Afungiwe gusambanya inka y’umuturanyi

Umugabo witwa Twagirayezu Nepo wo mu Karere ka Rulindo yashyikirijwe polisi ashinjwa gusambanya inka y’umuturanyi yahawe muri “Gira inka.”

Uwo mugabo w’imyaka 27 wo mu Murenge wa Shyorongi, yashyikirijwe polisi kuri uyu wa kane tariki 21 Mata 2016.

Musengayire Violette umugore wa Nsaguriye Samuel ny’iri iyi nka yasambanyijwe, n’agahinda kenshi yavuze ko uwo Twagirayezu yabasambanyirije inka kandi nawe afite iye yahawe muri Gira inka.

Yagize ati “Natashye mvuye ku kazi aho nshururiza mu ma saa yine z’ijoro ryakeye, nsanga uwo mugabo w’umuturanyi Twagirayezu Nepo ari mu kiraro cy’inka yambaye ubusa, ambonye arikanga ahita afata ikabutura arayambara, ndebye nsanga ku gitsina cy’inka hariho amasohoro.”

Yavuze ko yahise yihutira kubibwira ubuyobozi kugirango iyo nka nigira ibibazo bazabimenye, iyo nka yabo ikaba inahaka. Yongeraho ko kandi uwo mugabo yemera ko yasambanyije iyo nka.

Ngo bakaba batewe impungenge n’uko iyo nka yahakaga ishobora kuzabyara ikintu kidasobanutse cyangwa ikaramburura.

Umuyobozi w’Umudugudu wa Karama, Uwizeyima Focas yavuze ko uwo mugabo yemera icyaha yakoze akanagisabira imbabazi. Ati “Turakeka ko yaba yabitewe n’uko yirukanye umugore we hakaba hashize amezi agera muri atanu umugore ntawe uri murugo.”

CIP Innocent Gasasira, umuvugizi wa Polisi w’agateganyo mu Ntara y’Amajyaruguru, yavuze ko gusambanya itungo bihanishwa ingingo y’186 yo mu gitabo cy’amategeko ahana y’uRwanda.

Iyo uwabikoze ahamwe n’icyaha, bingana n’igifungo kuva ku mezi atandatu kugeza ku myaka ibiri.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 38 )

Tumusengere yihane

leon yanditse ku itariki ya: 23-04-2016  →  Musubize

Tumusengere yihane

leon yanditse ku itariki ya: 23-04-2016  →  Musubize

Hello, Uwo MUGABO ibyo yakoze ni amahano,gusa police ikwiye kwodashisha abize ibibazo byindwara zo mu mutwe ( clinical psychology). Birahoboka ko afire ikibazo mu mutwe kuko nta muntu WO kwanduranya munyamanswa.

munyangeri elisa yanditse ku itariki ya: 23-04-2016  →  Musubize

Ahokumufunga iyo mumujya I Ndera bakareba ko hari icyo bamufasha
cg mukamushyira abakozi b’Imana bakamusengera kuko ndabona ari imyuka mibi

lily yanditse ku itariki ya: 23-04-2016  →  Musubize

uwo mugabo bamuroze. kuko hanze aha hari abakobwa, abagore bubatse nabatubatse bose baba bashaka abagabo.

Alias yanditse ku itariki ya: 23-04-2016  →  Musubize

abonibobazana ingwaraz,ibyorezo afungirwemukatoto atazaviorabagenzibe kdi,abagangabamupime ashoborakuba yasazentabwo umuntumuzima yakwirukana,umugore ngo,ahitemo kurongora inka!

Gasore Leonidas yanditse ku itariki ya: 23-04-2016  →  Musubize

Birababaje ubwoc yari yabuze n,umudamu koko?

Niyitegeka jean claude yanditse ku itariki ya: 23-04-2016  →  Musubize

MBEGA NIBURASE AYAJYA KUGURINDAYA ARIKO NTAFATE INKA AYAYA BIRAGOYE KUMVINKURUNKIYI MURWANDA NOHOREROBUNDI WASANGA UYUMUGABO YARI YASINZE WENDAHARI KUKO BIRAGOYE KUMVINKURU NKIYI KUMUNTU NGOYARYAMANYE NINKA WAPIKBS NANONE BANYIRINKA NIBAHUMURE NYACYO INKAYABO YABO UBUSE BARABONA IMBARAGA ZUMUNTU ZANGANA NIZINKA NTANAKIMWE IYONKA YABAKABIZA OH URUGENDORWIZA MURIPIRIZO NAVAYO AZAHITE ASHAKA UMUGORE NIYONAMAMUGIRIYE RWOSE ARIKO IYINI I NKURU ITEYE ISONI KUBAMUZI NOKURIWE RWOSE.

Nzayiramya tuyisenge yanditse ku itariki ya: 22-04-2016  →  Musubize

NIBYIZAKO UWOMUGABO NIBAYEMEYE ICYAHA YAGABANIRIZWA IGIFUNGO ARIKOKOKO BIRUMVIKANA YAKOZE AMAKOSA

Nzayiramya tuyisenge yanditse ku itariki ya: 22-04-2016  →  Musubize

Rwose nyirinka nahumure. Inka ye ntacyo izaba na kimwe kuko iyo mashini ye ni ngufi kuburyo itageraho byayitera kuramburura. Nize science ndabizi.

democrate yanditse ku itariki ya: 22-04-2016  →  Musubize

Nyagasani na dutabare nkabana babantu

dizzo yanditse ku itariki ya: 22-04-2016  →  Musubize

Nyagasani na dutabare nkabana babantu

dizzo yanditse ku itariki ya: 22-04-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka