mu karere n’izindi nzego z’ubuyobozi yaba ku rwego rw’imirenge cyangwa n’akarere.

Abdul Tarib

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

nibyiza ko tumenya tukabishyira mumutwe ko umutekano ariryo shingiro ryubuzima rya buri munyarwanda , kandi kuba buri wese abyumva atyo ni intambwe ndende kandi igomba gusigasirwa , kandi umutekano dufite ubu tuwusigasiye byatugeza kure mu iterambere

karenzi yanditse ku itariki ya: 26-07-2014  →  Musubize

iyo umutekano wabuze ntamajyambere ashobora kugerwaho ariko ni byiza cyane abaturage nibifatira ingama zo kwicungira umutekano kandi nufite gahunda yo kuwuhungabanya bakamutanga hakiri kare maze ngo murebe ukuntu mu karere kanyu hazahora amata n’ubuki.

Samuel yanditse ku itariki ya: 26-07-2014  →  Musubize

umutekano nukazwe maze twime umwanya abashaka kutuzanamo amacakubir tubereke ko ibyo twabirenze

musine yanditse ku itariki ya: 26-07-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka