U Rwanda rwashyikirije Congo (DRC) umupolisi wo muri icyo gihugu witwa Sgt Major Nemegabe Ndosa Paul wafatiwe mu Rwanda avuga ko yari yataye ubwenge.
Minisitiri w’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi, Seraphine Mukantabana arahamagarira Abanyarwanda kubaka inzu zihangana n’ibiza kuko gutabara ahabaye ibiza bihenda.
Hari ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu tariki 26 Nyakanga 2017, ubwo Paul Kagame yari amaze kwiyamamariza mu Karere ka Rubavu, nibwo n’inkuru y’umukobwa warijijwe no kumubona yatangiye gusakara.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu bahamya ko indirimbo “Nda ndambara yandera ubwoba” baririmba mu rurimi rw’Ikigoyi yamamaye cyane nyuma y’intambara y’abacengezi.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Sinamenye Jeremie afunzwe by’agateganyo akurikiranweho kubangamira uburenganzira bw’abiyamamaza.
Minisiteri ishinzwe gucyura impunzi no gukumira ibiza (MIDIMAR) ifatanije na “One UN” bubakiye Abanyarwanda batahutse batishoboye bo muri Rubavu.
Umuryango w’abacitse ku icumu rya Jenoside barangije amashuri Makuru na Kaminuza (GAERG) werekana ko imiryango ibarirwa mu 7797 ariyo imaze kugaragara ko yazimye muri Jenosdie yakorewe Abatutsi.
Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bagatuzwa mu Karere ka Rubavu bavuga ko batarahabwa indangamuntu n’amakarita y’itora, bikabatera impungenge ko bishobora kubabuza gutora umukuru w’igihugu.
Miss Rwanda 2017, Iradukunda Elsa yatangiye igikorwa cyo kuvuza ku buntu abantu barwaye “Ishaza” mu jisho abifashijwemo n’abaganga b’amaso no mu bitaro bya Kabgayi.
Abayobozi b’amadini n’amatorero mu Karere ka Nyagatare basabwe kwigisha abayoboke babo gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, kuko ari yo shingiro ry’Ubunyarwanda.
Urubyiruko rw’abanyeshuri b’abarundi batumiwe mu biganiro by’amahoro mu Rwanda babujijwe na Minisitere y’uburezi yabo kubyitabira.
Imibare itangazwa n’ikigo cya Iwawa igaragaza ko abangana na 293 mu barenga 1800 barangije muri icyo kigo badafite aho bataha.
Abahanzi bari mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star 2017 (PGGSS7) barahamagarira abiga mu ishuri rya Muzika ku Nyundo kubafasha guhangana n’umuziki mpuzamahanga.
Lieutenant Habyarimana David wari umurwanyi muri FDLR Foca yatashye mu Rwanda avuga ko yari arambiwe ubuhanuzi butagerwaho no kumena amaraso.
Abarokowe n’Intwari Felecita Niyitegeka muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’inshuti zabo bifuza ko urugo yabagamo rwagirwa inzu ndangamurage y’urukundo ifasha Abanyarwanda kwiga ubumuntu.
Bosenibamwe Eduard ari mu maboko ya Polisi y’igihugu mu Karere ka Rubavu akekwaho gutwikira uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
U Rwanda na Congo basinye amasezerano azamara imyaka itanu yo gufatanya gushaka Peterori mu Kiyaga cya Kivu.
Diyosezi Gatorika ya Nyundo yatashye Hoteli yuzuye itwaye miliyari 2RWf ariko ngo ntizajya icumbikira abakundana batarabana byemewe n’amategeko.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Rubavu butangaza muri 2017 bamaze kwakira abarwayi umunani bakeneye amaraso ariko bakanga kuyaterwa bavuga ko kuyongererwa ari icyaha.
Ubuyobozi bw’umuryango Transparence International bwatangiye ubukangurambaga bwo gukumira amakimbirane ku bafungwa bimwa uburenganzira n’imiryango yabo.
Ubuyobozi bw’umuryango w’ubukungu w’ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari (CEPGL) n’ubw’Umuhora wa Ruguru basinye amasezerano y’ubufatanye agamije iterambere ry’umuturage.
Urwego rw’ubutabera rutangaza ko ubutabera bwishimiwe na bose bugeze kuri 75.75%, muri uyu mwaka, ruvuye kuri 69.9% muri 2012, ariko rugateganya kugera kuri 80% mu 2020.
Senateri Makuza Bernard arahamagarira abana b’Abanyarwanda gukoresha amahirwe bashyiriweho n’igihugu baharanira kugera kure mu byo bateganya kuzageraho mu hazaza habo.
Abagize urwego rw’ubutabera mu Rwanda bari mu mwiherero i Rubavu, baganirira hamwe ngo barebe uburyo ubutabera bwagira uruhare mu kurwanya ubukene.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 Werurwe 2017, imfura z’ishuri rya Muzika riherereye mu Murenge wa Nyundo Akarere ka Rubavu zahawe impamyabushobozi, nyuma yo gusoza amasomo ya muzika zari zimazemo imyaka itatu.
Ubuyobozi bwa Congo bwahagaritse ubucuruzi bw’inkoko n’ibizikomokaho biva mu Rwanda bushingiye ku ndwara y’ibicurane by’ibiguruka yabonetse muri Uganda ariko itari mu Rwanda.
Maj Uwimana Jean Claude wari umaze ukwezi afunzwe na FARDC kubera gutoroka FDLR yagejejwe mu Rwanda na MONUSCO.
Ingabo za UN zishinzwe kugarura amahoro muri Congo, zagejeje mu Rwanda Brig Gen Semugeshi Cômes washakwaga n’ Ingabo za Congo.
Brig Gen Cômes Semugeshi wishyikirije Monusco ashaka gutaha mu Rwanda yatambamiwe na sosiyete sivili ya Congo isaba ko afungirwa Kinshasa.
Polisi y’igihugu mu karere ka Rubavu yatangije igikorwa cyo gusaka ibiyobyabwenge hakoresheje imbwa zivumbura aho bihishe.