Abayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu Turere twa Huye, Gisagara na Nyanza, bagaya abarimu bakosora nabi ibizamini bitegurwa n’umuryango ‘Carrefour’ bibumbiyemo, biba bitegura abana kuzakora ibizamini bya Leta.
Umuryango mpuzamahanga udaharanira inyungu ‘Teach A Man To Fish’, uvuga ko gutangira gutoza abana bakiri bato gutegura no gucunga imishinga ibyara inyungu, bituma bakurana ubumenyi buhagije bubafasha kwihangira imirimo, kubona akazi no guhangana n’ibibazo by’ubuzima bashobora guhura na byo.
Mu gihe mu Rwanda hashyizwe imbaraga nyinshi mu kwigisha ikoranabuhanga mu mashuri abanza n’ayisumbuye, abiga mu mashuri yisumbuye ku rwunge rw’amashuri rwa Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru bo baryiga mu magambo.
Abanyeshuri 854 barangije amasomo muri INES-Ruhengeri, bahamagariwe kurangwa n’indangagaciro z’imparirwakurusha, indashyikirwa mu byo bakora, kugira ubushishozi no gushyira mu gaciro kandi baba intangarugero, barangwa n’isuku muri byose batibagiwe kugendera ku kuri n’umurimo unoze, kandi bakaba inyangamugayo n’abakirisitu nyabo.
Nyuma y’uko hatangajwe imyanzuro y’Umwiherero wa 17 w’abayobozi bakuru b’igihugu, kuri uyu wa gatandatu tariki ya 22 Gashyantare, Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje amabwiriza mashya agenga kwimura, gusibiza, kwirukana ndetse no guhindurira ishuri abanyeshuri mu byiciro binyuranye.
Mu Karere ka Nyamagabe hari abarezi bigisha mu mashuri yisumbuye bavuga ko imfashanyigisho zidahagije ziri mu bituma batabasha gutanga uburezi bufite ireme nk’uko babyifuza.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi REB kiratangaza ko amanota y’ibizamini bya Leta ku banyeshuri barangije umwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2019 azatangazwa mu cyumweru gitaha.
Kaminuza za bimwe mu bihugu by’i Burayi zatangije ubufatanye na zimwe muri Kaminuza zo mu Rwanda, aho abarimu n’abanyeshuri bazajya basurana bakigana ibijyanye no kongera ibiribwa ndetse no kubungabunga ibidukikije.
Nyinawumuntu Rwiririza Delice uri mu bahatanira ikamba rya Miss Rwanda, yahisemo umushinga wo gukangurira abakobwa bagenzi be kwiga amasomo ya Siyansi kubera uburyo yasanze Siyansi ari ingenzi mu mibereho rusange y’ubuzima bw’abantu cyane cyane mu gihugu cy’u Rwanda cyihuta mu iterambere ry’ikoranabuhanga.
Umwarimu wigisha mu mwaka wa gatatu w’amashuri abanza ku Rwunge rw’amashuri rwa Uwinkomo mu Karere ka Nyamagabe, avuga ko ku bana 49 yigisha, urebye 15 ari bo bazi gusoma no kwandika neza Ikinyarwanda.
Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB), Dr Irénée Ndayambaje, avuga ko ibijyanye n’uburyo bwo gushyira abarimu mu myanya barimo kureba uko byakemuka burundu.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe imibereho myiza, Annonciata Kankesha, avuga ko ababyeyi bagiye bagenera abana babo nibura iminota 15 yo kubafasha kwitoza gusoma, byatuma biyungura ubwenge.
Abahanga mu myigire y’abana bahamya ko kubakundisha umuco wo gusoma bakiri bato bituma badata umwanya wabo barangarira mu bidafite akamaro, ahubwo bakiyungura ubwenge.
Kaminuza y’u Rwanda (UR) hamwe na Banki Itsura Amajyambere (BRD), batangaje ko abanyeshuri batinze kwiyandikisha hamwe n’abatanga amakuru atuzuye ajyanye n’amakonti yabo, ari bo batuma inguzanyo yo kubatunga yitwa buruse itinda kugera ku banyeshuri.
Nyuma yo kubona ko hari ibibazo Umurenge wa Tumba ufite bikeneye gukemurwa hifashishijwe ubushakashatsi n’amahugurwa, ubuyobozi bw’uyu murenge bwiyambaje ishuri rikuru ry’Abaporotesitanti, PIASS.
Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB) gitangaza ko abarimu na bamwe mu bayobozi mu bigo by’amashuri by’inderabarezi (TTC) bagiye gukorerwa isuzumabumenyi ngo hagaragare ubushobozi bwabo mu rurimi rw’icyongereza bigishamo.
Perezida w’ u Rwanda Paul Kagame, ku wa gatanu tariki 25 Mutarama 2019, yafunguye ku mugaragaro kaminuza y’icyitegererezo mu buvuzi, University of Global Health Equity (UGHE).
Manzi Aloys, Umunyarwanda uba mu Bwongereza yahembye abanyeshuri 32 biga mu mashuri abanza ku bigo birindwi by’amashuri abanza mu Murenge wa Base mu Karere ka Rulindo bagize amanota ari hejuru ya 70 % mu bizamini bisoza umwaka w’amashuri wa 2019.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi (REB), Dr. Ndayambaje Irené, aributsa ababyeyi bo mu Karere ka Nyagatare ko uruhare rwabo mu burezi n’uburere bw’abana babo rudasimburwa, bityo bakwiye gufatanya n’abashinzwe inzego z’uburezi kugira ngo intego z’uburezi zibashe kugerwaho.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku burezi (REB) cyahembye abana bo mu mashuri abanza bakoze imishinga itandukanye mu buryo bw’ikoranabuhanga bifashishije mudasobwa, akaba ari amarushanwa yari ageze ku rwego rw’igihugu.
Umuhanzikazi Ingabire Jeanne d’Arc uzwi nka Butera Knowless yarangije icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu ibaruramari, avuga ko mu bimuranga atajya atsindwa cyangwa ngo acike intege mu buzima bwe.
Ku wa gatatu tariki 11 Ukuboza 2019, mu Mujyi wa Kigali habereye inama igamije guhuza imbaraga mu kongera ireme ry’uburezi. Iyo nama yahuje Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF), Minisiteri y’Uburezi(MINEDUC), Amashuri yigenga, n’abandi bashinzwe uburezi.
Miss Mwiseneza Josiane wambitswe ikamba ry’umukobwa watowe na benshi muri Miss Rwanda 2019 (Miss Popularity), aravuga ko arangamiye amasomo yo muri INES-Ruhengeri, kurusha kwitabira amarushanwa y’ubwiza n’ubwo bitazamubuza gukora indi mishinga irimo no kwigisha abakobwa kwitinyuka.
Nyuma y’imyaka ibarirwa muri itanu Minisiteri y’Uburezi isabye amashuri makuru na za kaminuza kwifashisha ikoranabuhanga mu kwigisha no gutanga ibizamini, mu ishuri rikuru PIASS riherereye mu Karere ka Huye bagaragaje ko bibateye impungenge ku ruhande rumwe.
Umuryango Imbuto Foundation urasaba urubyiruko rwiga n’ururangiza amashuri kutibuza amahirwe yo kuba ruri gukurira mu gihugu cyiza.
Nyuma yo gutangiza itorero ry’abana bari mu biruhuko ryatangijwe tariki 16 Ugushyingo 2019, abana bo mu karere ka Huye bashishikarijwe kudahishira ikibi.
Abayobozi mu nzego zinyuranye barishimira uburyo abanyeshuri biga mu Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri bakomeje guhanga udushya, mu rwego rwo gufasha igihugu guhanga imirimo no gukora bimwe mu bikoresho Leta ishoramo amafaranga ibitumiza mu mahanga.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyi ngiro (WDA) bufite gahunda yo kongera amashuri y’imyuga ku buryo mu mwaka wa 2024 ayo mashuri azaba yigwamo na 60% by’abanyeshuri bose bo mu Rwanda.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi(REB) kigiye gutanga mudasobwa zo mu bwoko bwa ’Positivo Wise’ ku bana biga mu mashuri abanza, zikazasimbuzwa izari zisanzwe zo mu bwoko bwa XO.
Umuyobozi w’itorero ry’Abadivantisite b’Umunsi wa karindwi muri Afurika yo hagati n’uburasirazuba, Dr. Blassious Ruguri yashimye Perezida Kagame wabahaye ikibanza i Gacuriro, bakaba bagiye kucyubakamo ibitaro biri ku rwego mpuzamahanga.