Bisi ya RITCO itwaye abantu 60 yakoze impanuka Imana ikinga ukuboko
Bisi y’ikompanyi itwara abagenzi yitwa “RITCO” yavaga i Kigali ijya i Rusizi yakoreye impanuka muri Karongi, abagenzi 60 yari itwaye ntihagira n’umwe ukomereka.
Iyo mpanuka yabereye mu Murenge wa Rugengera mu Karere ka Karongi, mu ma saa sita zo kuri uyu wa kane tariki ya 21 Nzeli 2017.
Iyo bisi ifite nimero za puraki RAD273K, yakoze impanuka igeze ahantu hari ikorosi, ita umuhanda yegama mu muferege uri ruguru y’umuhanda.
Umushoferi wari uyitwaye avuga ko iyo mpanuka yatewe no kubura feri. Abagenzi na bo bahamya yagendaga ku muvuduko muto.
Nyuma y’igihe gito iyo mpanuka ibaye abo bagenzi bohererejwe indi modoka bakomeza urugendo rwabo bajya i Rusizi.
Ibitekerezo ( 10 )
Ohereza igitekerezo
|
Arega ntacyaba Imana itabishatse
yeeee nihabwe icyubahiro iragikwiye
Imana ishimwe.
ritco iyi society iracyari mu ma societe ajyamo budget yigihugu kd ahombya reta kuki ikora impanuka nyinshi!!! RAD ibura feri gute? bivuze ntgo zikorsha control technique, ikindi kd nuko haba uburangare mu gatanga akazi ku ba chauffeur.
ritco ikora akazi keza ako kugeza nizi saha sindabona yongera inyugu abanyarwanda cg yongere imisoro mu gihugu haracyari byinshi byo gukosoka rwose. turebe!
Imana ishimwe yo yakoze ibyo byose .murakoze !
Ilana ishimwe kubantawe yahitanye
Imodoka za RITCO uburyo zigenda byerekana ko bitajyanye n’icyapa cya speed governor izindi zambara !!! Buriya se yaburiye ahantu hatambika kweri gute ?? Yavuga ko yagize uburangare !!! Hasingizwe Iyarinze abagenzi ntibahagwe.
Imana ihabwicyubahiro iteka yabujije amarira rwose yakoze
Imana ihabwe icyubahiro,yo yirindiye abantu bayo bakaba bavuyemo ari bazima .Tuyihimbaze
RURA iziko RITCO itubahiriza amategeko? Ngo na speedgovernors ntazo igira
nonese ntimureba niyo micanga mumuhanda!?niyo yayinyereje nyine