Ku wa Gatanu tariki 5 Mutarama 2023, ikipe ya APR FC yakinnye umukino wa gatatu mu itsinda ry’irushanwa rya Mapinduzi Cup ririmo kubera muri Zanzibar, isoza ku mwanya gatatu uyigeza muri ¼.
Kuri uyu wa Kane tariki 4 Mutarama 2023, kuri FERWAFA habereye tombola y’uko amakipe azakina muri 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro 2023-2024, yasize APR FC igomba guhura na AS Kigali.
Umukinnyi Kakule Mugheni Fabrice ukina hagati mu kibuga wari umaze amezi atandatu gusa mu Ikipe ya Musanze FC, yamaze gusezererwa atarangije amasezerano ye
Ku wa Gatatu tariki 3 Mutarama 2024, ikipe ya Kiyovu Sports yarimo abakinnyi bane basanzwe mu ikipe ya mbere, yasubukuye imyitozo yitegura imikino yo kwishyura ya shampiyona.
Mu irushanwa rya Mapinduzi Cup 2024 rikomeje kubera mu gihugu cya Zanzibar, ikipe yo mu Rwanda ya APR FC yatsinze iya JKU SC yo mu gihugu cya Tanzania ibitego 3-1, yiyongerera amahirwe yo gukomeza mu cyiciro gikurikira.
Ku wa Gatandatu tariki ya 30 Ukuboza 2023, nibwo hasojwe shampiyona y’abakozi aho ikigo cy’igihugu gishinzwe abinjira n’abasohoka (Immigration) cyihariye ibikombe mu byiciro bitandukanye.
Mu ijoro ryo ku wa 29 Ukuboza 2023 nibwo hasojwe muri rusange imikino 19 y’igice kibanza cya shampiyona y’u Bwongereza 2023-2024 aho Liverpool yagisoje ifite umwanya wa mbere n’amanota 42.
Rutahizamu ukomoka muri Ghana wakiniraga Musanze FC Peter Agbrevor yasinyiye ikipe ya Police FC nk’umukinnyi wayo mushya.
Mu gihe Ikipe ya Kiyovu Sports ivugwamo ibibazo by’amikoro macye, kapiteni wayo wungirije, Mugiraneza Froduard, avuga ko nk’abakinnyi bari kwihangana kuko hari ibihe ugeramo bikagusaba kwakira ibihari.
Umutoza Guy Bukasa watoje amakipe arimo Rayon Sports, yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali.
Umwaka wa 2023, amakipe nka APR FC na Rayon Sports ntizitwaye neza ku rwego mpuzamahanga,mu gihe Amavubi yongeye kwiyunga n’abafana
Umunya-Nigeria ukina hagati mu kibuga Rafael Osaluwe uri mu ntizanyo muri AS Kigali arifuza gusubira muri Rayon Sports muri Mutarama 2024.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 22 Ukuboza 2023 ni bwo umukinnyi wa Paris Saint-Germain Warren Zaïre-Emery yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri
Mu ijoro ryo ku wa 20 Ukuboza 2023, ikipe ya Mouloudia El Bayadh yo muri Algeria yakoze impanuka ubwo yajyaga gukina umukino wa shampiyona, abantu batatu bahasiga ubuzima.
Ku wa Gatatu tariki 20 Ukuboza 2023, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwavuze ku mikoranire yabwo n’amakipe atandukanye ufasha, bushimangira ko uko ubushobozi (amafaranga) bushyirwamo buzamuka ariko n’umusaruro wakazamutse.
Umukinnyi ukiri muto wa Paris Saint-Germain Warren Zaïre-Emery yageze mu Rwanda aho aje muri gahunda ya Visit Rwanda.
Umutoza w’ikipe ya Musanze FC, Habimana Sosthène na kapiteni wayo Ntijyinama Patrick, bavuga ko bakabaye bararangije imikino ibanza ya shampiyona ari aba mbere, gusa ko nanone bishimira ibyo bakoze.
Abacukuzi b’amabuye y’agaciro bakorera mu Karere ka Muhanga, baratangaza ko bagiye gutangira gutera inkunga ikipe ya AS Muhanga yamanutse ikajya mu cyiciro cya kabiri.
Muri tombola y’uko amakipe azahura muri 1/8 cy’imikino ya UEFA Champipns League, ikipe ya Arsenal itaherukaga kugera muri iki cyiciro izahura na FC Porto yo muri Portugal
Mu mpera z’iki Cyumweru, hakinwe umunsi wa 17 wa shampiyona y’u Bwongereza aho Liverpool yanganyije na Manchester United mu mukino wari uhanzwe amaso.
Myugariro wa Arsenal Jurriën Timber uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu muri gahunda ya Visit Rwanda, yasobanuriwe amateka y’u Rwanda anasura bimwe mu bikorwa bya Siporo
Umunyezamu Adolphe Hakizimana wakiniraga ikipe ya Rayon Sports, muri uku kwezi k’Ukuboza 2023 yarangije amasezerano yari afitanye na yo.
Myugariro w’imyaka 22 Jurriën Timber ukomoka mu gihugu cy’u Buholandi, ari mu Rwanda aho yaje muri gahunda ya Visit Rwanda.
Kugira ibikombe byinshi no gukundwa mu Rwanda biri mu byahesheje ikipe ya APR FC kujya mu makipe 80 yatangije Ishyirahamwe ry’Amakipe (Clubs) muri Afurika(ACA) ku wa 30 Ugushyingo 2023 ku mugaragaro, uyu muhango ukaba warabereye mu gihugu cya Misiri.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Ukuboza 2023, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryatangaje ingengabihe y’imikino yo kwishyura ya shampiyona aho Rayon Sports na APR FC zizahura ku munsi wa 24.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yanganyirije na Kiyovu Sports kuri Kigali Pelé Stadium 1-1, mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona, isoza imikino ibanza iri ku mwanya wa kane.
Ikipe ya APR FC yatsinze Amagaju FC mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona wakiniwe kuri stade Mpuzamahanga ya Huye tariki 11 Ukuboza 2023, isoza igice kibanza cya shampiyona ari yo ya mbere.
U Rwanda rutsinzwe na Uganda mu mikino ihuza Abadepite bo muri Afurika y’Iburasirazuba ibitego 12-0 mu mukino wabereye kuri Kigali Péle Stadium.
Nyuma y’imikino 8 itabona intsinzi, ikipe ya As Kigali itsinze Rayon Sports mu mukino w’umunsi wa 14 yuzuza amanota 14.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya APR FC yanyagiye Gorilla FC ibitego 4-1 mu mukino w’umunsi wa 14 wa shampiyona, wabereye kuri Kigali Pelé Stadium, rutahizamu wayo Victor Mbaoma akomeza kuyobora ba rutahizamu.