Kapiteni w’ikipe ya Vital’o FC yo mu Burundi akaba umukinnyi mwiza wa shampiyona yaho, Fred Niyonizeye ukina hagati mu kibuga yugarira cyangwa asatira ari mu muryango winjira mu ikipe ya Rayon Sports bamaze kumvikana ibishoboka byose.
Ni ibyago bibaye ku nshuro ya kabiri mu gihe cy’icyumweru kimwe gusa, kuko ku itariki 30 abayobozi b’ahitwa i Meknès bari batangaje itabwa muri yombi ry’abagabo babiri bakekwaho kuba barakoze kandi bagacuruza inzoga y’inkorano ihumanye bigateza urupfu rw’abandi bantu barindwi.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, tariki 5 Kamena 2024 yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko imitwe yombi ibyagezweho muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi kuva 2017-2024 yo kwihutisha iterambere rirambye NST1 agaragaza ko u Rwanda rumaze kwihaza mu ngengo y’imari ku kigero cya 86%.
Guhera tariki ya 10 kugeza ku ya 15 Kamena 2024, mu Rwanda harabera irushanwa mpuzamahanga ngarukamwaka rya Tennis mu cyiciro cy’abagore (Billie Jean King Cup), rigarutse mu Rwanda ku nshuro ya kabiri ryikurikiranya.
Luca Modric n’ikipe ye y’igihugu ya Craoatia bagiriye uruzinduko mu mujyi wa Vatican, aho bari bagiye gusura papa Francis mbere y’uko imikino ya EURO 2024 itangira.
Umuhanzi Cyusa Ibrahim umaze kubaka izina mu muziki Gakondo yatangaje ko igitaramo cye yise Migabo, yahisemo kucyitirira Perezida Paul Kagame kubera ibyiza byinshi amaze kugeza ku gihugu.
Minisitiri w’Ibidukikije Dr. Mujawamaliya Jeanne d’Ardc aratangaza ko ari ngombwa kwita ku bidukikije mbere y’uko byangirika, kuko gusana ibyamaze kwangirika bitwara ubushobozi bwinshi, mu gihe iyo bifashwe neza bitanga ubuzima bwiza ku batuye Isi.
Abaturage bo mu Murenge wa Butaro baturiye igishanga cya Kamiranzovu, barishimira ko igishanga cyajyaga cyangizwa n’isuri, cyatangiye kwitabwaho, bashishikarizwa kugifata neza no kukibyaza ubukungu, bagihinga mu buryo butacyangiza.
Kuwa 05 Kamena 2024, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga (MINAFFET), yatangiye gutanga, binyuze ku rubuga Irembo, inyandiko yitwa ’Apostille’ yemeza ibyangombwa bikenerwa mu mahanga, kugira ngo umuntu ahabone serivisi yifuza.
Nyuma y’uko byagaragaye ko hari ababyeyi batumva akamaro gukina bifite mu buzima bw’umwana, u Rwanda n’abafatanyabikorwa, biyemeje gushyiraho politiki ifasha abana kwiga ibintu bitandukanye binyuze mu mikino (Learning through Play).
Binyuze mu mikino ya kamarampaka (playoffs) yakinwe kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Kamena 2024, ikipe ya Rutsiro FC na Vision FC, zabonye itike yo gukina icyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2024-2025.
Abagize koperative y’Abashoferi b’amakamyo manini yambukiranya imipaka ariko ikorera Imbere mu gihugu ya United Heavy Truck Drivers of Rwanda, ibarizwamo n’abanyamahanga batandukanye biyemeje kujya gusobanura mu mahanga Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Kamena 2024, yatangaje ko yageze mu Bubiligi mu mujyi wa Bruxelles aho afite igitaramo ku itariki 8 Kamena.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prof Ngabitsinze Jean Chrysostome yagaragaje ko kuba ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byagabanyijwe bizagira impinduka ku biciro by’ibindi bicuruzwa birimo ibiribwa.
Ibiyobyabwenge ni kimwe mu mpamvu zikomeye mu gutera uburwayi ndetse bikanakurura urupfu ku bantu baba babikoresha, iyo usanga barabaswe nabyo cyangwa se bagakoresha ibirengeje igipimo.
Muri Tanzania, imodoka y’umudepite yafatiwe mu bikorwa byo kwinjiza mu gihugu abimukira b’Abanya-Ethiopia binjira muri icyo gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Abantu bitwaje intwaro bishe umuyobozi w’umujyi w’umugore muri Mexico, nyuma y’amasaha macye igihugu kiri mu birori by’intsinzi ya Claudia Sheinbaum nk’umugore wa mbere watorewe kuyobora igihugu.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Gasamagera Wellars, yavuze ko Umuryango wa FPR-Inkotanyi atari ishyaka asobanura n’impamvu yabyo.
Binyuze mu iperereza riri gukorwa n’ishyirahamwe rishinzwe imyitwarire mu Bwongereza(FA), Lucas Paqueta akurikirankweho icyaha cyo gutega yihesha amakarita y’umuhondo, mu gihe iki cyaha cyamuhama akaba yahanishwa kuvanwa mu bikorwa by’umupira w’amaguru ubuzima bwe bwose.
Mu burasirazuba bw’umurwa mukuru w’Ubwongereza ‘Londres’, hatoraguwe umwana w’uruhinja w’umukobwa azagupimwa ibipimo ndangasano basanga ari umuvandimwe w’abandi bana babiri batoraguwe muri ako gace yatoraguwemo.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora NEC irasaba urubyiruko kuzitabira amatora ku gihe, kugira ngo amasaha yo gutora asozwe nta bantu bakiri ku mirongo, bityo byorohereze ababarura amajwi gutangira akazi kabo.
Abafatanyabikorwa ba Minisiteri y’Ibidukikije barimo Equity Bank n’umushinga wa USAID witwa Hinga Wunguke, batangiye gutanga inguzanyo zishyurwa ku nyungu nto, zizahabwa abahinzi n’abandi bafite imishinga ijyanye no kubungabunga ikirere.
Abanyeshuri na bamwe mu barezi bo ku kigo cy’amashuri cya Kingdom Education Center giherereye mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro, tariki 04 Kamena 2024, basuye Ingoro y’Inteko Ishinga Amategeko ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali, baganirizwa na bamwe mu Badepite ku miterere n’imikorere y’Inteko Ishinga Amategeko.
Ishuri rikuru rya Polisi (NPC) riherereye mu Karere ka Musanze ku bufatanye na Kaminuza y’u Rwanda, ryatangije inama nyunguranabitekerezo y’iminsi ibiri yiga ku mahoro, umutekano n’ubutabera, ijyanye na gahunda y’amasomo amara umwaka ahabwa ba Ofisiye bakuru baturuka mu bihugu icyenda byo muri Afurika.
Nyuma y’uko bigaragaye ko hari abantu bamwe biba amakuru muri telefone z’abandi banyuze ku rubuga rwa WhatsApp urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwaburiye abakoresha ‘WhatsApp’ uburyo bw’ubwirinzi bukumira abashaka kuyinjiramo.
Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Kugenzura Imikorere y’Inzego zimwe na zimwe z’imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA), rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli mu Rwanda, aho litiro imwe ya lisansi yageze ku 1,663Frw naho iya mazutu igera ku 1,652Frw.
Perezida Kagame yahawe Impamyabumenyi y’Ikirenga y’Icyubahiro mu bijyanye n’Imiyoborere Rusange "Public Policy and Management’’ muri kaminuza ya Yonsei iri muri Korea.
Umuhanzi wo muri Nigeria, Oladapo Oyebanjo, ufite izina rya stage "D’banj,” yatangaje ko urugendo rwe rw’umuziki amazemo imyaka 20 ibyo yagezeho byose bitari gushoboka iyo atagira Michael Ajereh, uzwi cyane ku izina rya Don Jazzy wamufashije akamuba hafi.
Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, yitabiriye inama ya 19 y’Abagaba b’Ingabo ku mugabane w’Afurika ndetse n’Abakuru b’Inzego zishinzwe Umutekano igamije kurebera hamwe ibibazo bibangamiye umutekano muri Afurika.
Urugo ruri mu Mujyi wa Kigali rwahindutse ishuri ry’ubuzima bwa buri munsi bwo hambere mu Rwanda, aho abarimu bigisha Ikinyarwanda bavuga ko hatumye baruhuka imvune zo kuba barigishaga amagambo atumvikana.
Bamwe mu bagize ibyiciro byihariye mu Karere ka Ngororero birimo n’iby’abafite ubumuga, baratangaza ko bagihezwa mu muryango Nyarwanda, ku buryo bibangamiye uburenganzira bwabo, bakifuza ko hakomeza gukorwa ubuvugizi bakitabwaho.
Rutahizamu ukomoka muri Nigeria, Ani Elijah wakiniraga ikipe ya Bugesera FC yamaze kuba umukinnyi mushya wa Police FC mu gihe kingana n’imyaka ibiri iri imbere.
Charlotte Mumukunde, ni umuturage wo mu Mudugudu wa Uwintobo, Akagari ka Mubuga, Umurenge wa Kibeho w’Akarere ka Nyaruguru, Muri uku kwezi kwa Gatandatu kwa 2024, aruzuza umwaka yishyura inguzanyo y’amafaranga ibihumbi 100 yagurijwe muri gahunda ya VUP (Vision Umurenge Program), mu nkingi yayo ya serivisi z’imari (...)
Bamwe mu babyeyi bafite abana mu rugo mbonezamikurire rwa Buyanja, Akagari ka Nyarubuye, Umurenge wa Munyiginya, bavuga ko rwabafashije gukora imirimo ibaha amafaranga ku buryo binyuze mu itsinda bishyiriyeho, batangiye kwiteza imbere.
Imirimo yo kubaka Isoko rya kijyambere ry’ibiribwa rya Musanze, riherereye mu mujyi wa Musanze iri kugana ku musozo aho igeze ku kigero kiri hejuru ya 96% ishyirwa mu bikorwa, ndetse imyiteguro yo gutangira kurikoreramo igeze kure.
U Rwanda na Koreya y’Epfo byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye agamije guteza imbere inzego zirimo ubucuruzi n’ishoramari hagati y’Ibihugu byombi.
Mu busanzwe igufa ry’itako ribarizwa mu magufa akomera cyane kurusha andi yose yo mu mubiri w’umuntu, ariko umugabo wo mu Bushinwa w’imyaka 35 y’amavuko, yavunitse igufa ry’itako biturutse ku gukorora gusa.
Madame Jeannette Kagame yashimiye ababyeyi b’Intwaza (biciwe abana bose mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994) kuba ishuri Abanyarwanda bigiraho ubudaheranwa bavuga iteka.
Depite Musa Fazil Harerimana avuga ko kuba hari abanyamakuru 50 bamaze iminsi barishyize hamwe bamaze bagaharabika u Rwanda abifata nk’igikangisho n’umugambi mubisha wo gushaka gusebya u Rwanda kubera ibyiza rumaze kugeraho.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr. Faustin Ntezilyayo, kuri uyu wa kabiri tariki ya 4 Kamena 2024 yakiriye indahiro za Kaboneka Francis wagizwe Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, hamwe na Tuyizere Thadée na we wagizwe Komiseri muri iyi Komisiyo.
Umuhanzi w’icyamamare ukomoka muri Nigeria, Patrick Okorie, uzwi cyane ku izina rya Patoranking yarangije mu ishuri ry’ubucuruzi rya Harvard.
Mu birori byitabiriwe n’imbaga y’abafana baje kumwakira ,umutoza Jose Mourinho usanzwe uzwiho gukoresha amagambo akomeye, ubutumwa yatanze bwakiriwe neza n’abafana ba Fenerbahçe
Uruganda rw’isukari rwa Kabuye, ari na rwo rwonyine ruri mu Rwanda, rwongeye gufungura ibikorwa byarwo byo gutunganya isukari.
Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko Umugabane wa Afurika ufite byinshi utanga nk’ibisubizo byumwihariko mu bucuruzi mpuzamahanga binyuze mu isoko rusange ndetse ko mu bihe biri imbere izakomeza kuba izingiro ry’iterambere ku Isi.
Police ya Uganda yataye muri yombi uwitwa Kwizera Désiré n’umugore we Uwingabire Kwizera bakoraga akazi ko mu rugo i Kabale muri Uganda bakekwaho kwica uwari shebuja.
Mucunguzi Ronald, wo mu Karere ka Rwamagana, nyiri Kompanyi, Golden Art and Paints, ikora imitako mu mpapuro n’imyambaro bishaje, avuga ko amaze kwinjiza arenga Miliyoni 10 mu gihe cy’imyaka ibiri gusa amaze akora ndetse akaba afite intumbero ko mu myaka itanu (5) iri imbere azaba ageze ku gishoro kinini kandi akoresha (...)
Ambasaderi Dan Munyuza yashyikirije Umwami wa Oman, Nyiricyubahiro Haitham bin Tariq Al Said inyandiko zimwemerera guhagararira inyungu z’u Rwanda muri icyo gihugu.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Dr. Valentine Uwamariya, yasabye abaturage kwirinda ubusinzi n’ubushoreke, byo ntandaro y’amakimbirane mu miryango agira ingaruka cyane cyane ku buzima bw’abana, abenshi bikabaviramo igwingira.
Urubyiruko rukora ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi ruvuga ko impamvu bagenzi barwo batitabira ibikorwa by’ubuhinzi cyane harimo imyumvire micye, gutinya guhomba bitewe n’imihandagurikire y’ikirere ndetse n’igishoro kiruta ikiguzi bahabwa ku musaruro.
Ubuyobozi bw’umuryango wita ku iterambere ry’umugore wo mu cyaro (Réseau des Femmes pour le Development), buratangaza ko bagiye gufatanya n’abagize imiryango ikiri mito gutangiza umushinga wo gutera ibiti bitandukanye hagamijwe kubungabunga ibidukikije, wiswe ‘Rengera ubuzima bwawe’.