<?xml 
version="1.0" encoding="utf-8"?>
<rss version="2.0" 
	xmlns:dc="http://purl.org/dc/elements/1.1/"
	xmlns:content="http://purl.org/rss/1.0/modules/content/"
	xmlns:atom="http://www.w3.org/2005/Atom"
>

<channel xml:lang="en">
	<title>Kigali Today</title>
	<link>https://www.kigalitoday.com/</link>
	<description>Kigali Today ibagezaho amakuru nyayo ku Rwanda</description>
	<language>en</language>
	<generator>SPIP - www.spip.net</generator>
	<atom:link href="https://www.kigalitoday.com/spip.php?page=backend" rel="self" type="application/rss+xml" />

	<image>
		<title>Kigali Today</title>
		<url>https://kigalitoday.com/local/cache-vignettes/L144xH34/siteon0-628cb.gif?1780071413</url>
		<link>https://www.kigalitoday.com/</link>
		<height>34</height>
		<width>144</width>
	</image>



<item xml:lang="en">

		<title>Perezida Kagame yavuze ku gahinda abagore bahura na ko ku isi</title>

		<link>https://kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/perezida-kagame-yavuze-ku-gahinda-abagore-bahura-na-ko-ku-isi</link>

		<guid isPermaLink="true">https://kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/perezida-kagame-yavuze-ku-gahinda-abagore-bahura-na-ko-ku-isi</guid>

		<dc:date>2018-06-05T10:50:27Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Mu mahanga
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				KT Editorial
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Kagame mu bubiligi
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Perezida Paul Kagame avuga ko bikigoye gufata umugore nk’umuntu ushoboye, kuko igihe cyose abarirwa mu ishusho y’umugabo kandi badahuje imbaraga n’imiterere.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Perezida Kagame yavuze ku gahinda abagore bahura na ko ku isi</h1>

			

			

			<div class='spip_document_104605 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="74" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/de68eqtwkaemi-t.jpg' width="1080" height="739" alt="Perezida Kagame ageza ijambo ku bitabiriye inama Nyaburayi ku Iterambere" title="Perezida Kagame ageza ijambo ku bitabiriye inama Nyaburayi ku Iterambere" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Perezida Kagame ageza ijambo ku bitabiriye inama Nyaburayi ku Iterambere</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Perezida Kagame avuga ko kuba abagore ari bo baharirwa imirimo yo kwita ku muryango, kurera abana no gukurikirana gahunda zose z’umuryango, bidindiza iterambere ryabo ryo mu mwuga.</p>
<p>Agira ati “Turacyafite urugendo rurerure ngo duhe abagore uburinganire n’icyubahiro bakwiye. Ibyo bigira ingaruka mu gutuma basigara inyuma. Ibi tubirebera ku bibera mu bice byose byo ku isi kandi twese bitugiraho ingaruka.</p>
<p>“Mu kazi cyangwa mu bayobozi, usanga abagabo bareberwa k’uko bateye cyangwa ibyo bashoboye. Kandi ugasanga bo bifata uko bishakiye. Kandi ni ko bikwiye kumera. Ariko ubwo bwisanzure ntibuhabwa abagore.”</p>
<p>Yabitangarije mu ijambo yagejeje ku bitabiriye inama Ngarukamwaka yiga ku iterambere ry&#8217;Uburayi, izwi nka ‘European Development Days’, inama yafunguwe kuri uyu wa Kabiri tariki 5 Kamena 2018.</p>
<p>Inama y’uyu mwaka iribanda ku kamaro k’abari n’abategarugori mu kugera ku ntego z’iterambere rirambye, cyane cyane bahabwa amahirwe angana n&#8217;ay&#8217;abandi mu nzego zifata ibyemezo.</p>
<div class='spip_document_104606 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="51" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/de68eqkx0aicnrv.jpg' width="1080" height="695" alt="Iyi nama iriga ku ruhare rw'umugore mu iterambere" title="Iyi nama iriga ku ruhare rw'umugore mu iterambere" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Iyi nama iriga ku ruhare rw&#8217;umugore mu iterambere</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Yavuze ko ihezwa ry’abagore rigenda rikagera n’aho umugore aba agomba kwitwara mu buryo runaka kugira ngo ashimishe abagabo, haba mu migendere cyangwa mu mivugire kandi atabyubahiriza bikaba byamuviramo kudatera imbere.</p>
<p>Ati “Umuco wo kudahana ihohotera rishingiye ku gitsina ubangamiye bikomeye uburenganzira bw’abagore, kandi dukomeza kumva ko bigenda bizamuka.”</p>
<p>Perezida Kagame ariko asanga umuti w’iki kibazo ari uguhindura imyumvire yo kumva ko umugore ari ikiremwa kitagira intege.</p>
<p>Yatanze urugero ku Rwanda rwageregaje gukuraho amategeko yabangamiraga abagore, rugashyiraho andi atuma bajya ku rwego rumwe n’abagabo.</p>
<p>Rumwe mu ngero yatanze ni uko hari itegeko ryemerera abagore babyaye umushahara no gukomeza guhembwa kandi kera ritarabagaho.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://kigalitoday.com/IMG/jpg/de68eqkx0aicnrv.jpg"
				length="118329"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Perezida Kagame azahura n'Umwami Philippe w'u Bubiligi</title>

		<link>https://kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/perezida-kagame-azahura-n-umwami-philippe-w-u-bubiligi</link>

		<guid isPermaLink="true">https://kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/perezida-kagame-azahura-n-umwami-philippe-w-u-bubiligi</guid>

		<dc:date>2018-06-04T09:37:57Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Mu mahanga
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				KT Editorial
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Kagame mu bubiligi
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Perezida Kagame ari mu Bubiligi aho yitabiriye inama ya 12 Ngarukamwaka Nyaburayi ku Iterambere izwi nka (European Development Days).
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Perezida Kagame azahura n’Umwami Philippe w’u Bubiligi</h1>

			

			

			<div class='spip_document_104566 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="47" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/grid-7.jpg' width="717" height="394" alt="Perezida Kagame azahura n'Umwami w'u Bubiligi" title="Perezida Kagame azahura n'Umwami w'u Bubiligi" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Perezida Kagame azahura n&#8217;Umwami w&#8217;u Bubiligi</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Nyuma yo kugeza ijambo ku bitabiriye iyi nama, ni ho azahura n’Umwami Philippe w’u Bubiligi, nyuma agirane ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu Charles Michel.</p>
<p>Iyi nama izaba tariki 5 kugera kuri 6 Kamena 2018, izibanda ku kamaro k’abari n’abategarugori mu kugera ku ntego z’iterambere rirambye, bahabwa amahirwe angana n&#8217;ay&#8217;abandi mu nzego zifata ibyemezo.</p>
<p>Itangazo Perezidansi yashyize ahagaragara, rivuga ko ari umwanya mwiza ku Rwanda wo kuganira ku mubano n’ibindi bihugu, ku birebana n’akarere ruherereyemo n’isi muri rusange.</p>
<p>Perezida wa Repubulika kandi azagirana inama n’abayobozi b’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi batandukanye.</p>
<div class='spip_document_104567 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="154" data-legende-lenx="xxx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/36475551684_503f195841_k.jpg' width="1280" height="940" alt="Perezida Kagame yaherukaga guhura na Minisitiri w'Intebe w'iki gihugu Charles Michel muri Nzeri 2017, ariko banahuriye mu Bubiligi muri Kamena uwo mwaka" title="Perezida Kagame yaherukaga guhura na Minisitiri w'Intebe w'iki gihugu Charles Michel muri Nzeri 2017, ariko banahuriye mu Bubiligi muri Kamena uwo mwaka" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Perezida Kagame yaherukaga guhura na Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu Charles Michel muri Nzeri 2017, ariko banahuriye mu Bubiligi muri Kamena uwo mwaka</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Bamwe muri bo barimo Perezida w’Inama Nyobozi y’uyu Muryango, Donald Tusk na Komiseri ushinzwe umubano mpuzamahanga n’iterambere muri uyu Muryango, Neven Mimica.</p>
<p>Azanahura n’uhagarariye Ihuriro ku Bubanyi n’Amahanga n’Umutekano akaba yungirije Umukuru w’uyu Muryango, Federica Mogherini; Perezida wa Komisiyo y’uyu Muryango, Jean-Claude Juncker; na Perezida w’Inteko Ishingamategeko y’u Burayi, Antonio Tajani.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://kigalitoday.com/IMG/jpg/36475551684_503f195841_k.jpg"
				length="338073"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Bruxelles: Abanyarwanda batangiye kwitegura kwakira Perezida Kagame</title>

		<link>https://kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/bruxelles-abanyarwanda-batangiye-kwitegura-kwakira-perezida-kagame</link>

		<guid isPermaLink="true">https://kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/bruxelles-abanyarwanda-batangiye-kwitegura-kwakira-perezida-kagame</guid>

		<dc:date>2018-06-01T12:44:24Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				 Mu Rwanda
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				KT Editorial
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Kagame mu bubiligi
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Abanyarwanda batuye i Burayi batangiye gukoranaho ngo bazahe ikaze Perezida Paul Kagame uzitabira inama izaba yiga ku iterambere ry’uwo mugabane.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Bruxelles: Abanyarwanda batangiye kwitegura kwakira Perezida Kagame</h1>

			

			

			<div class='spip_document_104498 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="74" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/34414600633_cab0d0ea1c_k.jpg' width="1280" height="853" alt="Perezida yaherukaga guhura n'Abanyarwanda baba mu Bubiligi umwaka ushize" title="Perezida yaherukaga guhura n'Abanyarwanda baba mu Bubiligi umwaka ushize" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Perezida yaherukaga guhura n&#8217;Abanyarwanda baba mu Bubiligi umwaka ushize</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Perezida Kagame uyoboye umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) ategerejwe muri iyo nama guhera ku itariki 5-6 Kamena 2018.</p>
<p>Mu itangazo umuryango w&#8217;Abanyarwanda baba mu Bubiligi washyize ahagaragara, bagize bati "Muze duhure tumugaragarize (Kagame) ko dushyigikiye ibikorwa yakoreye igihugu (u Rwanda), agaciro yasubije Abanyarwanda no kwimika ubumwe bwa Afurika."</p>
<div class='spip_document_104501 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/35091011011_50129c5321_k-2.jpg' width="1280" height="1164" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Perezida Kagame yaherukaga muri icyo gihuhu mu 2017, aho yari yitabiriye inama nk&#8217;iyo.Icyo gihe yayivuyemo yitabira igikorwa kizwi nka "Rwanda Day" cyari cyateguwe n&#8217;Abanyarwanda baba i Burayi,aho yaganiriye n&#8217;Abanyarwanda n&#8217;incuti z&#8217;u Rwanda bagera ku 2.700.</p>
<div class='spip_document_104500 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="67" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2018-06-01_at_13.56.52.jpg' width="676" height="960" alt="Itangazo rihamagarira Abanyarwanda kuzaza kwakira Perezida Kagame" title="Itangazo rihamagarira Abanyarwanda kuzaza kwakira Perezida Kagame" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Itangazo rihamagarira Abanyarwanda kuzaza kwakira Perezida Kagame</strong></div></div>
</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://kigalitoday.com/IMG/jpg/35091011011_50129c5321_k.jpg"
				length="334022"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>



</channel>

</rss>
