Mu Karere ka Musanze ntibarafata umwanzuro ku kibazo cy’imibiri isaga 800 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ikomeje kwangizwa n’amazi mu rwibutso rwa Muhoza.
Umwana w’imyaka 13 yavunitse akina na bagenzi be bimuviramo indwara ya Kanseri yamuteye ikibyimba cyananiranye kukivura kandi n’umuryango we ntiwishoboye.
Uwitwa Niyonteze Felix afungiwe kuri sitasiyo ya Bukure mu Karere ka Gicumbi, akurikiranyweho gutera icyuma umumotari wari umutwaye, ariko akaza gufatwa n’abaturage.
Ingabo, abapolisi n’abasivile 36 basoje amahugurwa yo kurinda abasivile mu gihe cy’intambara, akazabafasha kwigisha abajya mu butumwa bw’amahoro mu bihugu biberamo intambara.
Ikamyo yazamukaga umusozi wa Buranga uherereye mu Karere ka Gakenke yacitse imbaraga isubira inyuma yitura hasi ihita ifunga umuhanda.
Akimanizanye Bernadette yafatiye umugabo we mu buriri bwabo asambaniramo n’undi mugore aramubabarira, none urugo rwabo ni intangarugero mu mudugudu.
Umuhire Catheline wo mu Karere ka Musanze yatangiye umwuga wo gucura ibyuma akabibyazamo za “bande feri” zituma imodoka ifata feri.
Abatuye mu mirenge inyuranye igize Akarere ka Gakenke barishimira ibitaro by’icyitegererezo bari kubakirwa, bakavuga ko bagiye gutura umutwaro wari ubaremereye nabi w’ibirometero bisaga 60 bakoraga bajya kwivuriza i Nemba.
Mu rukerera rwo ku wa 13 Gashyantare 2018, ingabo za Congo, FARDC, zagabye igitero ku Ngabo za RDF zifite ibirindiro mu Kagali ka Mugali, Umurenge wa Shingiro, Umudugudu wa Terambere wo mu Karere ka Musanze.
Abana 71 biga mu Rwunge rw’amashuri rwa Muko mu Karere ka Musanze, baguwe nabi n’ifunguro rya saa sita fatiye ku ishuri kuri uyu wa Gatatu tariki ya 14 Gashyantare 2018.
Harerimana Fatou, Visi Perezida w’inteko ishinga amategeko umutwe wa Sena, arasaba abagore kudakoresha uburenganiza bwabo mu guhohotera abagabo.
Mugwaneza Arthur ni umwe mu bahamya ko umwana wananiranye ashobora kwisubiraho agasubiza ubuzima bwe ku murongo kugeza n’aho atsinda neza.
Nikubwayo Yves na bagenzi be mu gihe kiri imbere baraba binjiza amamiriyoni babikesha uruganda rukora amavuta n’umutobe batangije.
Abana bari kumwe n’ababyeyi babo bafungiye muri Gereza ya Musanze bakorewe ibirori bya Noheli banemererwa amata ahoraho azabafasha kurwanya imirire mibi.
Musenyeri Servilien Nzakamwita, umushumba wa Diyosezi ya Byumba yemeza kuba inda z’imburagihe zikomeje kwiyongera mu bangavu ziterwa no kuba abana basigaye baregerejwe udukingirizo.
Nyirazamani Louise ahangayikishijwe n’ubushobozi buke bwo kurera abana batatu yabyaye, kuko Leta yamushyize no mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe.
Muri raporo ya Minisiteri y’ibikorwaremezo mu mezi atatu shize abaturage 162 bapfuye bazize impanuka,inyinshi murizo ni iziterwa n’uburangare bw’abatwara ibinyabiziga bakoresha terefone n’ibindi.
Shirimpumu Jean Claude uhagarariye aborozi b’ingurube ku rwego rw’igihugu, yafashe icyemezo asezera ku kazi ka Leta ayoboka ubworozi bw’ingurube.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi JMV yafashe icyemezo cyo gufunga ibagiro rivamo inyama zikoreshwa mu mujyi wa Musanze n’ahandi nyuma yo gusanga ririmo umwanda.
Abanyeshuri bo mu kigo cy’amashuri cya Ruhehe kiri mu Karere ka Musanze ntibazongera kwiga bacucitse mu ishuri kuko bubakiwe ibyumba by’amashuri bishya.
Ibihugu bya Afurika bifite ingabo na Polisi mu butumwa bw’amahoro, bikomeje gushakira hamwe uburyo havugururwa imikorere yo kurinda abasivili bakunze kwibasirwa n’intambara.
Mu myaka iri imbere abatuye mu Ntara y’Amajyaruguru ntibazongera kugira ikibazo cya sima kuko muri ako gace hagiye kubakwa uruganda ruyikora.
Buri wa gatanu wa buri cyumweru mu masaha ya nyuma ya saa sita abatuye intara y’amajyaruguru bazajya bajya muri siporo mu rwego rwo kurinda ubuzima bwabo.
Bamwe mu bakora ubucuruzi buciriritse mu Ntara y’Amajyaruguru bavuga ko batizigama, kuko batizera ko ibigo by’imari byabaguriza kubera ubuke bw’amafaranga bakorera.
Kwizera Theogene, umunyeshuri wigaga mu wa gatatu w’amashuri yisumbuye yarohamye mu rugomero rw’amazi rwa Nyamugari muri Kirehe ahita apfa.
Abakinnyi bagera muri 20 ba Kirehe FC bamaze kwerekeza mu miryango yabo, baravuga ko bambuwe n’ubuyobozi bw’ikipe, ubuyobozi bwo bukemeza ko nta kibazo bufitanye n’abakinnyi ahubwo ko bagiye kugura ibikoresho.
Ntakagero Omar umutoza mushya wa Kirehe FC, arizeza abayobozi n’abatuye i Kirehe kugera ku ntego yasinyiye yo kugeza Kirehe mu makipe umunani ya mbere muri Shampiyona 2017/2018.
Abaturage bo mu Murenge wa Nasho muri Kirehe bahamya ko nyuma y’imyaka ibiri bimuriwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Gicaca ubuzima bwabo bwahindutse.
Uruhinja rwo muri Kirehe rwakuwe mu musarani wa metero umunani ari ruzima, nyuma yo gutabwamo na nyina wari umaze kurubyara, rwiswe izina.
Umwana w’uruhinja wo mu Karere ka Kirehe uherutse gutabwa mu musarani wa metero umunani agakurwamo ari muzima yabonye abakomeza kwita ku buzima bwe.