Bamwe mu bitabiriye inama y’abayobozi bakuru b’ibigo byo muri Afurika (Africa CEO Forum) barishimira ko binyuze mu irushanwa ry’umukino wa Golf ryateguwe na Banki ya Kigali ryatumye barushaho kunyurwa n’aho u Rwanda rumaze kugera.
Ubuyobozi bwa Seminari Nto ya Ndera yitiriwe Mutagatifu Vincent (PSSV) bwateguye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Abasaserdoti, Abaseminari, Abakozi ba Seminari n’abandi bantu bari bahahungiye, bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru tariki 19 Gicurasi 2024 mu Mujyi wa Kinshasa muri Komini ya Gombe ku nyubako ya Vital Kamerhe uherutse gutorerwa kuba Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko humvikanye urusaku rw’amasasu menshi.
Minisiteri y’Ubuzima yari isanzwe itegura ibikorwa byo kwibuka ukwayo, n’ibitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) bikibuka ukwabyo, ariko mu kwibuka ku nshuro ya 30 iki gikorwa bagikoreye hamwe.
Mu gihe kuri iki Cyumweru hasozwa shampiyona y’u Bwongereza y’umwaka wa 2023-2024 hakinwa umunsi wa 38, hitezwe ko Manchester City yatwara shampiyona bwa mbere mu mateka ku nshuro ya kane yikurikiranya cyangwa Arsenal ikayitwara nyuma y’imyaka 20.
Guverinoma y’u Rwanda yanyomoje ibiherutse gutangazwa n’Umuryango uharanira Uburenganzira bwa Muntu, Human Rights Watch, nyuma y’uko umukozi wawo atanze amakuru y’ibinyoma bigatuma yangirwa kwinjira mu gihugu n’Urwego Rushinzwe Abinjira n’Abasohoka.
Imbogo zirindwi zatorotse Pariki zijya mu giturage mu Mirenge ya Gahunga na Rugarama yo mu Karere ka Burera, zisanga abaturage mu mirima yabo, zikomeretsa abantu icyenda.
Bamwe mu rubyiruko rwo bice bitandukanye by’Igihugu by’umwihariko abari bafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe, barishimira ko ibikorwa by’umuco n’ubugeni byagize uruhare rukomeye mu gukira ibyo bibazo.
Ubuyobozi Bukuru bw’Umuryango w’Ubukungu w’Ibihugu bya Afurika yo hagati (Economic Community of Central African States - ECCAS) bwatangiye ibiganiro n’ibihugu binyamuryango bifite ibyo bitaruzuza, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amategeko agenga isoko rusange rya ECCAS.
Abanyeshuri babiri bigaga mu kigo cy’amashuri cya G.S. Gihinga ya mbere, tariki 17 Gicurasi 2024 bagiye koga mu Kivu batwarwa n’amazi, umwe aboneka yamaze gupfa undi na we akomeza gushakishwa.
Mu rwego rw’Inteko rusange y’urubyiruko iba buri mwaka, urubyiruko rw’Akarere ka Bugesera, ku bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye, basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyamata, bagabira inka abacitse ku icumu rya Jenoside babiri, batanga amabati yo kubakira imiryango itandatu y’abacitse ku icumu yari (...)
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Gahunga n’uwa Rugarama yo mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru, bibasiwe n’imbogo zatorotse Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, zikomeretsa abantu icyenda, batatu muri bo bakaba bakomeretse bikomeye.
Aya mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza uyu muraperi w’Umunyamerika, Sean ‘Combs’ Diddy wamenyekanye nka P. Diddy, akorera ibikorwa by’ihohotera birimo gukubita uwahoze ari umukunzi we, Casandra “Cassie” Ventura, mu cyumba cya hoteli.
Amakipe ya Kepler, APR na Police y’abagore mu mukino w’intoki wa volleyball niyo yabonye intsinzi ya mbere mu mikino ya kamparampaka yakinywe ku wa Gatanu tariki 17 Gicurasi 2024.
Ingabo z’u Rwanda RDF n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye, tariki 17 Gicurasi 2024 bashyikirije Mukamana Annonciate utuye mu murenge wa Rwimbogo, mu karere ka Gatsibo inzu nshya bamwubakiye.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), ivuga ko kugeza ubu hari Abanyarwanda barenga ibihumbi 53 bamaze kujya kuri lisiti y’itora, bazatorera mu bihugu by’amahanga baherereyemo.
Mu Murenge wa Musenyi mu Karere ka Bugesera, umusore w’imyaka 19 y’amavuko witwa Nkundimana Jerome, yatawe muri yombi akekwaho kwica umukecuru n’umusaza, abo bakaba ari ababyeyi bamureze mu gihe nyina yari amaze gupfa agasigara ari impfubyi.
Ishyaka PL riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu, ryashyikirije Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) urutonde rw’abantu 54 ryifuza ko bazarihagararira mu matora y’Abadepite nk’abakandida.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko ku itariki ya 17 Gicurasi 2024, ku munsi wa mbere wo kwakira kandidatire z’abifuza kwiyamamaza, yakiriye umukandida umwe ku mwanya wa Perezida wa Repubulika.
Minisitiri w’Umutekano mu gihugu cy’u Bufaransa yatangaje ko abapolisi b’u Bufaransa, barashe umuntu witwaje intwaro washakaga gutwika isinagogi mu mujyi wa Rouen uherereye mu majyaruguru y’iburengerazuba.
Uyu mugabo wo mu Murenge wa Rweru, Akarere ka Bugesera, witwa Mutabazi Vincent w’imyaka 33 ku wa Kane tariki 16 Gicurasi 2024, nibwo yarohamye mu Kiyaga cya Rweru, saa cyenda z’umugoroba, ubwo yarimo yahira ibyatsi byo gusasira imyaka.
Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente Edouard, yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Guinée Conakry, Amadou Oury Bah, witabiriye Inama y’Ihuriro ry’Abayobozi Bakuru b’Ibigo byigenga muri Afurika, ‘Africa CEO Forum’ yaberaga i Kigali.
Abagore bo hirya no hino mu Gihugu bishimira ko hari iterambere rigaragara bamaze kugeraho y’umwihariko mu myaka 30 ishize, bakishimira ko umugore yahawe ijambo n’agaciro. Icyakora basanga hari ahagikenewe ko bongera imbaraga cyane cyane mu gushaka ibyunganira iterambere ryabo n’iry’umuryango, bagahindura imyumvire y’uko (...)
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 yatsinze Uganda ku mukino wa nyuma, ihita yegukana irushanwa IHF Trophy ryaberaga i Addis Ababa muri Ethiopia
Kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Gicurasi 2024 Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Djibouti, Ismaïl Omar Guelleh uri i Kigali aho yitabiriye Inama y’Ihuriro ry’Abayobozi Bakuru b’Ibigo byigenga muri Afurika, ‘Africa CEO Forum’.
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Oda Gasinzigwa, kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Gicurasi 2024, ubwo yakiraga kandidatire ya Perezida Paul Kagame ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu ahagarariye Umuryango wa FPR Inkotanyi, yavuze ko ibyangombwa bye yashyikirije iyi Komisiyo byuzuye.
Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, yagaragaje ko umugabane wa Afurika ukeneye gukorera byinshi abaturage bawo kugirango bagere ku iterambere no kubaka ubushobozi bushingiye ku biboneka imbere mu gihugu.
Babishimangiye nyuma y’igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi cyabereye i Save tariki 16 Gicurasi 2024, aho basobanuriwe ukuntu Yozefu Gitera ari mu babibye ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda, akaba ari na we watangaje amategeko 10 y’Abahutu.
Tariki ya 16 Gicurasi 2024, Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze Ntarindwa Emmanuel w’imyaka 51 y’amavuko akekwaho icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 na Mukamana Eugenie w’imyaka 53 ukekwaho kuba ikitso cy’ukekwaho icyaha aho yamuhishe mu mwobo wacukuwe mu nzu yari amazemo imyaka 23.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangiye kwakira kandidatire z’abifuza kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Gicurasi 2024, ku ikubitiro ikaba yakiriye kandidatire ya Paul Kagame, Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, ari na we usanzwe ayobora u Rwanda.
Abantu 11 bapfuye mu gihe abandi benshi bakomeretse harimo 17 bajyanwe mu bitaro bafite ibikomere bikomeye by’ubushye nyuma y’uko umugabo agabye igitero mu Musigiti mu gace ka Kano mu Mujyaruguru ya Nigeria, nk’uko byasobanuwe na Polisi.
Rwanda Coding Academy (RCA), ishuri rigamije kuzamura urwego rw’ikoranabuhanga mu Rwanda, riherereye ku Mukamira mu Karere ka Nyabihu, rigiye kwagurwa mu rwego rwo kuryongerera ubushozozi bwo kwakira umubare uhagije w’abanyeshuri.
Ubuyobozi bw’uruganda rw’icyayi rwa Rubaya (Rubaya Factory Tea) bwibutse abari abakozi barwo ndetse n’abandi bahiciwe bazira ubwoko bwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu gihe habura iminsi micye ngo Abanyarwanda baba imbere mu gihugu ndetse n’abatuye hanze, binjire mu bihe by’amatora y’umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite, imwe mu mitwe ya politiki yamaze kwerekana aho ihagaze. Hari iyatanze abakandida bazayihagararira mu matora indi ihitamo gushyigikira umukandida watanzwe n’umuryango FPR (...)
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, tariki 16 Gicurasi 2024 yitabiriye ikiganiro yahuriyemo n’abandi ba Minisitiri b’Intebe barimo uwa Côte d’Ivoire, uwa Guinea ndetse n’uwa Sao-tome et Principe. Ni ikiganiro cyatangiwe mu ihuriro ry’abayobora ibigo bikomeye by’ubucuruzi muri Afurika (Africa CEO Forum). Abatanze (...)
Inzego z’umutekano zafashe uwitwa Gasake Weralis w’imyaka 73 y’amavuko, afatirwa mu Mudugudu wa Rebero, mu Kagari ka Gako, mu Murenge wa Masaka, mu Karere ka Kicukiro, akaba yari yarahinduye amazina aho yiyita Muteesasira Weralis Kasachi, nk’uko bigaragazwa n’ibyangombwa agenderaho yafatiye mu Gihugu cya Uganda.
Bamwe mu bagize Itorero Intama za Yesu, bavuga ko kuba habaho umwanya wo Kwibuka Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, babifata nk’umwanya mwiza wo kumenya neza amateka kugira ngo icuraburindi ryagwiririye Igihugu ritazasubira ukundi.
Ibireti ni igihingwa gikomeje kwitabirwa na benshi, aho gitanga inyungu zitaboneka ku bindi bihingwa, dore ko ngo no ku masoko mpuzamahanga ibireti by’u Rwanda biri mu bikunzwe aho n’ibiciro bikomeje kuzamuka, ikilo kikaba kirimo kugura agera ku 1300 Frw.
Ikigo cy’Abafaransa gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga(AFD) kibinyujije mu Ishami ryacyo ryitwa Proparco, cyatanze inguzanyo y’Amadolari ya Amerika Miliyoni 10 (aragera ku mafaranga y’u Rwanda hafi miliyari 13), akaba yagenewe abahinzi bato basanzwe bafashwa n’Umuryango One Acre Fund-Tubura.
U Rwanda rukomeje imyiteguro y’amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite ateganyijwe ku itariki ya 14 Nyakanga 2024 ku Banyarwanda baba mu mahanga, no ku itariki ya 15 Nyakanga 2024 ku Banyarwanda b’imbere mu Gihugu.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali rurishimira amahirwe rwashyiriweho arufasha kubona akazi, kuko hari benshi bimaze gufasha kuva mu bushomeri.
Amakipe abiri ahagarariye u Rwanda mu irushanwa rya Handball rya Zone 5 riri kubera muri Ethiopia, yose yageze ku mukino wa nyuma
Perezida Kagame ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, tariki 16 Gicurasi 2024, yakiriye mugenzi we wa Mozambique, Filipe Nyusi, uri mu Rwanda aho yitabiriye Inama y’Ihuriro ry’Abayobozi b’Ibigo byigenga muri Afurika, ‘Africa CEO Forum’.
Kuri uyu wa Kane tariki 16 Gicurasi 2024, Ingabo z’u Rwanda (RDF) ku bufatanye na Polisi y’Igihugu, Minisiteri y’Ubuzima n’abandi bafatanyabikorwa batangije igikorwa cyo kubaga ishaza ryo mu jisho mu gihugu hose bikaba biteganyijwe ko abasaga 5000 bazabagwa ishaza mu gihugu hose.
Raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurwanya SIDA (UNAIDS), yatangajwe muri Nyakanga 2023, ishyira u Rwanda mu bihugu 5 bya mbere ku Isi bimaze kugera ku ntego zo kurandura virusi itera SIDA ziswe 95-95-95.
Kuva tariki ya 14 kugera ku ya 16 Nyakanga 2024, Abanyarwanda 9,500,000 bafite kuva ku myaka 18 kuzamura, bazitabira amatora ya Perezida wa Repubulika ndetse n’ay’Abadepite.
Mu itangazo ryasohowe n’inama nkuru y’Abasenyeri bo muri Kiliziya Gatolika bo muri Madagascar ku wa Kabiri tariki 14 Gicurasi 2024, bamaganye itegeko ryemera ibyo guhanisha abasambanya abana, igihano cyo kubakona bikozwe n’abaganga (castration chirurgicale).
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, barasaba ko mu imanza ziburanisha abakekwaho ibyaha bya Jenoside mu mahanga, bajya babazwa aho imibiri y’ababo bishe bayijugunye kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro.
Ishami ry’iteganyagihe rya Kenya ryatangaje ko imvura nyinshi izakomeza mu byumweru biri imbere, mu gihe iki gihugu gikomeje gusana ibyangiritse gifatanije n’imiryango itandukanye.