Abavuzi gakondo basanga kwibuka bitagahariwe abacikacumu gusa

Abagize ishyirahamwe Nyarwanda ry’abavuzi gakondo bahuriye mu ishyirahamwe AGA Rwanda Network bavuga ko buri Munyarwanda wese afite uruhare mu gikorwa cyo kwibuka.

AGA Rwanda bunamira inzirakarengane
AGA Rwanda bunamira inzirakarengane

Umuyobozi wa AGA Rwanda Network, Emmanuel Rekeraho, avuga ko gufata inshingano kuri buri Munyarwanda mu gihe cy’icyunamo ari inzira yo gukumira amacakubiri ashobora kubavukamo.

Ati: “Igikorwa cyo kwibuka ntigikwiye guharirwa abacikacumu gusa ahubwo ni igikorwa kireba buri Munyarwanda wese. Ndabakangurira kwirinda icyo ari cyo cyose cyabakururamo amacakubiri cyangwa se ingengabitekerezo ya Jenoside”.

Abgize iri shyirahamwe baturutse mu mpande zose z’igihugu bakusanyije inkunga bageneye bamwe mu bacikacumu. Iyo nkunga bayitanze ku mugore utuye mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Nyamirambo, aho banakoreye ijoro ryo kwibuka tariki 07/04/2012.

Abanyamuryango ba AGA Rwanda Network ku rwibutso rwa Gisozi
Abanyamuryango ba AGA Rwanda Network ku rwibutso rwa Gisozi

Aba banyamuryango baturutse muri buri gice k’igihugu bigabanyijemo amatsinda yo gusura urwibutso rwa Jenoside mu rwego rwo kunamira inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Emmanuel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka