Abapolisi bakuru 31 bo mu bihugu 10 bya Afurika biga iby’ubuyobozi mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) riri i Musanze, basoje urugendoshuri rw’icyumweru bagiriraga mu gihugu cya Etiyopiya.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yageze mu gihugu cya Tchad kuri uyu wa Mbere, tariki 13 Kamena 2016, kuvuga ku myiteguro y’inama ya 27 ya Afurika Yunze Ubumwe (AU) izateranira i Kigali mu kwezi kwa Nyakanga.
U Rwanda rwungutse ibindi bigega bya sosiyete icuruza ibikomoka kuri peteroli SP, bifite ubushobozi bwo kubika litiro miliyoni 22 zafasha igihugu mu mezi atatu.
Imodoka y’ikamyo yamanukaga iturutse i Nyanza ya Kicukiro yabuze feri imanuka, ihitana ibyo ihuye na byo byose, itangirwa n’amabisi abiri manini atwara abagenzi.
Reverend. Pasteur Ntavuka yakoreye igiterane cy’ivugabutumwa mu Mujyi wa Plymouth mu Bwongereza, kitabirwa mu buryo butari busanzwe bumenyerewe muri iki gihugu.
Abanyeshuri babiri bo muri Leta ya Colorado, muri Leta zunze Ubumwe za Amerika bakoze indege itagira umupilote “Drone” izunganira abacunga umutekano muri Pariki y’Akagera.
Polisi y’u Rwanda irasaba abikorera kwirinda ruswa n’ibyaha bifitanye isano na yo, kandi bakagira uruhare mu kubirwanya.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Congo Brazzaville, Habyarimana Jean Baptiste, yabwiye amahanga ko ubumwe n’ubwiyunge ari bwo butuma u Rwanda rutera imbere nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Radio Mpuzamahanga y’Ubudage “Deutsche Welle” yigeze gukomera cyane mu Karere ka Afurika, yafunze ibikorwa byayo mu Rwanda ndetse isubiza u Rwanda ubutaka yari imazemo imyaka 53.
Ibitaro by’ingabo z’u Rwanda muri Centre Africa byakoze igikorwa cyo kwegereza ubuvuzi abaturage badaturiye amavuriro, bibavurira ubuntu mu gihe cy’icyumweru.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 28 Gicurasi 2016, abaturarwanda bose bazindukiye mu gikorwa cy’Umuganda ngarukakwezi, cyakorewe mu gihugu hose.
Kaminuza ya Wharton yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasinyanye na Leta y’u Rwanda amasezerano ayemerera gukorera mu Rwanda ibikorwa bifasha abaturage.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB) gitangaza ko inkunga kimaze igihe kigenera imiryango itegamiye kuri leta, yayikoresheje mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.
Perezida Kagame atangaza ko biteye isoni kuba muri Afurika nta mashanyarazi ahagije ahari n’ubukungu bw’umutungo kamere ifite bwayigeza ku nganda zikomeye.
Impuguke mu by’imirire Dynaparm batangaza ko mu gihe umuntu yateguye neza amafunguro, ibiryo byamurinda indwara kandi bikanamubera umuti.
Madame Jeannette Kagame yahawe igihembo n’umuryango Team Heart, kubera uruhare rwe mu bikorwa bya kimuntu.
Perezida kagame uri mu ruzinduko rwo kwegera abaturage mu Karere ka Karongi, avuga ko iyi gahunda ituma bagirana ibiganiro bibafasha guhindura imyumvire.
Perezida Kagame yabwiye abavuga rikijyana bo mu Ntara y’Iburengerazuba ko bagomba kwibuka ko iterambere rigomba guturuka mu musaruro w’ibyavuye mu maboko yabo.
Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro icyiciro cya mbere cy’umushinga wa Kivu Watta, giherereye mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi.
Sosiyete yo mu Rwanda MobiCash yagiranye amasezerano y’imikoranire mu kugeza uburyo bw’ihererekanyaafanga kuri telefone muri Afurika y’Epfo, biturutse ku Nama ya World Economic Forum yateraniraga i Kigali.
Abasirikare, abapolisi n’abasivili bavuye mu ngabo ziteguye gutabara z’agace ka Afurika y’Iburasirazuba (EASF), bavuga ko gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi, bibahaye uburyo bwo kubungabunga amahoro.
Madame Jeannette Kagame atangaza ko bidasobanutse kuba mu muvuduko isi iri kugenderaho hari indwara zigihitana ubuzima bwa benshi zitaracibwa burundu.
Perezida Kagame atangaza ko Afurika ifite byinshi biyidindiza mu iterambere ariko bimwe ari Abanyafurika bagiramo uruhare, abishingiye ku buhahirane hagati y’ibihugu bukiri bucye.
Imwe mu ntare ziherutse kugezwa muri Pariki y’Akagera yabyaye ibibwana bitatu, bifatwa nk’amateka yaherukaga mu imyaka 20, kuko intare zari zaracitse mu Rwanda.
Bamwe mu baturage batuye mu Murenge wa Ruhashya muri Huye bemeye kurangiza imanza z’imitungo yangijwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu bwumvikanye.
Abifuza n’abakeneye interineti yihuta ntibakagombye kuyibura cyangwa ngo bahendwe.
Ba Rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda bakiri bato bashyiriweho uburyo bwo kumenyekanisha imishinga n’ibikorwa byabo ku rwego mpuzamahanga binyuze mu guhura n’abashyitsi bazitabira inama mpuzamahanga ku bukungu “World Economic Forum on Africa”.
Imvura yaraye iguye mu Karere ka Gakenke, mu ijoro rishyira kuri iki Cyumweru tariki 8 Gicurasi 2016, yateje ugutenguka kw’inkangu zagushije amazu, abagera kuri 23 bakaba bamaze gupfa kandi hari impungenge ko umubare w’abapfuye ushobora kwiyongera.