Guverineri wa Banki nkuru y’igihugu, John Rwangombwa, wari uri mu karere ka Rusizi tariki 28/10/2014 yagiranye inama n’abayobozi batandukanye bacunga amafaranga ya rubanda mu turere twa Rusizi, Karongi na Nyamasheke abasaba kudakoresha amafaranga y’abaturage babitse mu nyungu zabo bwite.
Mu gutangiza icyumweru ngarukamwaka cyahariwe kwizigamira kuri uyu wa 28/10/2014, Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN), Dr Uzziel Ndagijimana yamenyesheje abantu ko nta rwitwazo bafite rwo kutizigamira.
A bavuga ko badashobora kubona amafaranga yo kwizigamira kubera kutagira ikintu cyabinjiriza, ntibabyemeza Ministeri y’imari n’igenamigambi(MINECOFIN), kuko igaragaza ko kutazigama ari ikibazo cy’imyumvire n’umuco w’abantu kurusha ubukene.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) iratangaza ko Abanyarwanda batangiye kugira umuco wo kwizigamira ikurikije ubwitabire bwabo mu kugana ibigo by’imari ariko ikavuga ko inzira ikiri ndende kugira ngo igihugu kigere ku kigereranyo kifuzwa.
Abakozi mu nzego bwite za Leta bo mu karere ka Gakenke baratangaza ko biyemeje kuzatanga umusanzu urenga miriyoni 40 mu kigega agaciro development fund (AgDF) muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2014-2015.
Abari abanyamuryango ba CT Muhanga baribaza uko bazabona amafaranga yabo bari barabikijemo nyuma y’uko ihombye igakinga imiryango.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), yatashye ku mugaragaro inyubako nshya y’ishami ryayo ryo mu Ntara y’Iburasirazuba riri mu karere ka Rwamagana, ku mugoroba wo ku wa gatanu, tariki 26/09/2014.
Ikigo cy’imali iciriritse cya DUTERIMBERE IMF Ltd cyadukanye uburyo bushya bwo gufasha abanyamuryango bacyo kubona inguzanyo nta nyungu basabwe ahubwo bakungukirwa amafaranga angana na 6% mu gihe cy’umwaka.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi irishimira ko impapuro mvunjwafaranga (bonds) z’u Rwanda ku nshuro ya kabiri zagize ubwitabire bwazamutse ku rugero rwa 232%, rukaba ari rwo rwa mbere runini mu kwitabirwa Guverinoma iyo ariyo yose yaba yaragize, nk’uko iyi minisiteri ibitangaza.
Imibare igaragara mu mirenge itandukanye igize akarere ka Muhanga igaragaza ko abaturage bagejeje imyaka 18 bitabira gukorana n’ibigo by’imali bakiri bakiri bacye kanda ngo ugasanga hari imirimo bakora yagombye kubafasha kwizigama.
Umukozi w’ishami rya RSSB (Rwanda Social Security Board), mu karere ka Ngororero avuga ko hari abakozi ba Leta badahabwa serivisi za RAMA kubera amakosa y’abayobozi babo batabashyira ku rutonde rw’abatanze imisanzu (déclaration) kandi bakatwa amafaranga yabo.
Mu karere ka Kamonyi, umurenge wa Gacurabwenge, amatsinda yo gufashanya, kubitsa no kugurizanya bita “Intambwe”, afasha abaturage bari mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’ubudehe kwibonera bimwe mu byo bakenera batagombye gusaba inkunga Leta.
Zimwe muri serivisi nshya iyi banki iha abakiriya harimo gukoresaha icyuma cya ATM kibikuza kikanabitsa amafaranga, Mobile banking, hanateganyijwe kongera ikoranabuhanga ryo kubasha kwishyura ibicuruzwa mu rwanda hakoreshejwe E-Commerce.
Abaturage 223 b’ahitwa Muganza mu karere ka Gisagara bari bamaze igihe mu cyiciro cy’abahabwa inkunga y’ingoboka batishoboye ubu bamaze kwiyuzuriza inyubako y’ubucuruzi ifite agaciro ka miliyoni 26, babicyesheje kuba barazigamye kuri iyo nkunga bahabwaga buri kwezi.
Mu mahugurwa y’iminsi ibiri agamije kongerera ubumenyi abanyamuryango ba FPR Inkotanyi, basabwe kugira umuco wo kuzigama kugira ngo barusheho kugira imibereho myiza, maze bateze igihugu cyabo imbere.
Bamwe mu banyamuryango ba koperative yo kubitsa no kugurizanya y’abahinzi b’icyayi bibumbiye muri koperative ya KOBACYAMU bakorana n’uruganda rw’icyayi rwa KITABI, “COOPEC Ntukabumwe”, baratangaza ko batishimiye kuba amafaranga yabo bagiye bakatwa agashyirwa muri iyi koperative yarahombye, none ngo bakaba bagiye kongera (...)
Banki ya ECOBANK yateguye igikorwa cyiswe “Birashyushye na ECOBANK”, aho abantu bose bahabwa amahirwe yo gutombora ibikoresho binyuranye harimo n’imodoka, mu rwego rwo gushishikariza Abanyarwanda gukunda umuco wo kwizigamira.
Bamwe mu bacungamutungo b’imirenge SACCO bavuga ko ibyo bigo b’imari bifite inyungu nyinshi byavana mu ihuriro ry’ibigo by’imari (Association of Microfinance Institutions in Rwanda, AMIR) biramutse biryinjiyemo.
Ibigo by’imari birimo imirenge SACCO n’umwarimu SACCO birasabwa kuba umunyamuryango w’ihuriro ry’ibigo by’imari mu Rwanda (Association of Microfinance Institutions in Rwanda/AMIR) mu rwego rwo kurushaho kugira imbaraga no gutera imbere.
Umuyobozi muri ministeri ishinzwe iterambere mpuzamahanga mu gihugu cy’Ubwongereza, Lynne Featherstone arashima akamaro k’amatsinda yo kuzigama no kugurizanya abaturage bibumbiramo kuko bibafasha guhindura imibereho yabo.
Abanyamuryango ba Ratwa Tumba Sacco (RATUSA) yo mu Murenge wa Tumba ho mu Karere ka Huye, barishimira ibyiza bamaze kugeraho bafatanyije na Sacco yabo binyuze mu nguzanyo ibaha kandi na bo bakihatira kuzishyura ku gihe.
Imirenge SACCO yo mu karere ka Rutsiro iranengwa kuba mu mwaka w’ubwisungane mu kwivuza wa 2013/2014 yarafatiriye imisanzu y’abanyamuryango b’ubwisungane mu kwivuza ingana na miliyoni 171 n’ibihumbi 579 ntiyarekure ngo ajye gukora ibyo yatangiwe bijyanye no kwishyura ubuvuzi bwakorewe abo banyamuryango, ahubwo (...)
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko abayobozi bari barambuye ibigo by’amari iciriritse ubu batangiye kwishyura nyuma yo guhagurukirwa n’akarere bakandikirwa.
Bamwe mu baturage batuye umurenge wa Kazo ho mu karere ka Ngoma bagannye ikigo cy’imari Umurenge SACCO wa Kazo bavuga bari kwiteza imbere babikesha kubasha kuzigama amafaranga babonye akagenda agwira akavamo igikorwa kinini.
Bamwe mu batuye ibyaro bavuga ko bagenzi babo baka inguzanyo mu mishinga batanga muri za SACCO cyangwa mu zindi banki, akenshi zihombya n’umuco wo gutsirika izo nguzanyo babanza kunyweraho make inzoga hamwe n’inshuti zabo.
Nyuma y’aho baganiriye n’ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’ibigo by’imali biciririrtse mu Rwanda (AMIR), abayobozi ba SACCO mu karere ka Gisagara bavuga ko kwishyira hamwe n’ibindi bigo by’imari bisanzwe biba muri iri ishyirahamwe bizafasha za sacco kubona umuti w’ibibazo zihura nabyo.
Abacunga mutungo w’ibigo by’imari biciriritse byo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barasabwa kujya bagaragaza inzitizi bahura nazo mu kazi ka bo ka buri munsi kugirango ibigo by’imari bahagarariye bitangwa mu gihombo.
Mu gihe mu murenge Mutendeli ho mu karere ka Ngoma habarizwa igigo by’imari na Banki, umubare wabitabira kubitsa no kuguriza uracyari muke muri ibi bigo by’imari.
Nyuma y’aho sacco yo mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi yibwe n’abakozi bayo bakaburirwa irengero, ibindi bigo by’imirenge sacco byo mu yindi mirenge birasabwa kuba maso byirinda ko amafaranga y’abaturage yakomeza kunyerezwa.
Mu Karere ka Kamonyi abaturage baho barashishikarizwa kwitabira ikimina cya buri mudugudu, kizashyirwaho mu rwego rwo gufatanya mu bikorwa bitandukanye by’iterambere. Izina ry’icyo kimina rikaba ari “Kwigira System.”