Gisagara: Bifuza ko hakongerwa abasobanukiwe iby’ubuzima bwo mu mutwe

Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’abagore mu Karere ka Gisagara, Françoise Uwizeyimana, avuga ko basanze byaba byiza hagiyeho ibiganiro byihariye ku barokotse Jenoside, by’umwihariko intwaza, kubera ko abo babana buri munsi batazi uko bakwiye kubyitwaramo bikwiye, bityo hakaba hakenewe ko abasobanukiwe iby’ubuzima bwo mu mutwe bakongerwa.

Bibutse abagore n'abana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
Bibutse abagore n’abana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi

Yagaragaje iki cyifuzo ubwo tariki 9 Gicurasi 2025 mu Karere ka Gisagara, bibukaga abagore n’abana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Iyo tubasuye aho batuye hatandukanye usanga bafite agahinda gakabije. Urabona twebwe Jenoside yabaye turi abana. Rimwe na rimwe iyo bakubwiye ubuzima banyuzemo, ihohoterwa bagiye bakorerwa, usanga twebwe tudashoboye no kubyakira, cyangwa rimwe na rimwe ntibanashake kubitubwira kuko babona nta bumenyi budasanzwe tubifiteho.”

Yunzemo ati “Usanga akenshi tubaganiriza impore, ihangane, ariko ukabona yuko hakenewe abantu bafite ubunararibonye ku buzima bwo mu mutwe, kugira ngo babaganirize ka gahinda gakabije bafite bagakire, babifashijwe n’abantu babizi neza.”

Jérôme Mbonirema, umuyobozi wa IBUKA mu Karere ka Gisagara, avuga ko iki cyifuzo bazagikorera ubuvugizi.

Yagize ati “Turashaka gukora ubuvugizi kugira ngo hazongerwe abasobanukiwe n’ubuzima bwo mu mutwe. Hari umukozi ubishinzwe mu Karere ariko tuzakomeza dukore ubuvugizi haboneke n’abandi bamufasha.”

Yongeyeho ariko ko bikwiye ko abarokotse Jenoside barushaho kwegerwa n’abaturanyi, cyane cyane abadafite abo bari kumwe, cyane mu bihe by’iminsi 100 yo kwibuka.

Ati “Uretse n’icyo ariko (cyo gushakirwa impuguke mu buzima bwo mu mutwe), uwarokotse Jenoside icyo aba akeneye ni umuba hafi, ni umushakira icyo adafite, ni umutera inkunga.”

Kwibuka abagore n'abana i Gisagara byajyaniranye no gushyingura mu cyubahiro imibiri yakuwe i Nyange mu Murenge wa Kansi
Kwibuka abagore n’abana i Gisagara byajyaniranye no gushyingura mu cyubahiro imibiri yakuwe i Nyange mu Murenge wa Kansi

Kwibuka abagore n’abana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, byabereye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kabuye, ahashyinguye imibiri irenga 47,720.

Abagore bahagarariye abandi mu nama y'Igihugu y'abagore no mu rugaga rw'abagore rushamikiye kuri FPR kandi baremeye umubyeyi w'imyaka 73 warokotse Jenoside
Abagore bahagarariye abandi mu nama y’Igihugu y’abagore no mu rugaga rw’abagore rushamikiye kuri FPR kandi baremeye umubyeyi w’imyaka 73 warokotse Jenoside
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka