Nyiramfumukoye Lucie witabiriye Expo 2016 ribera i Gikondo aravuga ko ari kwinjiza agera ku bihumbi 10Frw, abikesha impano ye yo gucuranga Umuduli.
Imurikagurisha ry’igihugu Expo 2016 rizarangira kuwa kane aho kuba kuwa gatatu nk’uko byari biteganyije, kubera ubusabe bwa benshi mu baryitabiriye.
Minisitiri w’ Umuco na Siporo, Uwacu Julienne, avuga ko Iserukiramuco Nyafurika ry’ imbyino, rimaze iminsi ine ribera mu Rwanda, ryagaragaje ko Abanyafurika ari bamwe.
Ku munsi wa gatatu wayo Iserukiramuco Nyafurika ririmo kubera mu Rwanda, FESPAD 2016, berekeje i Mukarange mu Karere ka Kayonza mu Ntara y’Iburasizuba.
Mu Iserukiramuco Nyafurika ry’imbyino riri kubera mu Rwanda guhera tariki ya 1 Kanama 2016, umwe mu Banyekongo baryitabiriye arimo kwitobora umunwa abyina bigatangaza benshi.
Minisiteri y’Umuco na Siporo yasabye inzobere n’inararibonye mu muco Nyarwanda, ubufatanye mu kwimakaza umuco uzatuma U Rwanda rugera ku iterambere rishingiye ku muco kuko ngo ari ryo riramba.
Fesitivale izwi nka FESPAD yahujwe n’Umuganura, yatangiye mu Rwanda aho yatangijwe n’urugendo rwo gutembera mu Mujyi wa Kigali hamurikwa imico n’ubugenge bitandukanye.
Perezida Kagame yibukije abanyeshuri 8,500 bahawe impamyabumenyi muri Kaminuza y’u Rwanda ko, aribo u Rwanda rufiteho icyizere cy’iterambere rirambye ry’ejo hazaza.
Itsinda rya AERG ryahize amatsinda y’uturere 17 mu marushanwa y’ibiganiro mpaka yateguwe n’Imbuto Foundation agamije gutoza urubyiruko kuvuga neza mu ruhame.
Abanditsi ba filime Nyarwanda bagera kuri 15, bari guhugurwa ku myandikire inoze kandi ya kinyamwuga muri filime.
Ubuyobozi bw’ishuri rikuru rya Polisi bwibukije abapolisi barekeje muri Haiti mu bikorwa by’ubutabazi ko ibikorwa bazakora, bigomba gushingira ku kinyabupfura n’ubunyamwuga.
Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rw’abanyeshuri basoje itorero Indangamirwa, ko ryabafashije kugira indangagaciro zo kutazaba ibigwari no guhunga inshingano ahubwo bakamenya ibibabereye.
Banki y’ubucuruzi ya COGEBANQUE yageneye inkunga ya miliyoni 5Frw, ikigo cyita ku bana bafite ubumuga bwa Autism cyitwa “Autism Rwanda”.
Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe, avuga ko kurinda umutekano w’igihugu bijyana no kurinda ubuzima bw’abaturage bagituye, bityo ko abantu bose bakwiriye kubwitaho.
Perezida Kagame yibukije abaturage ba Rweru ko kubaho ufite ibyingenzi bigufasha kubaho neza, atari ukubonekerwa ahubwo ari uburenganzira bwa buri Munyarwanda.
Urubyiruko 430 rugizwe n’abanyeshuri b’Abanyarwanda biga mu mahanga ndetse n’abigaga mu Rwanda bagize amanota meza mu kizamini gisoza amashuri yisumbuye muri 2015, bibukijwe ko uko u Rwanda ruzamera biri mu maboko yabo.
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda burahamya ko icyumweru cy’ibikorwa bya Gisirikare kizwi nka “Army week” kiri gukemura ibibazo by’ubuke bw’abaganga bagaragaraga mu Karere ka Bugesera.
Mu myaka ibiri kuva 2012-2014, inkongi z’umuriro mu Rwanda zangije ibintu bifite agaciro ka miliyari eshanu.
Pasiteri Mpyisi Ezra wabaye Umwiru ku ngoma y’Umwami Rudahigwa, asanga umuco Nyarwanda ntaho uzagera, nudashyirwa mu masomo yigishwa mu ishuri.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’Igihugu giteza Imbere Ubumenyingiro, WDA, bwatangaje ko mu Rwanda hakenewe abanyeshuri bazakemura ibibazo bigaragara ku isoko ry’umurimo.
Karinda Venuste utuye Umurenge wa Kamabuye mu Karere ka Bugesera, aravuga ko gukoresha Bigaz byatumye agabanya amafaranga yatangaga ku nkwi ndetse bituma atanga akazi ku baturanyi be.
Ibuka isanga abantu bazwi kandi bakunzwe cyane mu buhanzi ndetse no mu mikino (Stars), bakwiye kujya bifashishwa mu kurwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo.
Ikigo cy’Abanyakoreya y’Epfo cy’Iterambere (KOICA) cyeguriye IPRC Kigali ikigo gikorerwamo ubucuruzi n’amahugurwa kitwa RZ Manna gifite agaciro k’ibihumbi 900$ bingana na miliyoni 702,4Frw.
Shyaka Victor umwana w’imyaka 14 ukinira mu ikipe ya Karate yitwa Lion Karate Do, yatangiye guhatana n’abakuze kandi akiri umwana muto.
Guteza imbere imibereho myiza y’abaturage byagenewe amafaranga agera kuri miliyari 877,6Frw, mu ngengo y’Imari y’umwaka wa 2016/2017.
Inama njyanama y’Akarere ka Nyarugenge yasabye urubyiruko rw’abanyeshuri bo muri aka karere, kwifashisha ikoranabuhanga rugahangana n’abapfobya Jenoside bari hanze y’igihugu.
Leta igiye gutangira gushishikariza abaturage kwitabira kugura ubwisungane mu buvuzi “mituweli”, ihereye mu madini kugira ngo ayifashe gusakaza ubwo bukangurambaga.
Niyonzima Haruna Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda "Amavubi", yakebuye abafana b’Amavubi, abasaba gufana ikipe aho gufana igitego.
Ihuriro ry’abafana b’ikipe ya Arsenal bo mu Rwanda, basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Mukarange mu Karere ka Kayonza, maze baremera abarokotse Jenoside batishoboye.