Daniel Ngarukiye ari mu gahinda ko kubura imfura ye Inyamibwa witabye Imana kuri uyu wa mbere tariki 30 Gicurasi 2016.
Mu gitaramo “Industry Night” cyateguwe na Miss Teta Sandra na Miss Vanessa, mu begukanye ibihembo byari biteganyijwe nta n’umwe wahagaragaye.
Itorero ndangamuco ry’u Rwanda, Urukerereza, ryateguye “Inkera y’Abahizi” rizataramira i Kigali no mu Karere ka Rubavu ku matariki 3 na 24 Kamena, mu rwego rwo kurushaho kwimakaza umuco nyarwanda.
Umuhanzi Danny Vumbi yahawe ikiraka cyo gukorera umushoramari indirimbo yamamaza ibikorwa bye, abikesha uko yitwaye ku rubyiniro i Karongi.
Abahanzi bashya muri PGGSS batunguwe n’uburyo basanze irushanwa rimeze, nyuma y’ibibazo binyuranye baryibazagaho banatungurwa n’uburyo bakiriwe n’imbaga y’abafana.
Kuri uyu wa 14 Gicurasi, i Gicumbi, habereye igitaramo cya mbere cy’irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ya 6 (PGGSS6) cyaranzwe n’umubare munini w’abafana baturutse i Kigali.
Nyuma y’amezi arenga atanu ashize indirimbo “Indoro” ikunzwe cyane, abahanzi Charly na Nina biteze byinshi ku ndirimbo ije iyikurikiye bise “Agatege.”
Abahanzi bagize itsinda Trezzor bateguye igitaramo kimenyekanisha indirimbo yabo nshya bise “Mpore Mpore” kuri uyu wa 7 Gicurasi 2016 kuri The Mirror Hotel.
Kigali Fashion Week na Kabana Club bateguye igitaramo cyo kwibuka umuririmbyi Whitney Houston kizaba ku wa 13 Gicurasi 2016.
Umuhanzi The Son afatanyije na Nyampinga w’Akarere ka Rusizi batangiye kubakira umupfakazi wacitse ku icumu rya Jenoside.
Filime “Ca inkoni izamba” ihuriwemo n’abakinnyi bakomeye mu Rwanda ndetse no mu Burundi, ishobora gusohoka muri Kamena 2016.
Abahanzi batandukanye bemeza ko bizeye ko federasiyo y’abahanzi mu Rwanda bishyiriyeho izabafasha gukemura ibibazo by’umuziki mu Rwanda byari byaranze gukemuka.
Umuhanzi Munyanshoza Dieudonne wamenyekanye nka Mibirizi arasaba abahanzi bavutse nyuma ya Jenoside kwanga amacakubiri n’ikibi kuko ejo hazaza ari ahabo.
Umuhanzi Ruremire Focus yasheje umuhigo yahize ubwo yasabaga Imana ko nimufasha agakora muzika akanamenyekana, azayiririmbira.
Gasinzigwa yiyemeje gukora filime kuri Jenoside nk’umusanzu we ngo amateka yayo adasibangana, zikazanafasha ababyiruka kumenya ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Teta Diana arasaba abafana be kumushyigikira ku cyemezo cyo gusezera mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star 6 kuko ngo yabitekerejeho.
Umuhanzi Cecile Kayirebwa agiye kongera gutaramira Abanyarwanda mu gitaramo “Inganzo ya Kayirebwa” kizabera i Kigali muri Hotel Des Milles Collines, tariki 27 Werurwe 2016.
Cindy Sanyu araye mu Rwanda aho yaje gufasha umuhanzi Kid Gaju kumurika alubumu yitiriye indirimbo bakoranye bise “Gahunda”.
Three Hills igizwe na Eric Mucyo, Jackson Kalimba na Irakoze Hope barisegura ku bakunzi babo bari barababuze babizeza ko bitazasubira.
Umuhanzikazi Teta Diana ari gukorwaho inkuru mu mashusho(Magazine Documentaire) n’ikigo cy’Itangazamakuru gikomeye ku isi cya CNN (The Cable News Network) cy’Abanyamerika.
Umunyamakuru Erneste Ugeziwe uzwi nka “Ernesto” kuri Televiziyo y’u Rwanda, yerekeje muri Amerika kwiga mu gihe cy’imyaka ibiri ariko akazanakomerezayo akazi.
Miss Sharifa asanga impano ye y’ubugeni igiye kumenyekana no gutera imbere kubera ko kuba nyampinga bizamufasha guhura n’ababifitemo uburambe bazamufasha.
Davis D na Sat B babinyujije mu ndirimbo bise “Umwana wo mu mujyi”, batatse Kigali na Bujumbura imigi baturukamo banaririmbiramo.
Umuhanzi Ruremire Focus uririmba mu njyana gakondo agiye kwerekeza i Dar-Es-Salam gukorerayo indirimbo abifashijwemo n’uwitwa Kabano usanzwe amukorera.
Nyampinga Utamuliza Rusaro Carine yagerageje kuba umunyamideli biranga kuko yaje kwisanga atari ibintu bye nk’uko yabitekerezaga ahitamo amarushanwa y’ubwiza.
Bisangwa Nganji Benjamin yamaze gusezerana imbere y’Imana na Ufitinema Yvette bari bamaranye imyaka irenga ibiri bakundana.
Masamba Intore agiye guhuriza hamwe ibirori by’isabukuru ye y’amavuko, iy’umuziki we no kumurika alubumu ye nshya muri Nyakanga uyu mwaka.
Teta Diana yanyuzwe cyane no kubona indirimbo ye "Velo" ikinwa kuri televiziyo mpuzamahanga kandi atarayitanzeyo.
Umuhanzikazi Teta Diana yasinye amasezerano na Africori, ikigo mpuzamahanga gicuruza umuziki w’abahanzi banyuranye bo muri Afurika.
Active yashyize hanze indirimbo bise “Amafiyeri” ikaba ari indirimbo ngo bakoze kugira ngo izasetse abakunzi babo ndetse inabaruhure mu mutwe.