Abagize koperative C.T.S.O.R ikora ubucuruzi bw’amata ku isoko rya Base mu karere ka Rulindo tariki 28/11/2013 biriwe mu byishimo aho bashyikirijwe inkunga y’ibikoresho byo kujya babasha gufata neza amata yabo neza bityo akabasha kubonerwa isoko.
Intumwa za Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ziri kumwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke, kuri uyu wa 28/11/2013 baganiriye n’abaturage bo mu kagari ka Rugari mu murenge wa Macuba batuye ahazubakwa isoko ryambukiranya imipaka rya Rugari maze babasaba kugira uruhare mu kwiyubakira iri soko.
Abaturage bo mu murenge wa Cyanzarwe mu karere ka Rubavu bavuga kuba umuhanda ubahuza n’indi mirenge idakoze neza bituma badashobora gushyikirana n’indi mirenge uko bikwiye, bagasaba ko hagira igikorwa.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arasaba abatuye umurenge wa Kinigi mu karere ka Musanze gukoresha amahirwe bafite bakiteza imbere, kuko umurenge wabo ufite ubutaka bwera neza, ndetse ukaba unakira ba mukerarugendo benshi.
Abarimu, abaganga n’abandi bantu bajijutse bari mu muryango wa FPR -Inkotanyi ariko batari mu nzego z’umuryango, bagiye kwifashwa mu kagari n’imidugudu mu kwigisha abaturage kugira ngo impinduramatwara igamije iterambere igerweho kandi ku buryo bwihuse.
Ubwo Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, yasuraga ahari kwagurirwa uruganda rukora sima (CIMERWA) yashimiye aho imirimo yo kubaka uru ruganda igeze kuko ngo nyuma y’amezi 6 abasuye yasanze imirimo iri kwihuta cyane.
Ambasaderi w’Ubuholandi mu Rwanda, Madame Margarita Leoni Cuelenaere, arashima ibikorwa by’ikusanyirizo ry’amata rya Cyanika ngo kuko bigaragara ko rizazamura aborozi bo mu karere ka Burera bakava mu bukene bakagera ku iterambere rirambye.
Rwiyemezamirimo watsindiye kubaka inyubako nshya y’ahazakorera akarere ka Bugesera, Twahirwa Jean Claude, avuga bitarenze ukwezi kwa gatatu umwaka utaha imirimo yo kubaka iyo nzu izaba yarangiye.
Leta y’u Rwanda n’iy’u Buholandi bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye bwo gushyigikira ibikorwa byo gukwirakwiza amashanyarazi mu baturage, aho kuri uyu wa kane tariki 21/11/2013, u Buholandi bwatanze andi mafaranga agera kuri miliyari 3.5 azongera amashanyarazi ku kigero cya 2%.
Abakozi bo mu kigo c’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) bagendereye abanyeshuri biga mu cyigo cy’imyuga (IPRC South) kiri mu karere ka Huye babashishikariza kwihangira imirimo.
Mu rwego rwo gufasha abatishoboye kuzamuka bakava mu bukene, gahunda ya VUP ibaha inguzanyo bashora mu mishinga ibyara inyungu ariko abayihawe igera kuri miliyoni 296 bakomoka mu Karere ka Gakenke ntibishyura neza kugira ngo ahabwe abandi.
Umugore witwa Mukantabana Jaqueline utuye mu murenge wa Mayange mu kagari ka Kibenga mu karere ka Bugesera amaze kugera kuri byinshi abikesheje umwuga wo kuboha agaseke.
Akarere ka Rulindo gakomeje gushyira imbaraga mu guha abaturage bako ibyangombwa nkenerwa mu buzima bw’ibanze birimo amazi, amashanyarazi, imihanda n’ibindi ariko hari aho ibyo bikorwa bitaragera bitewe n’ibibazo bitandukanye cyangwa n’ n’imiterere yaho.
Abaturage b’umurenge wa Gashonga barinubira amashanyarazi bahawe adahagije kuko ngo ntacyo abamariye dore ko ngo atabasha no guhagurutsa imashini zoroheje zinyuranye bakenera mu bikorwa binyuranye.
Abanyamuryango ba RPF bakorera mu Kigo cy’Ingoro z’Igihugu z’Umurage w’u Rwanda (INMR), bubakiye inzu mugenzi wabo utari ufite aho aba, atanafite ubushobozi bwo kwikodeshereza inzu igaragara yo kubamo.
Abagize inama njyanama y’akarere ka Ngororero bavuga ko batazongera kwihanganira kubona hari bimwe mu bikorwa remezo byubakwa bitwaye amafaranga atagira ingano nyamara mu gihe gito bikaba byangiritse, ababishinzwe bakavuga ko ari inyigo zakozwe nabi.
Koperative “Kundumurimo Munyarwanda” yo mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro, yatashye ku mugaragaro inzu mberabyombi y’ikitegererezo yuzuye itwaye miliyoni 38 z’amafaranga y’u Rwanda, ikaba kuwa Kane tariki 14/11/2013.
Umushinga wa gikirisitu utegamiye kuri Leta World Vision ukorera mu karere ka Gatsibo utangaza ko umaze gufasha aka Karere kongera umubare w’abakoresha ingufu zikomoka kuri biogas nyuma yo kubona ko Akarere ka Gatsibo kari kagifite umubare muto w’abakoresha biogas.
Nyuma y’umwaka inyubako z’uruganda rwagenewe gutunganya umusaruro w’imyumbati mu karere ka Ngororero zuzuye ndetse ubu imashini zizakoreshwamo zikaba zarabonetse, ubu hongewemo na gahunda yo gutunganya umusaruro w’ibigori itari yaratekerejweho mbere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burasaba ibigo by’imari bikorera muri ako karere ko byajya byitabaza ubuyobozi kugira ngo babashe kubafasha gukurikirana ababibye kuko ngo amafaranga babitse ari ay’abaturage.
Umuryango w’Abayapani ushinzwe iterambere mpuzamahanga JICA, Japanese International Cooperation Agency washyikirije Abanyarwanda 60 bafite ubumuga n’ingabo zamugariye ku rugamba ibikoresho by’imyuga binyuranye bazakoresha mu kwiteza imbere no gufasha Abaturarwanda kubona serivisi zikomoka ku myuga uko bazikeneye. (…)
Abagabo bo mu Rwanda barakangurirwa kwikuramo ko abagore ari imashini zikora imirimo yose ikenewe mu rugo, ahubwo bakazirikana ko hakwiye ubufatanye muri byose ndetse n’abagore nabo bagaharanira uburenganzira bwabo bibutsa abagabo ubwo bufatanye kuko byagaragaye henshi ko bakora imirimo myinshi kandi ntihabwe agaciro.
Imirimo yo gukora umuhanda uturuka mu mujyi wa Nyamagabe werekeza mu murenge wa Musange wari utegerejwe na benshi irarimbanyije.
Abakora umwuga w’ububaji bo mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera, bakoraga batatanye ariko ubu bakaba barahurijwe hamwe, barishimira ko byatangiye kubabyarira inyungu, aho kuri ubu amafaranga bakoreraga yiyongereye bitwe n’uko ababagana baba bazi aho babasanga.
Minisitiri w’Imari n’igenamigambi, Amb. Claver Gatete, n’umuyobozi wa delegasiyo y’Abongeleza basinyanye amasezerano yemerera u Rwanda inkunga ya miliyoni 32 z’amapawundi ugereranyije mu manyarwanda arenga miliyari 32 yo guteza imbere imishinga yo mu byaro bikiri inyuma.
Abakozi ba ambassade y’Igihugu cy’Ubwongereza mu Rwanda bashima uko inkunga batanga mu karere ka Ngororero zikoreshwa muri gahunda y’iterambere n’uburenganzira bw’abaturage.
Abanyarwanda baba mu gihugu no hanze yacyo bamaze gutanga amafaranga agera kuri miliyari 20 na miliyoni 190 z’amafaranga y’u Rwanda kuva ikigega Agaciro Development Fund cyatangizwa muri Kanama umwaka wa 2012.
Abatuye umudugudu wa Karimbu akagali ka Mutendeli mu murenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma basabye misa bashima Imana kuko ikibazo cyari kibakomereye cyo kuvoma kure cyakemutse maze bakegerezwa amazi iwabo mu mududgudu.
Umutahira w’itorero ry’igihugu mu Karere ka Gakenke, Karekezi Joseph yatangaje ko ibikorwa by’iterambere byakozwe n’abanyeshuri bari ku rugerero basaga gato 1100 bifite agaciro ka miliyoni 54 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko bwahigiye gufatanya n’utundi turere two mu ntara y’amajyaruguru kugira ngo bazagure imodoka ya “Kizimyamwoto” izajya ibafasha guhangana n’inkongi z’umuriro muri iyo ntara.