Mu Karere ka Nyaruguru mu Murenge wa Nyabimata, inkuba yakubise abantu basaga 40 barimo basenga, 15 muri bo bahita bashiramo umwuka.
Ubushakashatsi bwakozwe na TI - Rwanda bwamuritswe kuri uyu wa gatanu tariki 09 Werurwe 2018 bugaragaza ko hirya no hino mu gihugu hari ibikorwa bya Biogaz, amashyiga ya rondereza na cana rumwe ndetse ningufu zikomoka ku mirasire yizuba byubakiwe abaturage ariko ntibyatanga umusaruro byari byitezweho.
Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage yataye muri yombi abantu barindwi bakurikiranyweho kwiba ba mukerarugendo bo muri Ukraine.
Imiryango itari iya Leta (NGOs) irimo gutegura imurikabikorwa mu rwego rwo kugaragariza rubanda ibyo bakora ndetse n’uruhare rw’iyo miryango mu iterambere ry’igihugu.
Mu gihe integanyanyigisho mu burezi bw’abana b’incuke yari mu Kinyarwanda gusa, kuri ubu hamaze gusohoka indi nteganyanyigisho iri mu rurimi rw’Icyongereza, izafasha abiga ku buryo mpuzamahanga, abashakashatsi n’abaterankunga mu bijyanye n’uburezi.
Ihuriro ry’abavuzi gakondo mu Rwanda (AGA Rwanda), ritewe impungenge no kubura ibimera bivamo imiti bakoresha. Bamwe ngo bajya kubishaka mu mahanga kuko mu Rwanda birushaho gukendera.
Igeragezwa rya Jenoside mu cyahoze ari Komini Kibirira (ubu ni muri Ngororero), amateka agaragaza ko ryatangiye mu 1990 riyobowe na bamwe mu bayobozi bariho.
Amarushanwa y’Umurenge Kagame Cup yaraye asojwe amakipe y’akarere ka Rutsiro mu bagabo n’abagore atwaye ibikombe ku rwego rw’igihugu.
Batandatu muri 15 baregeye indishyi mu rubanza rwa Berinkindi Claver wahamwe n’icyaha cya jenoside yakorewe Abatutsi n’ibigishamikiyeho bakazitsindira, batangiye kuzihabwa.
Inama nkuru y’uburezi mu Rwanda yatangaje ko yemereye ishuri rikuru rya INES Ruhengeri gufungura abiri mu mashami atanu yaryo yari yafunzwe.
Ikompanyi yitwa Digitata Insights na MTN Rwanda batangije ku mugaragaro uburyo bwitwa MeMe bwo koherereza abakiriya ba MTN ubutumwa bugufi bumenyekanisha serivisi runaka.
Abantu barindwi batuye mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda kubera ko bashakanye n’Abanyarwanda.
Korea Telecom Rwanda Network (KtRN), ikompanyi icuruza interineti izwi nka 4G LTE, yatangije ku mugaragaro uburyo bw’iminara ikoresha ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba.
Perezida w’Inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, Donatille Mukabalisa yongeye kunenga ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zatereranye Abatutsi bari bazihungiyeho muri ETO Kicukiro.
Minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye, aratangaza ko nta mugambi rusange wihishe inyuma y’amagereza amaze iminsi agaragaramo inkongi z’umuriro hirya no hino mu gihugu.
Sous-Lieutenant Henry Jean Claude Seyoboka n’umwunganira basabye urukiko rukuru rwa gisirikari gutesha agaciro icyemezo cyafashwe n’urukiko cyo kumufunga indi minsi 30.
Ubuyobozi bw’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu mu Rwanda, LIPRODHOR butangaza ko buri gushaka uburyo basohoka mu bibazo by’imyenda ufite byahagaritse abaterankunga.
Urubyiruko rurimo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, abakomoka ku bayikoze, abavutse ku bafashwe ku ngufu muri Jenoside n’abiga mu mahanga, biyemeje kubaho bitwa Abanyarwanda.
Ikigo gishinzwe gucunga no guteza imbere ibigega by’umugabane ku ishoramari, Rwanda (RNIT), kirakangurira abantu kwizigamira bashora imari mu kigega RNIT Iterambere Fund.
Abana b’abakobwa 15 bo mu Karere ka Gatsibo batewe inda zitateguwe, bakabyarira iwabo bafashijwe kwigarurira icyizere bigishwa imyuga izabateza imbere.
Abanyamakuru b’abanyamahanga bari mu Rwanda baje gutara no gutangaza inkuru zerekeranye n’inama y’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika, AU, batangajwe no kubona aho u Rwanda rugeze nyuma y’imyaka 22 kivuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo aravuga ko ikibazo cy’umutekano mucye muri Sudani y’Epfo gihangayikishije Afurika, kizibandwaho mu nama y’Afurika yunze Ubumwe.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yongeye gushimangira ko u Rwanda rudateganya guta muri yombi Perezida wa Sudani, Omar Al Bashir, witegura kuza mu nama ya AU.
Abaturage babarirwa mu 190 bo mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, barashimira KT Radio yabakoreye ubuvugizi bakishyurwa asaga miliyoni 2,5Frw bakoreye muri VUP ariko bakaba bari bamaze umwaka n’igice batayahabwa.
Inzego za leta n’abafatanyabikorwa bihaye intego y’uko mu 2020 nta bwandu bushya bwa virusi itera SIDA buzaba bukiboneka mu Rwanda.
Umubyeyi witwa Mbabazi Liliane utuye mu Kagari ka Kabeza mu Murenge wa Kanombe, Akarere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, arashimira Abanyarwanda n’abandi bose bamuhaye ubufasha butandukanye, akabasha kuvuza umwana we mu Buhinde.
Abarimu 1000 bo mu turere dutandukanye tw’igihugu batangiye guhabwa mudasobwa na modem, bizabafasha gufasha abandi barimu kwihugura mu bumenyi bw’icyongereza.
Abagize umuryango Girls in ICT w’abakorerabushake bakora ibijyanye n’ikoranabuhanga, baravuga ko bishyize hamwe kugira ngo bateze imbere ikoranabuhanga mu bagore n’abakobwa bato kandi babashishikarize kurijyamo.
Umushinga wa Clarisse Uwineza wo gutunganya imyanda ibora igakorwamo ifumbire y’imborera (Bio-organic Waste Feltilizer) urahabwa amahirwe yo kwegukana intsinzi yo kuza mu mishinga myiza mirongo itatu ku isi.
Kaminuza y’u Rwanda ifatanyije n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi, REB batangije uburyo bworohereza umunyeshuri usaba kwemererwa kwiga muri iyo kaminuza agahita asabira icyarimwe no kwemererwa guhabwa inguzanyo.