Nduhuye Adrien w’imyaka 26 y’amavuko utuye mu Mudugudu wa Kirima, Akagari ka Munini mu Murenge wa Ruhango ho mu Karere ka Ruhango, ari mu maboko ya polisi guhera ku wa 26 Gicurasi 2015, nyuma yo gukubita umukuru w’umudugudu wa Muremera, Safari Gaspard, akanasenya agakuta kanditseho indangagaciro z’uyu mudugudu.
Mu nama Umuryango Mpuzamahanga uharanira Ubutabera, International Justice Misison (IJM), wagiranye n’inzego zifasha mu kumva ibibazo by’abantu ku wa 26 Gicurasi 2015, wabasabye gufatanya kugeza ubutabera ku wahohoteye kuko ari imwe mu ngamba zo gukumira ihohoterwa no kurirwanya.
Minisitiri w’ubutabera mu Rwanda, Busingye Johnston, arasaba abaturage gukurikiza imyanzuro inkiko ziba zategetse kandi hakagaragazwa uwatsinze n’uwatsinzwe, bityo ubutabera bukagerwaho uwarenganye akarenganurwa.
Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye arihanangiriza abayobora amagereza n’aho bafungira handi ko bibujijwe ko umuntu ufunze by’agateganyo yarenza iminsi 30 ataragezwa imbere y’ubutabera cyangwa nta mucamanza ubizi.
Komiseri mukuru w’urwego rw’amagereza mu Rwanda (RCS), Maj. Gen. Paul Rwarakabije avuga ko mu gihe inkiko zigikatira abakoze ibyaha binyuranye gufungwa burundu y’umwihariko, amikoro naboneka bakubaka ahagenewe gufungirwa bene bantu nta kabuza bazabafungira mu kato.
Kubera umusaruro ngo bagaragaje mu gukemura amakimbirane mu baturage, Umuryango ukora ibijyanye no guhosha amakimbirane, Search For Common Ground, kuri uyu wa 30 Mata 2015 washyikirije ibikoresho abunzi bo mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango, bizabafasha mu kurushaho kunoneza no kwihutisha akazi kabo.
Ubuyobozi bukuru bwa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru burasaba abagenzacyaha n’abashinjacyaha bo muri iyo ntara kunoza imikoranire hagati yabo mu gutegura amadosiye, kugira ngo babashe gutanga ubutabera bwifuzwa ku baturage.
Minisitiri w’intebe, Anastase Murekezi, ari kumwe n’abandi Baminisitiri; yatangarije Inteko Ishinga amategeko ku wa 06 Mata 2015, ko abantu bose bagira uruhare mu guhombya Leta ndetse n’abinangira mu kwishyura nyuma yo gutsindwa mu butabera bagiye gufatirwa ibihano bikomeye.
Mu byumweru bibiri abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Kamonyi bamaze bishyuza imitungo yasahuwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, mu manza zisaga ibihumbi bine zari zarananiranye kurangizwa izisaga ibihumbi 2 zararangijwe.
Abaturage badafite ubushobozi bagenewe ubufasha bwo kunganirwa mu mategeko imbere y’ubutabera n’abanyamategeko bo mu nzu z’ubufasha mu by’amategeko bazwi nka MAJ bakorera buri turere tw’Igihugu.
Umuyobozi wa Gereza ya Rusizi, Superintendent Christophe Rudakubana aratangaza ko nta bagororwa barangije igihano bakomeza gufungwa, kuko amadosiye yabo akurikiranwa umunsi ku wundi bityo urangije igihano agataha.
Urwego rw’Umuvunyi rwatangaje ko rugiye gukemura ibibazo bijyanye n’imari rwakira mbere y’uko bijya mu nkiko, kuko zo zifata imyanzuro ituma hatabaho kongera gukorana k’urwego rwarezwe n’umuturage watanze ikirego.
Kalinganire Céléstin wo mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero amaze imyaka ibiri yaranze ko urubanza yatsinzwemo na mushiki we rurangizwa.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi, arasaba abacamanza kwihutisha imanza z’abakurikiranyweho imicungire mibi y’amafaranga agenewe gukura abaturage mu bukene, mu rwego rwo gutanga urugero rw’ubutabera bwiza.
Gusobanukirwa amategeko k’umuturage n’uburenganzira bwe ni intambwe ikomeye mu kuyubahiriza, bikanamufasha kumenya guharanira uburenganzira bwe, nk’uko biteganywa n’itegeko igihe yahohotewe bityo bigatuma abasha no kubana n’abandi neza.
Abaturage bagera kuri 1300 bo mu Murenge wa Jarama Akarere ka Ngoma nyuma yo kumara hafi umwaka wose batishyuwe na rwiyemezamirimo Ntakirutimana Florien ufite kompanyi ECOCAS umwenda wa miliyoni zibarirwa muri 33 noneho bagiye kumujyana mu nkiko.
Mu Karere ka Nyabihu, kuri uyu wa 26 Gashyantare 2015, hafatiwe abagabo batatu bari baturutse Musanze bafite amaduzeni 90 y’ ibiyobyabwenge byo mu bwoko bwa Blue Skys bavuga ko bituruka mu gihugu cya Uganda .
Kayirere Marie Claire ushinjwa n’abantu banyuranye ko yabatetseho imitwe akabacucura ibyabo yagejejwe imbere y’urukiko rw’ibanze rwa Busasamana tariki 19/02/2015, asubikisha urubanza nyuma yo kubura umwunganira mu mategeko kubera ikibazo cy’amikoro make.
Ntahombyariye Speciose, wo mu Murenge wa Kintobo mu Karere ka Nyabihu arashima urwego rwa MAJ rwashyireho guha abaturage ubufasha mu by’amategeko kubera ko rwamufashije gusubirana umurima we nyuma y’imyaka 9 yarawambuweho uburenganzira azira kuba umugore.
Abitabiriye umwiherero w’u rwego rw’ubutabera mu Rwanda, bavuga ko kugira ngo umubare w’ibirego bijya mu nkiko bigabanuke hakwiye kuboneka ubundi buryo bucyemura ibibazo biboneka mu muryango Nyarwanda.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Prof. Sam Rugege arahamagarira Abanyarwanda bose gutanga umusanzu wabo mu kurwanya ruswa kugira ngo ihashywe, kuko urugamba rwo kuyirwanya ruhariwe inzego za Leta, ruswa yakomeza kumuga ubukungu bw’igihugu.
Perezida w’urukiko rw’ikirenga, Prof. Sam Rugege avuga ko bimwe mu bizibandwaho mu mwiherero wa Kane w’urwego rw’ubutabera harimo kureba uburyo imanza zakwihutishwa hamwe no kurwongerera ubushobozi, kuko byagaragaye ko uru rwego rugifite imbogamizi zo kugira abakozi bake, itumanaho, hamwe no kugira imanza nyinshi kurenza (…)
Umuyobozi w’urukiko rw’ikirenga, Prof Sam Rugege aratangaza ko imanza zigera kuri 60 zirebana na ruswa ziri mu nkiko zizaburanishwa zikarangirana n’icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Gatsibo bari bamaranye igihe ibibazo bavuga ko bishingiye ku karengane ngo barishimira uburyo kuri uyu wa 5 Gashyantare 2015 Urwego Igihugu rw’Umuvunyi rwabibakemuriye.
Urubanza rwa Baribwirumuhungu Steven na bagenzi be batatu, bakurikiranweho icyaha cyo kwica umuryango w’abantu batandatu mu Murenge wa Byimana, Akarere ka Ruhango rwagombaga kuburanishwa kuwa 27/01/2015 rwarasubitswe.
Urubanza ubushinjacyaha buregamo Col Byabagamba Tom, Brig Gen (Rtd) Rusagara Frank hamwe na Sgt (Rtd) Kabayiza Francois rwagombaga kuburanishwa mu mizo kuwa kabiri tariki ya 27/01/2015 rwasubitswe.
Bamwe mu bunganira abantu mu mategeko batangiye gusaba ubutabera bw’u Rwanda gutekereza uburyo bwo korohereza abantu basanzwe bazwiho ubunyangamugayo, aho guhita babafunga iminsi 30 mu gihe bakekwaho icyaha ahubwo bakishyura ingwate.
Abanyeshuli bashya baje kwiga mu ishuri rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko ILPD (The Institute of Legal Practice and development) muri uyu mwaka wa 2015 bijeje ko bazahava ari abanyamwuga ba nyabo mu mategeko.
Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, aratangaza ko Leta yongereye ubushobozi n’ubumenyi abakozi bakora mu biro bishinzwe kugira inama abaturage mu bijyanye n’amategeko (MAJ), kugira ngo zikemura ibibazo by’abaturage bahora basiragira mu nkiko rimwe na rimwe bitari ngombwa.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bushenge, Bizuru Nkurikiyimana Isaac w’imyaka 46, yamaze kugezwa muri gereza ya Rusizi, nyuma yufatwa bigoranye ubwo yari yihishe mu karere ka Karongi.