Bamwe mu batuye i Kirehe bavuga ko kuba hari abitanze bakabohora igihugu bibabera urugero rwiza rwo gutoza abana gukunda igihugu no kubaha umurage w’ubutwari.
Nkuranga Egide, Visi Perezida wa Ibuka, yasabye Mgr Antoine Kambanda, Umushumba wa Diyosezi ya Kibungo kumubariza Papa niba umupadiri wahamijwe icyaha agakatirwa yasoma Misa.
Hon. Mukabarisa Donatille, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko/Umutwe w’Abadepite, arasaba urubyiruko kwanga uburozi bahabwa na bamwe mu babyeyi babaswe n’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Ingengo y’imari y’Akarere ka Kirehe 2016-2017 ngo izibanda ku bikorwa remezo, cyane cyane imihanda n’imiyoboro y’amazi kuko byo byonyine byiharira hafi 1/5 cyayo.
Ingabo z’Igihugu zikorera mu Karere ka Kirehe zashyikirije inzu zubakiye umupfakazi wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bunamuremera inka.
Abanyamuryango b’Umuryango FPR-Inkotanyi bo mu Karere ka Kirehe, bavuga ko ibyo umuryango wagezeho muri uyu mwaka babikesha ingufu zongewe mu bukangurambaga.
Umugore witwa Ntakobatagize Violette w’imyaka 27 w’i Cyanya mu Murenge wa Kigarama i Kirehe arashinjwa gufatanya n’umuturanyi bakica umugabo we bakamutaba mu nzu.
Umukobwa w’imyaka 18 usanzwe ukora akazi ko mu rugo, yabyaye umwana w’umuhungu, avukana imitwe ibiri ku mugoroba wa tariki 22 Kamena 2016, nyuma y’iminota mike uwo mwana ahita apfa.
Impunzi z’Abarundi ziri mu Nkambi ya Mahama ngo ntizitewe ipfunwe no kwitwa impunzi kuko ngo n’umwana w’Imana yahunze ashaka umutekano, bakemeza ko umutekano bahunze bashaka bawufite.
Kayisire Jean de Dieu, umwana w’imyaka 16 watanze ubuhamya mu munsi w’Umwana w’Umunyafurika mu rwego rw’Akarere ka Kirehe, tariki 16 Kamena 2016, yavuze ko yatotejwe n’ababyeyi be, agera aho abatoroka ajya kuba mu muhanda.
Umuryango w’Abafatanyabikorwa mu by’Ubuzima (Partners In Health) uratangaza ko gukora inkera y’imihigo mu rwego rw’ubuvuzi biruteza imbere kuko habaho kwisuzuma no guhiganwa.
Umugabo witwa Numviyumukiza Emmanuel w’i Kirehe, yatawe muri yombi ashinjwa urupfu rw’umugabo witwa Dukuzumuremyi JMV barwanye agapfa nyuma y’iminsi ibiri.
Muri Shampiyona y’icyiciro cya kabiri, mu mukino wahuje Kirehe FC na Etoile de l’Est ku wa14 Kamena 2016, warangiye Kirehe FC itsinze1-0, ivana Etoile de l’Est ku mwanya wa mbere.
Abaturage bo mu Murenge wa Gahara i Kirehe bavuga ko batangiye gutera imbere nyuma yo kwiyemeza guca ukubiri n’amakimbirane mu miryango.
Abasore n’inkumi basaga 200 muri Kirehe bitabiriye ibizamini byo kwinjira muri Polisi y’u Rwanda, bemeza ko bizabafasha gutanga umusanzu wo kurinda igihugu.
Umuryango utuye mu Kagari ka Gasarabwayi mu Murenge wa Musaza mu Karere ka Kirehe uratabaza abagiraneza kuwuha ubufasha bwo kuvuza umwana wabo umaranye imyaka 16 uburwayi budasanzwe bwo kubyimba umunwa n’ururimi.
Abanyeshuri bo mu Ishuri rya GS Rugoma basaba ko habaho uburyo bwo kurwanya ingengabitekerezo batozwa n’ababyeyi ku ishyiga.
Umwaka urashize abakozi b’Ibitaro bya Kirehe batanze inkunga y’imifuka 58 ya sima yo kubakira imiryango ibiri y’abarokotse Jenoside batishoboye, ariko iracyabitse mu bitaro.
Urubyiruko rukomeje gukangurirwa kwirinda SIDA no kurwanya ibiyobyabwenge binyuze mu irushanwa ryo gusiganwa ku magare aho urubyiruko rwitabiriye iryo siganwa ku bwinshi.
Ibimenyetso biranga ubwicanyi ndengakamere bwakorewe inzirakarengane z’Abatutsi i Nyarubuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bikomeje kubera isomo abahasura urwibutso.
Nzayisenga Judith utuye mu Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe, afunzwe akurikiranyweho kwica umwana we kuko uwo bamubyaranye yamwihakanye.
Bamwe mu bamugaye imibereho yabo iradindira kuko batitabwaho, nk’uko bikwiye bitewe n’ubushobozi bucye bw’ababyeyi bagafatwa nk’aho ari ikibazo mu muryango.
Abakozi batanu b’ibitaro bya Kirehe bari mu maboko ya Polisi bakekwaho uruhare mu inyerezwa ry’umutungo w’ibi bitaro byavugwagamo imicungire y’imari idahwitse.
Umusaza witwa Gakezi Léodomir w’imyaka 86 wo mu Kagari ka Rugoma mu Murenge wa Nasho i Kirehe yiyahuye biteza urujijo umuryango we n’abaturanyi kuko batabona impamvu yabimuteye.
Mu kubahiriza amabwiriza y’igihugu ajyanye n’imicungire mishya y’amazi yo mu bishanga, Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe na RAB basinyanye amasezerano n’abahagarariye abakoresha amazi mu buhinzi.
Mu gusoza icyumweru cyahariwe gahunda ya “Girinka “ mu Karere ka Kirehe, abituye b’abituwe barashimira Perezida Kagame wabateje imbere binyuze muri “Girinka Munyarwanda”.
Munyabugingi Slyvestre w’imyaka 42 wo mu Kagari ka Cyanya mu Murenge wa Kigarama i Kirehe, bamusanze munsi y’imanga ku wa 04 Gicurasi 2015 yapfuye.
Mu gihe mu nkambi y’abarundi ya Mahama hakomeje kugaragara umubare munini w’urubyiruko rutwita inda zidateguwe, hashinzwe ikigo kizigisha ubuzima bw’imyororokere ku ngimbi n’abangavu.
Mutimura Dieudonné w’imyaka 13 wo mu Murenge wa Rukira mu Karere ka Ngoma yaguye mu kizenga cy’amazi mu gishanga kigabanya Akarere ka Ngoma na Kirehe basanga yapfuye.
Rwabuhihi Pascal, Uumunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musaza ni we wahize abandi mu bakozi basaga 250 b’Akarere ka Kirehe ahabwa ishimwe.