Sosiyete ishinzwe gutwara abantu n’ibintu mu ntara y’Amajyepfo Volcano Express yubakiye umukecuru wibana mu karere ka Ruhango witwa Mukangango Beta inaha amatungo magufi abaturanyi be mu rwego rwo kuremera abatishoboye basizwe iheruheru na Jenoside.
Inama Njyanama idasanzwe y’Akarere ka Kirehe iyobowe n’umuyobozi wayo yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 28/06/2013, yemeza ingengo y’imari umwaka wa 2013-2014 imaze kuyikorera ubugororangingo itorwa 100%.
Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’Umuryango, Odda Gasinzigwa, arasaba abagore bo mu karere ka Kayonza kubyaza umusaruro amahirwe bazaniwe n’ikigo cya Women’s Opportunity Center, kizajya gihugura abagore ku bintu bitandukanye.
Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzania nyuma yo kukanyagwa n’amatungo yabo, ubu batujwe mu murenge wa nyamugari mu karere ka kirehe batangiye korozwa inka binyuze muri gahunda ya Girinka, aho bagabiwe n’abaturage bari barorojwe mbere.
Umubyeyi w’abana babiri witwa Kayitare Pierre Claver arangije Kaminuza abikesha akazi akora ko gutwara moto mu mujyi wa Musanze, kuko katumaga abona amafaranga yo kwiyishyurira ishuri ndetse no gutunga urugo rwe.
Abakozi ba World Vision ADP Nyarutovu basuye imiryango 51 y’abacitse ku icumu bo mu karere ka Gakenke babaha inkunga igizwe n’imifarizo yo kuryamaho ndetse n’ibyo kurya byose bifite agaciro ka miliyoni 3 n’ibihumbi 300.
Ubuyobozi bw’inama njyanama y’akarere ka Muhanga buratangaza ko kuba ku ngengo y’imari y’uyu mwaka wa 2012-2013 uri gushira harasagutse amafaranga agera kuri miliyoni 200 atari uko habuze ibikorwa akoreshwa ko ahubwo azimukanwa mu ngengo y’imari y’umwaka ukurikira kuko hari ibikorwa byari byaratangiwe agomba kurangiza.
Ubwo hemezwaga ingengo y’imari y’umwaka 2013-2014, abagize Inama njyanama y’akarere ka Ngoma bagaragaje ko bishimiye kuba baragize uruhare mu kuyitegura bitandukanye na mbere kuko yategurwaga n’akarere bakaza baje kuyemeza gusa.
Inama Njyanama y’akarere ka Karongi yarateranye kuwa 26-06-2013, yemeza ko ingengo y’imari y’umwaka wa 2013-2014 ingana n’amafaranga miliyari 11 n’imisago; kandi ngo izakoreshwa neza kuruta iy’umwaka ugiye kurangira, kuko ngo amasoko azatangwa ku gihe kandi hakazabamo udushya twinshi.
Kuri uyu wa gatatu tariki 26/06/2013, mu murenge wa Kamegeri mu karere ka Nyamagabe habereye umuhango wo gutaha no gushyikiriza minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ibikorwa remezo byubatswe ku nkunga ya Koreya y’Epfo ngo bifashe abaturage bo mu murenge wa Kamegeri na Gasaka.
Umukecuru witwa Consolata Nyirabusanane utuye mu murenge wa Gitovu, akarere ka Burera ashima ubuyobozi bwatumye ava mu bukene bigatuma abasha gufasha umwana we kwiga amashuri yisumbuye ndetse na kaminuza.
Ingengo y’imari akarere ka Ngororero kazakoresha mu mwaka wa 2013-2014, ingana n’amafaranga miliyali 9 azakoreshwa mu bikorwa bitabashije kurangizwa ndetse n’ibindi bikorwa bizamura imibereho y’abaturage.
Abanyeshuri b’urwunge rw’amashuri rwa Ririma mu karere ka Bugesera barishimira amazi meza bagejejweho n’umushinga Water Breeze kuko ubundi mbere bavomaga amazi mabi y’ibiyaga, kandi bakaba bashoboraga no guhura n’impanuka zo kuribwa n’ingona ziba muri ibyo biyaga bajya gushaka amazi.
Umuryango l’Appel wo mu Rwanda ufatanije n’uwo mu gihugu cy’ubufaransa batashye ku mugaragaro umuyoboro w’amazi wa km 4 mu kagari ka Nyagafunzo mu murenge wa Nyankenke mu rwego rwo kugeza amazi meza ku baturage.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buratangaza ko bwafashe icyemezo cyo gusenya zimwe mu nyubako ziri muri uyu mujyi kuko zitajyanye n’igishushanyo mbonera cyawo.
\Abahinzi bo mu murenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu bavuga ko bagiye gucyemura ikibazo cyo kubura imbuto no gusesagura umusaruro nyuma yo kubakirwa ikigega gishobora guhunika toni 400 z’ibirayi.
Iyo ingengo y’imali idakoreshejwe ibyo yateganirijwe bigira ingaruka ku iterambere ry’akarere ndetse n’iry’igihugu muri rusange; nk’uko byatangarijwe mu karere ka Gisagara mu muhango wo kwemeza ingengo y’imari izakoreshwa mu mwaka wa 20213-2014.
Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke, Nzamwita Deogratias, aratunga urutoki abakozi bashinzwe gusoresha kuba banyereza imisoro y’akarere, bakaba bagomba gufata ingamba kugira ngoicyo kibazo gikemuke.
Biteganyijwe ko mu myaka itanu iri imbere, abakene bo mu karere ka Rwamagana bazaba bagabanutse ku gipimo cya 20%, ndetse ngo umuturage akazaba yinjiza amadorari ya Amerika 1240 nk’uko bigaragara ku mbonerahamwe y’ibikorwa biteganyijwe muri iyo myaka.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yageneye ibikoresho byo kwifashisha mu myuga rumwe mu rubyiruko rwo mu imwe n’imwe igize akarere ka Rulindo. Icyo gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 21/06/2013, cyari kigamije gutera inkungas urwo rubyiruko rwize imyuga.
Abanyamuryango ba AVEGA Agahozo mu karere ka Kirehe bagabiye inka eshanu abapfakazi ba Jenoside bo mu karere ka Kamonyi. Izi nka zatanzwe mu rwego rwo korozanya, kugirango abanyamuryango barusheho kwihesha agaciro no kwigira.
Kuri uyu wa gatatu tariki 19/06/2013, mu murenge wa Buruhukiro mu karere ka Nyamagabe hatashywe ku mugaragaro uruganda ruciriritse rukora Kawunga ndetse rukanatunganya amafu anyuranye rwa koperative Twisungane yagezweho ku nkunga ya RDB.
Gutunganya ahantu habera umuhango wo Kwita Izina ndetse n’indi mirimo ijyanye n’imyiteguro biha akazi abaturage benshi kuburyo bamwe bamaze kwikenura bagura amatungo abandi bakarihira abana amashuri babikesheje amafaranga bavana muri iyo mirimo.
Abaturage batuye mu gasanteri kitwa Rond Point ko mu Karere ka Bugesera barasaba ubuyobozi bw’akarere n’ubwa EWSA kubagezaho umuriro w’amashanyarazi kuko ari mu bizatuma babasha gutera imbere.
Nk’uko bimeze ku isi hose, uko imijyi igenda ikura ni ko n’ibikorwa by’urugomo bigenda byiyongera n’ubwo inzego z’umutekano ziba ziticaye.
Umwaka w’ingego y’imari 2012/2013 turimo gusoza uzasiga mu karere ka Nyabihu hatanzwe inka zigera kuri 800 muri gahunda ya Girinka Munyarwanda igamije gufasha Abanyarwanda kwikura mu bukene ndetse no guhindura imibereho yabo.
Kuwa gatandatu tariki 15/06/2013, mu Karere ka Ruhango batangiye ku mugaragaro igikorwa cyo kwimura abatuye ahantu hakunze kwibasirwa n’ibiza (High Risk Zones).
Uwitonze Charlotte wo mu murenge wa Muyumbu mu karere ka Rwamagana aratabariza imfubyi za Jenoside zirera zo muri uwo murenge no mu gihugu muri rusange, kuko benshi bafite ibibazo ariko bakaba badakunze kubona ababageraho.
Imiryango 180 ituye mu Mudugudu w’Ubuhoro wubatswe n’Umuryango Benimpuhwe mu murenge wa Rilima, batangaza ko ubu batakwibarira mu bakene, kuko batagifite ikibazo cy’imiturire ndetse n’icy’ubuzima busanzwe.
Jean Pascal Labile, Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga n’iterambere w’u Bubiligi, yatangajwe n’uburyo imishinga igihugu cye giteramo inkunga itera imbere ikanateza abaturage imbere.