Abakinnyi 6 bayobowe n’umutoza Jonathan Boyer ni bo bahagarariye u Rwanda mu isiganwa ryo kuzenguruka igihugu cya Maroc ‘Tour du Maroc’ ryatangiye kuri uyu wa gatanu tariki 23/03/2012.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY), tariki 25/03/2012, rizakoresha isiganwa ry’amagare rigenewe abakobwa batarengeje imyaka 20 mu rwego rwo gushakamo abafite impano yo kunyonga igare ngo bazitabweho.
APR FC irakina na Etoile Sportive du Sahel (ESS) idafite myugariro igenderaho Mbuyu Twite kuko yabonye amakarita abiri y’umuhondo mu mikino yabanje. Umukino wa 1/16 cy’irangiza mu gikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo uraba kuri uyu wa gatandatu tariki 24/03/2012 kuri stade Amahoro i Kigali.
Abakinnyi 19 b’ikipe ya Etoile Sportive du Sahel yo muri Tuniziya, barangajwe imbere n’umutoza wayo Bernd Krauss bageze ku Rwanda aho baje gukina na APR FC umukino wa 1/16 wa Champions League.
Kuri uyu wa gatatu tariki 21/03/2012, ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20 yatsinze iya Uganda ibitego bibiri ku busa mu mukino wa gicuti wabereye kuri Nakivubo Stadium i Kampala muri Uganda.
Kuva ku wa gatandatu tariki 18/03/2012 , amakipe y’u Rwanda y’abahungu n’abakobwa batarengeje imyaka 20 muri handball bari mu gihugu cya Kenya mu marushanwa y’akarere agamije gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika.
Nyuma yo kwitwara neza muri Marathon yabereye i Roma mu Butaliyani tariki 18/03/2012, Umunyarwanda Jean Pierre Mvuyekure yabonye itike yo kuzasiganwa ku maguru mu mikino Olympique izabera i Londres mu Bwongereza.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Nigeria (NFF) ryahaye umutoza w’ikipe y’igihugu, Stephen Keshi, uburenganzira busesuye bwo guhitamo ahantu hazakirwa umukino wo kwishyura hagati ya Nigeria n’u Rwanda.
Nyuma yo gusezererwa mu mikino ya ½ kirangiza mu gikombe cy’Afrika cy’ibihugu, umutoza watozaga ikipe y’igihugu ya Ghana, Umunyaseribiya Goran Stevanovic, kuri uyu wa mbere tariki 19/03/2012 mu masaha y’igicamunsi yasezerewe ku kazi ke.
Abakinnyi, abatoza ndetse n’abakunda umupira w’amaguru ku isi bakomeje gusengera Patrice Muamba bamwifuriza gukira, dore ko amerewe nabi cyane mu bitaro byitwa London Chest Hospital biri i Londres.
Etincelles FC yasanze Kiyovu Sport mu rugo kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo iyihatsindira ibitego 2 kuri 1 mu mukino w’umunsi wa 17 wa shampiyona wabaye ku cyumweru tariki 18/03/2012.
Richard Tardy, umutoza w’ikipe y’igihugu y’abaterengeje imyaka 20 yashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 20 azitabaza mu mukino wa gicuti wo kwishyura afitanye na Uganda uzabera i Nakivubo muri Uganda ku wa gatatu tariki 21/03/2012.
Police FC ikomeje kwicara ku mwanya wa mbere nyuma yo kunganya na APR FC ubusa ku busa, mu mukino w’umunsi wa 17 wa shampiyona wabaye tariki 17/03/2012 kuri stade Amahoro i Remera.
Umutoza n’abakinnyi ba APR FC baratangaza ko bishimiye ko umunyezamu wabo wa mbere, Ndoli Jean Claude, yakize imvune. Bidahindutse ashobora no kwitabazwa ku mukino uyihuza na Police FC kuri uyu wa Gatandatu, nk’uko umutoza wayo Ernie Brandts yabitangaje.
Kapiteni wa Rayon Sport akaba yari na myugariro w’ikipe y’igihugu y’u Burundi, Karim Nizigiyimana, bakunze kwita Makenzi yahagaritse burundu gukinira ikipe y’igihugu ku mpamvu z’umwuka mubi uyirangwamo.
Ikipe y’igihugu ya Cross Country yahagurutse mu Rwanda kuri uyu wa kane yerekeza i Cape Town muri Afurika y’Epfo mu isiganwa ku maguru ryitwa "African Cross Country Championship” rizaba tariki 18/03/2012. Indi kipe ni iya Marathon yerekeje i Roma mu Butariyani mu isiganwa ryiswe Marathon International de Rome nayo izaba (...)
Bwa mbere muri shampiyona y’uyu mwaka hagaragaye ibitego byinshi ku ikipe imwe, ubwo APR FC yanyagiraga Marine FC ibitego 7 kuri 1 mu mukino wa shampiyona wabereye kuri stade ya Kigali i Nyamirambo kuwa gatatu tariki 14/03/2012.
APR Basketball Club yegukanye igikombe gihuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona (Play Off), nyuma yo gutsinda Kigali Basketball Club (KBC) amanota 110 kuri 69, ku mukino wa gatatu wahuje ayo makipe yombi kuri Petit Stade i Remera tariki 10/03/2012.
Mbere gato y’uko Rayon Sport ikina na Police FC ku cyumweru, umutoza Jean Marie Ntagwabira yatunguwe no kubura Bokota Labama wagombaga kubanza mu kibuga kuri uwo mukino, bituma akinisha bamwe mu bakinnyi atari yateganyije.
Police FC na Rayon Sport zagabanye amanota nyuma yo kunganya ibitego 2 kuri 2 mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro i Remera ku cyumweru tariki ya 11 Werurwe.
Umukino wa gicuti wahuje ikipe Ruburikinya yo mu murenge wa Rubengera na Kivu Watt FC yo mu murenge wa Bwishyura tariki 10/03/2012 ku kibuga cy’umupira w’amaguru cya ETO Kibuye warangiye amakipe yombi anganyije ibitego bibiri kuri bibiri.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi buratangaza ko guteza imbere siporo n’imyidagaduro ari inzira nziza yo kugeza abantu ku mubano mwiza urangwa n’ubusabane kandi bakagira ubuzima bwiza butuma bakorana umurava muri byose.
Nyuma y’igihe gito bageze mu Bubiligi, abakinnyi babiri b’Abanyarwanda Nirisarike Salomon na Rusheshangoga Michel babashije kwitwara neza mu mukino wabo wa mbere mu ikipe Antwerp FC.
Nyuma yo gutsindwa n’Isonga FC bigatuma ubuyobizi bw’ikipe ya APR FC bunenga imikinire yayo muri iyi minsi, iyi kipe yikosoye maze itsinda AS Kigali ibitego 2 ku busa mu mukino w’umunsi wa 15 wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo tariki 10/03/2012.
Rutahizamu wa Police FC n’Amavubi, Meddy Kagere, aratangaza ko iyi shampiyona nirangira azahita yerekeza hanze y’u Rwanda muri shampiyona ikomeye.
Umuhanzi Luc Dusfad ni umuhanzi ukunze kugaragaza impano zidasanzwe mu bintu binyuranye. Mu minsi ishize yahimbye umukino ukinishwa amaboko n’amaguru awita “Bloanball”.
Nyuma yo kunganya na Nigeria ubusa ku busa mu mukino wo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’Afurika wabereye i Kigali tariki 29/02/2012, u Rwanda rwazamutse imyanya itatu ku rutonde rw’uko ibihugu bikurikirana ku isi, rushyirwa ahagaragara na FIFA buri kwezi.
U Rwanda rwatorewe gutegura no kwakira imikino ya nyuma ihuza amakipe y’ibihugu by’Afurika mu mukino wa Volleyball y’abagore iteganyijwe kuba muri Gicurasi uyu mwaka.
Jean Marie Ntagwabira, umutoza wa Rayon Sport, aratangaza ko ibibazo by’amafaranga yari afitanye n’iyo kipe byakemutse, ubu icyo ashizeho umutima akaba ari umukino Rayon izakina na Police ku cyumweru tariki 11/03/2012 kuri stade Amahoro i Remera mu mujyi wa Kigali.
Isonga FC, ikinisha abakinnyi 10 gusa, yatunguye APR FC iyitsinda ibitego 2 kuri 1 mu mukino w’umunsi wa 14 wa shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro i Remera tariki 07/03/2012.