Perezida w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, Munyantwari Alphonse yavuze ko impamvu ikipe ya Rayon Sports y’abagore itatahanye igikombe cy’Amahoro 2024 yatwaye ari uko hari buro yafungutse.
Ikipe ya Police FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2023-2024 itsinze Bugesera FC ibitego 2-1 mu mukino wa nyuma wabereye kuri Kigali Pelé Stadium ku wa 1 Gicurasi 2024.
Ikipe ya Basketball yo mu gihugu cya Saudi Arabia yitwa ‘Al Nassr BBC’ , yamaze kwandikira umukinnyi w’umunyarwanda witwa Kamanzi Olivier ukinira Orion BBC imusaba ko yayibera umukinnyi.
Mu ijoro ryo ku wa 29 Mata 2024, ikipe ya Bayern Munich yanganyije na Real Madrid ibitego 2-2 mu mukino ubanza wa 1/2 wabereye Allianz Arena mu Budage.
Kuri uyu wa Kabiri ikipe ya Rayon Sports yegukanye igikombe cy’Amahoro 2023-2024 mu cyiciro cy’abagore itsinze Indahangarwa WFC 4-0, naho mu bagabo iba iya gatatu itsinze Gasogi United 1-0.
Mu ijoro ryacyeye ikipe ya APR Basketball Club yahagurutse i Kigali yerekeza i Dakar mu gihugu cya Senegal aho igiye kwitabira imikino ya Basketball Africa League (BAL) irimo gukinwa ku nshuro ya 4.
Mu gihe u Rwanda n’Abanyarwanda bakiri mu minsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, amakipe ya Kepler yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Kigali ruri ku Gisozi ndetse n’ingoro y’amateka yo guhagarika Jenoside.
Mu mpera z’iki cyumweru,tariki 28 Mata 2024, hakinwaga umunsi wa munani muri shampiyona, ikipe ya Police HC itsinda ikipe ya APR HC ibitego 26- 17, bituma isoza imikino ibanza ya shampiyona iyoboye urutonde ndetse nta mukino itsinzwe.
Umurundikazi ukinira ikipe ya REG Women Basketball, Uwitonze Nandy Linda, avuga ko afite inzozi zo gukinira ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, gusa akaba afite imbogamizi z’uko atarahabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda.
Ntakirutimana Isaac, umwe mu bafana bakomeye ba Rayon Sports wamenyekanye cyane ku izina rya Sarpong, avuga ko nyuma yo gutera umugongo ikipe yari yarihebeye ya Rayon Sports akajya muri APR FC, yirukanywe mu nzu yakodeshaga.
Ku wa Gatandatu tariki 27 Mata 2024, Umunya-Misiri ukinira Liverpool, Mohamed Salah, yagaragaye mu mashusho atumvikana n’umutoza we Jürgen Klopp bateranaga amagambo, uyu musore anavuga ko agize icyo avuga umuriro wakwaka.
Ikipe ya Bugesera FC irwana no kutamanuka yatsinze Police FC ibitego 2-1, biyongerera amahirwe yo kutamanuka mu cyiciro cya kabiri.
Ku wa Kane tariki 25 Mata 2024, ikipe y’umupira w’amaguru ya Diviziyo ya gatanu y’Ingabo z’u Rwanda (RDF) yatsindiwe muri Tanzania na Brigade ya 202 y’ingabo z’iki gihugu (TPDF) igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wa gicuti.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Mata mu gihugu cy’u Busuwisi habereye tombora y’ijonjora ry’ibanze yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cy’Abagore kizaba mu 2026, u Rwanda rwisanga mu itsinda rimwe n’igihugu cya Argentina.
Umuryango Carlos Takam Foundation wasinyanye amasezerano y’imyaka itatu n’ishyirahamwe ry’umukino w’iteramakofe mu Rwanda aho arimo gutangiza ishuri no gutegura amarushanwa mpuzamahanga
Kuri uyu wa gatatu nibwo ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’umukino wa cricket mu Rwanda, ryerekanye ndetse rinatangaza ku mugaragaro umutoza mushya w’ikipe z’Igihugu z’abagabo.
Gakumba Patrick uzwi nka ‘Super Manager’, yagizwe ushinzwe kwamamaza ibikorwa ‘Brand Ambassador’ w’inyubako ikorerwamo siporo ya KT Fitness Gym, ikorera i Remera ku Gisimenti mu Mujyi wa Kigali.
Mu irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika mu mukino wa volleyball ‘Cavb Club Championship 2024’ ryabera mu gihugu cya Misiri, ikipe ya Police Volleyball Club yo mu Rwanda, yegukanye umwanya wa 6 ku nshuro ya mbere yari yitabiriye.
Ikipe ya Bugesera FC itsinze Rayon Sports igitego 1-0 , yerekeza ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro ku giteranyo cy’ibitego 2-0.
Kuri uyu wa Kabiri ikipe ya Police FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2024 nyuma yo gutsinda Gasogi United kuri penaliti 4-3.
Umutoza wa Rayon Sports ukomoka mu gihugu cy’u Bufaransa, Julien Mette, yavuze ko ashingiye ku bakinnyi ikipe ifite, badafite ubunararibonye mu gukina agahamya ko bafite byinshi byo kwiga usibye Kapiteni Kevin Muhire.
Mu marushanwa Umurenge Kagame Cup 2024 amaze amezi ane akinwa mu mupira w’amaguru, umukino wa nyuma uzahuza ikipe y’Umurenge wa Kimonyi ihagarariye Akarere ka Musanze n’Intara y’Amajyaruguru, n’ikipe y’Umurenge wa Rubengera ihagarariye Akarere ka Karongi n’Intara y’Iburengerazuba.
Ishuri ry’umupira w’amaguru rya Dream Team Football, ku bufatanye na Pro Football Impact Management Company, bateguye igikorwa kizatoranyirizwamo abafite impano mu mupira w’amaguru, zizoherezwa ku mugabane w’i Burayi.
Ikipe ya Rayon Sports FC yatsinze Bugesera FC 2-1, ishimangira inzira yo ku manuka kwa Bugesera FC mu cyiciro cya kabiri.
Ikipe ya Polisi y’u Rwanda mu mukino wa Volleyball, Police VC, yamaze kugera muri 1/4 mu mikino y’igikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo (CAVB Club Championship 2024) nyuma yo gutsinda ikipe ya Widad Athletic Tlemcen (WA Tlemcen) VC yo mu gihugu cya Algeria.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Mata 2024, ikipe ya APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda 2023-2024 itsinze Kiyovu Sports igitego 1-0, kikaba icya gatanu itwaye yikurikiranya.
Mu mpera z’iki cyumweru ubwo hazaba hakinwa irushanwa ryo kwibuka abakinnyi bahoze bakina Basketball muri Shampiyona y’u Rwanda, bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abakinnyi basaga 34 ni bo bazibukwa.
Mu ijoro ku wa 17 Mata 2024 hakinwe imikino ibiri yo kwishyura muri 1/4 cya UEFA Champions League yasize Bayern Munich na Real Madrid zigeze muri 1/2.
Ikipe ya Rayon Sports yatsindiwe na Bugesera FC igitego 1-0 kuri Kigali Pelé Stadium, mu mukino ubanza w’Igikombe cy’Amahoro 2023-2024.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Mata 2024, nibwo ikipe y’Ingabo z’Igihugu cy’u mu mukino wa Handball (APR HC), yahagurutse ku kibuga cy’indege i Kanombe , yerekeje mu gihugu cya Algeria ahazebera imikino izahuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo (Cup Winners Cup).