<?xml 
version="1.0" encoding="utf-8"?>
<rss version="2.0" 
	xmlns:dc="http://purl.org/dc/elements/1.1/"
	xmlns:content="http://purl.org/rss/1.0/modules/content/"
	xmlns:atom="http://www.w3.org/2005/Atom"
>

<channel xml:lang="en">
	<title>Kigali Today</title>
	<link>https://www.kigalitoday.com/</link>
	<description>Kigali Today ibagezaho amakuru nyayo ku Rwanda</description>
	<language>en</language>
	<generator>SPIP - www.spip.net</generator>
	<atom:link href="https://www.kigalitoday.com/spip.php?page=backend" rel="self" type="application/rss+xml" />

	<image>
		<title>Kigali Today</title>
		<url>https://kigalitoday.com/local/cache-vignettes/L144xH34/siteon0-628cb.gif?1780676253</url>
		<link>https://www.kigalitoday.com/</link>
		<height>34</height>
		<width>144</width>
	</image>



<item xml:lang="en">

		<title>Nigeria hari ibyo igikemura, nibirangira izaza - Perezida Kagame</title>

		<link>https://kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/nigeria-hari-ibyo-igikemura-nibirangira-izaza-perezida-kagame</link>

		<guid isPermaLink="true">https://kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/nigeria-hari-ibyo-igikemura-nibirangira-izaza-perezida-kagame</guid>

		<dc:date>2018-03-22T16:44:39Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ubucuruzi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Malachie Hakizimana
			</category>
		
			<category domain="tag">
				African Union meeting
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Nigeria nka kimwe mu bihanganye bya Afurika yatunguranye ntiyasinya ku masezerano yasinyiwe i Kigali, mu nama yari ihateraniye y’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU).
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Nigeria hari ibyo igikemura, nibirangira izaza - Perezida Kagame</h1>

			

			

			<div class='spip_document_102523 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="93" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/president-paul-kagamelmoussa-faki-mahamat-the-chairperson-of-the-african-union-commission.jpg' width="1080" height="720" alt="Ku buyobozi bwa Perezida Kagame niho hasinyiwe amasezerano akomeye mu mateka y'uyu muryango" title="Ku buyobozi bwa Perezida Kagame niho hasinyiwe amasezerano akomeye mu mateka y'uyu muryango" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Ku buyobozi bwa Perezida Kagame niho hasinyiwe amasezerano akomeye mu mateka y&#8217;uyu muryango</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ibihugu 44 byo ku mugabane wa Afurika byasinye ku mesezerano atandukanye, ariko harimo bimwe mu bitagaragaye mu isinywa nk’u Burundi, Eritrea, Sierra Leone, na Guinea-Bissau, nabyo bitagize amasezerano n’amwe bisinyaho.</p>
<p>Gusa Nigeria ni igihugu kiba gihanzwe amaso muri Afurika kubera ubuhangange bwacyo, bwo kuba gituwe n’abaturage benshi kandi gifite ubukungu buteye imbere bwafasha mu kuzamura ubukungu bw&#8217;umugabane wose.</p>
<p>Perezida Kagame uyoboye umuryango wa Afurika yunze Ubumwe muri 2018 yavuze ko kuba Nigeriya itarasinye kuri ayo masezerano bitavuze ko itayashyigikiye.<br class='autobr' />
Yavuze ko Nigeriya yagira uruhare muri iri soko rinini kandi buri wese yakwifuza igaragara muri iryo soko. Gusa yavuze ko yumva impamvu batasinye kuko bishonboka ko bagifite ibyo bagomba kubanza gushyira ku murongo.</p>
<p>Yagize ati “Ibyo rero ntibivuze ko bidashyigikiye gahunda yo gushyiraho isoko rusange, ahubwo hari ibyo buri gihugu kirimo kubanza kwigaho ubwacyo kugira ngo habeho kumvikana uko ibintu bishyirwa mu bikorwa.”</p>
<p>Yabitangarije mu kiganiro yagiranye n‘itangazamakuru nyuma gato yo gushyira umukono ku masezerano ashyiraho isoko rimwe rihuriweho n’ibihugu bya Afurika, anamara impungenge abibazaga kuri Nigeriya.</p>
<p>Ati: “Nigeriya yatangaje ko ishyigikiye ishyirwaho ry&#8217;isoko rusange rihuza ibihugu bya Afurika. Usibye n&#8217;icyo, Nigeriya yagiye yitabira kandi ikagira n&#8217;uruhare muri urwo rugendo rwo gushyiraho isoko rusange.</p>
<p>Perezida Kagame yavuze ko ari ngombwa kubaha ibitekerezo n&#8217;uguhitamo kw’ibihugu bitasinye.</p>
<p>Ati “Nzi neza ko bari mu murongo umwe n&#8217;ibindi bihugu bya Afurika, rero hari icyizere ko vuba aha na bo bazatangaza ku mugaragaro ko bashyigikiye amasezerano twese twashyizeho umukono.”</p>
<p>Nigeriya ni igihugu gituwe n’abaturage bangana na miliyoni 186 nk&#8217;uko imibare ya Banki y&#8217;Isi yo mu mwaka wa 2016 ibigaragaza.</p>
<p>Ni kimwe mu bihugu bifite umubare munini w&#8217;abaturage, gifite ubukungu bwafasha cyane muri iri soko rusange rya Afurika, ryahurirwaho n&#8217;abaturage babarirwa muri miliyari 1,2 mu gihe ibihugu byose byaramuka birigiyemo.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://kigalitoday.com/IMG/jpg/president-paul-kagamelmoussa-faki-mahamat-the-chairperson-of-the-african-union-commission.jpg"
				length="206585"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Dore ibitazibagirana mu nama ya AfCFTA yasoje </title>

		<link>https://kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/dore-ibitazibagirana-mu-nama-ya-afcfta-yasoje</link>

		<guid isPermaLink="true">https://kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/dore-ibitazibagirana-mu-nama-ya-afcfta-yasoje</guid>

		<dc:date>2018-03-22T11:06:48Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				 Mu Rwanda
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				KT Editorial
			</category>
		
			<category domain="tag">
				African Union meeting
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Bamwe bashobora kuba batangiye kwiruhutsa ngo “ya nama irarangiye, imihanda igiye kongera ibe nyabagendwa”, ariko hari ibintu bimwe idusigiye bitazibagirana mu buzima bwacu.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Dore ibitazibagirana mu nama ya AfCFTA yasoje </h1>

			

			

			<div class='spip_document_102511 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="72" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/40944002131_5334e0d7b8_h-2.jpg' width="1280" height="854" alt="Abakuru b'ibihugu 50 basinye ku masezerano atatu mu buryo butandukanye" title="Abakuru b'ibihugu 50 basinye ku masezerano atatu mu buryo butandukanye" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Abakuru b&#8217;ibihugu 50 basinye ku masezerano atatu mu buryo butandukanye</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mu myaka 40 iri imbere umwana wawe utaravuka cyanywa ukiri uruhinja  ashobora kuzaba atembera muri Afurika hose nta nkomyi cyangwa akorera bizinesi aho ashatse hose muri Afurika, nk’uko uva mu karere kamwe k’u Rwanda ujya mu kandi.</p>
<p>Nibigenda bityo uzamwibutse ko ibyo abikesha amasezerano  yasinyiwe i Kigali tariki 21 Werurwe 2018.</p>
<p>Ushobora kuzaba ushaje ariko iyi tariki ntuzayibagirwe kuko ishimangira ubushake n’umurava w’Abanyarwanda mu kuzana impinduka atari mu Rwanda gusa ahubwo muri Afurika yose.</p>
<p>Aya masezerano nashyirwa mu bikorwa, buri muyobozi wese wa Afurika akayumva neza nk’uko byakomeje kuba inzozi, nta kabuza “Afurika ishobora kuzaba nk’igihugu kimwe” mu myaka iri imbere.</p>
<p>Natwe abariho ubu, dufite amahirwe yo kuba abahamya b’amateka ashobora guhindura isura yaranze Afurika kuva mu gihe cy’ubukoloni kugeza uyu munsi.</p>
<p>Nta washidikanya ko inama ya AU iherutse ari imwe mu nama zikomeye mu mateka y’u Rwanda, niba atari yo nkuru, kubera uburyo yari iteguyemo.</p>
<p>Ibihugu 50 byayitabiriye byashyize umukono ku masezerano atatu akubiyemo ayo gukuraho inzitizi mu bucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika yasinywe n’ibihugu 44, ayo koroshya urujya n’uruza rw’abantu yasinywe n’ibihugu 27 n’andi yiswe Kigali Declaration yasinywe n’ibihugu 43.</p>
<p>Twabakusanyirije ibintu bitanu byaranze iyi nama utazongera kubona mu minsi ya vuba, bishobora no kugufasha kubona ko ari inama yari inogeye u Rwanda rwaba rwarakiriye mu mateka (The coolest Summit ever).</p>
<p><a href="http://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/abatega-moto-ibiciro-byikubye-kabiri-abafite-imodoka-zabo-bakererwa-akazi-kubera-embouteillage-amafoto" class="spip_out" rel="external"><strong>Embouteillage, embouteillage, embouteillage</strong></a></p>
<div class='spip_document_102497 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2018-03-18_at_20.56.10-2.jpg' width="1080" height="1080" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Nta jambo na rimwe rishobora gusobanura uburyo ikibazo cy’imihanda cyari kifashe muri iyi minsi itatu ishize. Uwayinyuragamo mu modoka wenyine niwe uzi uburemere bwa byo.</p>
<p><a href="http://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/u-rwanda-rwahawe-inkunga-ya-miliyari-45frw-iza-kuri-moto" class="spip_out" rel="external">Embouteillage</a> yishe byinshi inakereza benshi, haba ku gihe abantu bakoreshaga no ku mafaranga yakoreshwaga mu ngendo byose byarikubye.</p>
<div class='spip_document_102498 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/12-142-2.jpg' width="717" height="467" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ariko ku rundi ruhande ari nayo mpamvu twahisemo iyi ngingo kuyishyira mu bintu bitanu twatoranyije, ni uko embouteillage yatweretse ko imihanda akenshi abantu binuba ihagije.</p>
<p>Hari abari basanzwe binubira ambouteillage mu minsi isanzwe, ariko mu gihe cy’inama ya AU iyakoreshwaga yagabanutseho hafi kimwe cya kabiri kandi ubuzima burakomeza.</p>
<div class='spip_document_102522 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="114" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/img-20180320-wa0078-2.jpg' width="990" height="1024" alt="Umuyobozi wa Trade Mark East Africa ari mu bakoze agashya atega moto agiye gusinya amasezerano ya miliyari 45Frw" title="Umuyobozi wa Trade Mark East Africa ari mu bakoze agashya atega moto agiye gusinya amasezerano ya miliyari 45Frw" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Umuyobozi wa Trade Mark East Africa ari mu bakoze agashya atega moto agiye gusinya amasezerano ya miliyari 45Frw</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>N’ubwo ari abakererwaga mu kazi abandi bagakoresha amafaranga y’inyongera ariko nta n’umwe wasibye akazi. Bivuze y’uko n’ubwo imihanda Umujyi wa Kigali ufite idahagije ariko ihari ikoreshejwe neza yatanga serivise zikenewe kuri buri wese.</p>
<div class='spip_document_102514 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="89" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2018-03-20_at_07.34.22.jpg' width="717" height="691" alt="Bamwe mu bakoresha internet baboneyeho umwanya wo kwifashisha ambouteillage bagashyenga" title="Bamwe mu bakoresha internet baboneyeho umwanya wo kwifashisha ambouteillage bagashyenga" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Bamwe mu bakoresha internet baboneyeho umwanya wo kwifashisha ambouteillage bagashyenga</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p><strong>U Burundi </strong></p>
<p>Buri wese yatekereza ko n’ubwo ibihugu by’ibituranyi byaba bitumvikana ariko iyo bigeze ku nyungu rusange bigomba gushyira amakimbirane ku ruhande bikareba icyabiteza imbere. Ariko siko byagenze ku baturanyi b’Abarundi kuko ntibagaragaye muri iyi nama.</p>
<div class='spip_document_102500 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="58" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2018-03-21_at_22.25.25.jpg' width="1080" height="607" alt="Intebe yari yaragenwe u Burundi nta wigeze ayigaragaraho" title="Intebe yari yaragenwe u Burundi nta wigeze ayigaragaraho" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Intebe yari yaragenwe u Burundi nta wigeze ayigaragaraho</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Amakuru ahwihwiswa aravuga ko iki gihugu cyanze kwitabira aya masezerano kubera ko u Rwanda ari rwo ruyoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU). Ibyo bikaba bituruka ko u Burundi bushinja u Rwanda kuba rwarahaye ubuhungiro abaturage babwo bahunze Leta iriho muri iki gihe.</p>
<p>U Burundi bugashinja u Rwanda ko rucumbikiye izo mpunzi buzita abantu bashatse guhirika ubutegetsi muri iki gihugu mu 2015.</p>
<p>U Rwanda n’u Burundi bisanzwe bihuriye no mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ariko na bwo iki gihugu ntikikitabira ibikorwa byose gishobora guhuriraho n’u Rwanda, byaba iby’ubukungu cyangwa ibiteza ibihugu byombi imbere.</p>
<p><strong>Amaraso mashya muri Afurika y’Epfo na Zimbabwe</strong></p>
<div class='spip_document_102501 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="64" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/pk-cyril.jpg' width="604" height="480" alt="Perezida wa Afurika y'Epfo Ramaphosa yahuye na Perezida Kagame" title="Perezida wa Afurika y'Epfo Ramaphosa yahuye na Perezida Kagame" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Perezida wa Afurika y&#8217;Epfo Ramaphosa yahuye na Perezida Kagame</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Nta mezi atatu arashira muri ibi bihugu byombi habayemo impundika ku buyobozi bw’umukuru w’igihughu, ariko ibimenyetso bya mbere by’uko ibi bihugu bigana aheza byatangiye kugaragara.</p>
<p>Afurika y’Epfo ni igihugu ni k’igihangange cyakomeje kugenda kigorana mu myaka yashize cyane cyane iyo habaga hari ikintu kigomba kwemeranywaho ku rwego rwa Afurika.</p>
<p>Zimbabwe yo yari igihugu gisa nk’aho kitaruye ibindi ku buyobozi bwa Robert Mugabe, ariko mu mpinduka ziheruka kuba biragaragara ko abayobozi bashya bariho bafite inyota yo gukorana n’abandi mu rwego rwo kugira Afurika nshya.</p>
<p>Perezida wa Afurka y’Epfo Cyril Ramaphosa niwe watunguye benshi agaragaza uburyo yiteguye gufatanya n’Abanyafurika mu rugendo rushya.</p>
<p>Yanavuze ko nta Munyarwanda uzongera kugira ikibazo cyo kwimwa viza muri Afurika y’Epfo, ikibazo cyari kimaze kuba agatereranzamba.</p>
<p>Perezida wa Zimbabwe we Emmerson Mnangagwa we yavuze ko Zimbabwe ihaye ikaze buri wese wifuza kuhakorera ubucuruzi na buri wese wifuza ubutwererane.</p>
<p><strong>Imyambarire idasanzwe</strong></p>
<p>Muri Afurika haba imyambarire idasanzwe ariko hari n’indi IDASANZWE. Iyi ni imwe muyo twabahitiyemo yagiye itangaza benshi mu bari bitabiriye iyi nama.</p>
<div class='spip_document_102506 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="76" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/40050592315_3c21da7f31_k.jpg' width="1280" height="1909" alt="Iyo myambarire yatunguye bamwe ariko ni imyambarire yemewe mu gihugu cyabo" title="Iyo myambarire yatunguye bamwe ariko ni imyambarire yemewe mu gihugu cyabo" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Iyo myambarire yatunguye bamwe ariko ni imyambarire yemewe mu gihugu cyabo</strong></div></div>
</figure>
</div><div class='spip_document_102502 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="52" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/39137906650_90d4ba6997_k.jpg' width="1280" height="853" alt="Uwo mugabo witeye ibitenge ari mu batangaje abantu" title="Uwo mugabo witeye ibitenge ari mu batangaje abantu" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Uwo mugabo witeye ibitenge ari mu batangaje abantu</strong></div></div>
</figure>
</div><div class='spip_document_102504 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="78" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/40895925462_72effba985_k.jpg' width="1280" height="853" alt="Abayoboke b'ishyaka rya Zanu PF muri Zimbabwe barangwa no kwambara za furari" title="Abayoboke b'ishyaka rya Zanu PF muri Zimbabwe barangwa no kwambara za furari" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Abayoboke b&#8217;ishyaka rya Zanu PF muri Zimbabwe barangwa no kwambara za furari</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p><strong>Imvura nyinshi</strong></p>
<p>Kuva mu ntangiriro za 2018 u Rwanda rwagize amahirwe yo kugira ibihe byiza bitarimo izuba ryinshi nk&#8217;uko byabaga bimeze mu myaka yashize.</p>
<p>Ariko iryo zuba ryasimbuwe n&#8217;imvura yagwaga mu gitondo, saa Sita na nimugoroba, ku buryo byasabaga abantu guhorana imitaka. Imvura nayo iri mu byatunguranye muri iyi nama.</p>
<div class='spip_document_102512 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="39" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2018-03-22_at_00.21.06_1_.jpg' width="960" height="540" alt="Imvura yari imeze nabi muri iyi minsi" title="Imvura yari imeze nabi muri iyi minsi" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Imvura yari imeze nabi muri iyi minsi</strong></div></div>
</figure>
</div><div class='spip_document_102513 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2018-03-22_at_00.21.06_2_.jpg' width="1080" height="607" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p><strong>Kigali Convention Center</strong></p>
<p>Impamvu twahisemo iyi nyubako ni uko nta na rimwe iratenguha mu gihe u Rwanda rwakiriye inama nk’izi. Kuva iyi nkubako ya Kigali Convention Center yakuzura, yakemuye ibibazo u Rwanda rwahuraga na byo byo kubura aho rwakirira inama zikomeye nk’izi.</p>
<div class='spip_document_102505 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/40196050494_9219e19a2e_k.jpg' width="1280" height="854" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ababikurikiranira hafi muribuka Hotel Serena yari igezweho, nyuma iza kugaragara ko ari nto kandi hari ibyo ikibura ngo igere ku rwego mpuzamahanga u Rwanda rugezeho, nyuma hakurikiraho kwakirira inama nk’izi mu ihema ryo muri Camp Kigali.</p>
<div class='spip_document_102507 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="35" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/40003516855_ae011a954d_b.jpg' width="1280" height="854" alt="Ku manywa amahumbezi aba ari yose" title="Ku manywa amahumbezi aba ari yose" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Ku manywa amahumbezi aba ari yose</strong></div></div>
</figure>
</div><div class='spip_document_102508 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/39087519180_23fa1d29ca_k.jpg' width="1280" height="886" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>KCC ntitanga gusa umutekano n’ubwisanzure ku bitabira inama yakira, kuko ifite amahumbezi ikanagira n’umutuzo uturuka ku kuba aho yubatswe nta rujya n’uruza rw’imodoka zihabisikanira kuko hashyizwe “Car Free Zone”. Ikirenze kuri ibyo ibereye ijisho.</p>
<p><strong>Bonus </strong></p>
<div class='spip_document_102509 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="59" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/40891461752_cde520295a_k.jpg' width="1280" height="1396" alt="Madame Jeannette Kagame yari yarimbye mu ikanzu y'umukara" title="Madame Jeannette Kagame yari yarimbye mu ikanzu y'umukara" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Madame Jeannette Kagame yari yarimbye mu ikanzu y&#8217;umukara</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Kuvuga ko Perezida Kagame ari mu bayobozi Bambara neza kandi bakaberwa ni inkuru ishaje. Ariko abahanga bemeza ko burya “inyuma y’insinzi ya buri mugabo hari umugore uba uyihishe inyuma”.</p>
<p>Natwe twakwemeza ko “inyuma y’imyambarire ya Perezida Kagame” hari uba uyihishe inyuma kandi iyi foto irabyemeza.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://kigalitoday.com/IMG/jpg/40944002131_5334e0d7b8_h-2.jpg"
				length="531859"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Amasezerano y'amateka muri Afurika yasinyiwe i Kigali</title>

		<link>https://kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/amasezerano-y-amateka-muri-afurika-yasinyiwe-i-kigali</link>

		<guid isPermaLink="true">https://kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/amasezerano-y-amateka-muri-afurika-yasinyiwe-i-kigali</guid>

		<dc:date>2018-03-21T15:00:06Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ubucuruzi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				KT Editorial
			</category>
		
			<category domain="tag">
				African Union meeting
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ibihugu bigize umugabane wa Afurika byahuriye i Kigali bisinya amasezerano atatu akomeye yo gufasha ibihugu bya Afurika gutahiriza umugozi umwe  mu bukungu (AfCFTA).
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Amasezerano y&#8217;amateka muri Afurika yasinyiwe i Kigali</h1>

			

			

			<div class='spip_document_102486 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="85" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/1top_10_country_trade_free_area.jpg' width="800" height="816" alt="Ibi ni bimwe mu bihugu 10 bya mbere mu bukungu muri Afurika byasinye aya masezerano" title="Ibi ni bimwe mu bihugu 10 bya mbere mu bukungu muri Afurika byasinye aya masezerano" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Ibi ni bimwe mu bihugu 10 bya mbere mu bukungu muri Afurika byasinye aya masezerano</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ayo masezerano uko ari atatu ni ayo gukuraho inzitizi mu bucuruzi hagati y&#8217;ibihugu bya Afurika yasinywe n&#8217;ibihugu 44, ayo koroshya urujya n&#8217;uruza rw&#8217;abantu yasinywe n&#8217;ibihugu 27 ndetse n&#8217;andi yiswe Kigali Declaration yasinywe n&#8217;ibihugu 43.</p>
<p>Afurika y’Epfo yari ku isonga ry’ibihugu byahise bisinya aya masezerano. Perezida wayo mushya Cyril Ramaphosa anagaragaza ko igihugu cye kiteguye gufatanya n’ibindi muri uru rugendo rugamije gutuma Afurika yigira.</p>
<div class='spip_document_102488 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="111" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/mahamat.jpg' width="1080" height="720" alt="Moussa Faki Mahamat, umuyobozi wa Komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe yishimira isinywa ry'amasezerano ya AfCFTA" title="Moussa Faki Mahamat, umuyobozi wa Komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe yishimira isinywa ry'amasezerano ya AfCFTA" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Moussa Faki Mahamat, umuyobozi wa Komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe yishimira isinywa ry&#8217;amasezerano ya AfCFTA</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ramaphosa yari yatangaje ko uretse gukuraho inzitizi mu bucuruzi, Afurika y’Epfo yiteguye gufungura imiryango kuri buri wese.</p>
<p>Yagize ati “Ni gute wavuga ko wakuyeho inzitizi mu bucuruzi n’ubuhahirane ariko ukabuza abantu kwisanzura mu gihugu cyawe? Ubundi byose birajyana.”</p>
<p>Yabitangaje mu kiganiro yatanze muri iyi nama ku munsi wa Kabiri, aho yanabajijwe ku kibazo cy’Abanyarwanda bimwa viza zo kwinjira muri iki gihugu ariko akizeza ko icyo kibazo kitazongera kubaho.</p>
<div class='spip_document_102489 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="66" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/anthem.jpg' width="1080" height="720" alt="Abanyamuryango ba AU baririmba indirimbo yubahiriza uyu muryango" title="Abanyamuryango ba AU baririmba indirimbo yubahiriza uyu muryango" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Abanyamuryango ba AU baririmba indirimbo yubahiriza uyu muryango</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ibindi bihugu bitari byitezwe gusinya kuri aya masezerano ariko bikaza gutungurana bisinya, ni Maroc yashyize umukono ku masezerano yo gukuraho inzitizi mu bucuruzi ariko yizeza ko korohereza urujya n’uruza rw’abantu nabyo bizakurikiraho.</p>
<p>Nigeria niyo itagaragaye mu bihugu bikomeye mu isinywa ry’aya masezerano, nyuma y’uko Perezida wayo Mohammadu Buhari ayikuyemo ku munota wa nyuma avuga ko azabanza kugisha inama.</p>
<div class='spip_document_102490 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="75" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/madagascar.jpg' width="1080" height="720" alt="Henry Rabary Njaka, Minisitiri w'Ububanyi n'amahanga wa Madagascar asinya" title="Henry Rabary Njaka, Minisitiri w'Ububanyi n'amahanga wa Madagascar asinya" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Henry Rabary Njaka, Minisitiri w&#8217;Ububanyi n&#8217;amahanga wa Madagascar asinya</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p><strong>Dore ibihugu byose uko byasinye:</strong></p>
<div class='spip_document_102495 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="3" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/afcfta_treaty_infographic_k2d.jpg' width="1110" height="972" alt="." title="." class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>.</strong></div></div>
</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://kigalitoday.com/IMG/jpg/afcfta_treaty_infographic_k2d.jpg"
				length="259660"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Inzozi z'imyaka 40 z'ubucuruzi budafite inzitizi muri Afurika zasohoye - Perezida Kagame</title>

		<link>https://kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/inzozi-z-imyaka-40-z-ubucuruzi-budafite-inzitizi-muri-afurika-zasohoye-perezida-kagame</link>

		<guid isPermaLink="true">https://kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/inzozi-z-imyaka-40-z-ubucuruzi-budafite-inzitizi-muri-afurika-zasohoye-perezida-kagame</guid>

		<dc:date>2018-03-21T10:29:32Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ubucuruzi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				KT Editorial
			</category>
		
			<category domain="tag">
				African Union meeting
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuyobozi mukuru w’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe Perezida Paul Kagame avuga ko inzozi zari zimaze imyaka 40 zabaye impamo nyuma y’amasezerano ari gusinyirwa i Kigali.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Inzozi z’imyaka 40 z’ubucuruzi budafite inzitizi muri Afurika zasohoye - Perezida Kagame</h1>

			

			

			<div class='spip_document_102496 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="71" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/40944002131_5334e0d7b8_h.jpg' width="1280" height="854" alt="Abakuru b'ibihugu na za Guverinoma bagera kuri 50 bitabiriye iyi nama" title="Abakuru b'ibihugu na za Guverinoma bagera kuri 50 bitabiriye iyi nama" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Abakuru b&#8217;ibihugu na za Guverinoma bagera kuri 50 bitabiriye iyi nama</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Kuri uyu wa Gatatu tariki 21 werurwe 2018, i Kigali hari gusinyirwa amasezerano arimo gukuraho inzitizi mu bucuruzi no korohereza urujya n’uruza rw’abantu muri Afurika.</p>
<p>Ni amasezerano y’amateka, yatangiye gutekerezwaho kuva Abanyafurika batangira igitekerezo cyo gushyiraho umuryango ubahuza bwa mbere mu myaka 38 ishize.</p>
<p>Igitekerezo cyo gushyiraho isoko rusange ku mugabane wa Afurika cyatangiriye mu Mujyi wa Lagos muri Nigeria mu 1980, gitangijwe n’abakuru b’ibihugu bari bitabiriye iyo nama.</p>
<p>Kuva icyo gihe byakomeje kuguma mu magambo ariko ntibishyirwe mu bikorwa, kuko kugeza ubu ubucuruzi n’ubuhahirane hagati y’ibihugu bya Afurika butarenze ikigero cya 20% mu gihe ku yindi migabane igize isi ubuhahirane hagati y’ibihugu biyigize buri hejuru ya 50%.</p>
<div class='spip_document_102491 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/img-20180321-wa0108.jpg' width="1080" height="945" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ubwo yatangizaga inama ya 10 y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), kuri uyu wa Gatatu, Perezida Kagame yavuze ko uyu munsi ari iherezo ry’urugendo rurerure rwatangijwe n’abakurambere.</p>
<p>Yagize ati “Gahunda y&#8217;uyu munsi ni iyo gushyira umukono ku masezerano ashyiraho Isoko Rihuriweho n&#8217;Ibihugu bya Afurika, n&#8217;andi mabwiriza harimo n&#8217;Amasezerano ya Kigali, ibi byose bikaba bishimangira ubumwe bwacu nka Afurika.”</p>
<p>Yavuze ko isinywa ry’ayo mabwiriza ari ikimenyetso cy’uko Abanyafurika barimo gukomeza gushyira imbere icyabahuza.</p>
<p>Ati “Aya mabwiriza yose hamwe arerekana zimwe mu ntambwe zikomeye zimaze guterwa mu bumwe bwacu.”</p>
<p>Moussa Faki Hamat, umuyobozi wa komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe, yavuze ko kwihuza nk’Abanyafurika atari ibintu bakwiye gufatwa nk’ibyoroshye ahubwo bakwiye kumva ko ari inshingano za buri wese.</p>
<p>Ati “Isi irimo guhinduka kandi abahatana bari kurushaho gukaza umurego, munyihangire mbibutse ko iki kibazo ari ingenzi. Tugomba kwihuza (no gukorana).”</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://kigalitoday.com/IMG/jpg/img-20180321-wa0108.jpg"
				length="154862"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>U Rwanda rwahawe inkunga ya miliyari 45Frw iza kuri moto</title>

		<link>https://kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/u-rwanda-rwahawe-inkunga-ya-miliyari-45frw-iza-kuri-moto</link>

		<guid isPermaLink="true">https://kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/u-rwanda-rwahawe-inkunga-ya-miliyari-45frw-iza-kuri-moto</guid>

		<dc:date>2018-03-20T21:07:53Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				 Mu Rwanda
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				KT Editorial
			</category>
		
			<category domain="tag">
				African Union meeting
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuyobozi wa Trade Mark East Africa yateze moto agiye gusinya amasezerano ya miliyari 45Frw z’inkunga iki kigo cyageneye Minisiteri y’Imari n’Ingenamigambi (MIECOFIN).
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>U Rwanda rwahawe inkunga ya miliyari 45Frw iza kuri moto</h1>

			

			

			<div class='spip_document_102462 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="86" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/img-20180320-wa0078.jpg' width="990" height="1024" alt="Umuyobozi wa Trade Mark East Africa, Frank Matsaert yurira Moto agana kuri Minecofin" title="Umuyobozi wa Trade Mark East Africa, Frank Matsaert yurira Moto agana kuri Minecofin" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Umuyobozi wa Trade Mark East Africa, Frank Matsaert yurira Moto agana kuri Minecofin</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mu gihe mu Rwanda hari kubera inama ya Afurika yunze Ubumwe yiga ku guhuza ubucuruzi butagira amananiza muri Afurika, hirya no hino mu Mujyi wa Kigali haravugwa ikibazo cya embouteillage gica ibintu.</p>
<p>Imihanda imwe n’imwe yarafunzwe kubera iyi nama, ariko Umujyi wa Kigali wari wabiteguje abantu mu itangazo washyize hanze mbere gato y’uko iyi nama iba.</p>
<p>Kubera ubwinshi n’ubucucike bw’imodoka, ahantu umuntu yari asanzwe akoresha iminota 10 n’imodoka ari kuhakoresha hagati yiminota 30 n’isaha.</p>
<p>Ibiciro nabyo byiyongereye cyane cyane ku ma moto ugereranyije n’ibyari bisanzwe bikoreshwa.</p>
<p>Gusa igitangaje muri byo ni uko mu gihe hari bamwe batekereza ko iki kibazo cyugarije ba rubanda basanzwe, hari abayobozi bagaragaje ko nabo kitabasize.</p>
<p>Umuyobozi w’ikigo gikomeye mu karere cya Trade Mark East Africa, Frank Matsaert ni umwe mu bahuye n’iki kibazo  ariko abihinduramo urwenya.</p>
<p>Yaragiye kuri MINECOFIN gusinyana amasezerano y’inkunga iki kigo cyageneye u Rwanda.</p>
<p>Yari aturutse kuri Kigali Convention Center ahaberaga inama, abonye igihe afite ari gito ahitamo gutega umumotari.</p>
<p>Yari aherekejwe n’uhagarariye Trademark East Africa mu Rwanda Patience Mutesi nawe wateze moto.</p>
<div class='spip_document_102461 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="34" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/img-20180320-wa0080.jpg' width="1024" height="768" alt="Patience Mutesi nawe yateze moto" title="Patience Mutesi nawe yateze moto" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Patience Mutesi nawe yateze moto</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Nyuma yo kururuka kuri moto yahise asangiza ibyamubayeho abamukurikira kuri Twitter.</p>
<p>Yagize ati “Ibi nibyo bita kwiyemeza. Gutega moto ndi kumwe na mugenzi wanjye Mutesi tugiye gusinya amasezerano kuri MINECOFIN.”</p>
<div class='spip_document_102460 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="66" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/img-20180320-wa0082.jpg' width="768" height="1024" alt="Biyeranje bagera kuri Minecofin basinya amasezerano badakererewe" title="Biyeranje bagera kuri Minecofin basinya amasezerano badakererewe" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Biyeranje bagera kuri Minecofin basinya amasezerano badakererewe</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mutesi nawe yahise ahishura ko icyari kibajyanye ari ugushyira umukono ku masezerano y’inkunga irenga miliyari 45Frw iki kigo cyemereye u Rwanda.</p>
<p>Ati “Biratangaje kubona nyuma y’iminota 15 tuvuye ku munyenga wa moto, twahise dusinya inkunga ya miliyoni 53 z’amadolari hagati ya Trademark East Africa na Guverinoma y’u Rwanda.”</p>
<p>Bamwe mu basomye ubwo butumwa bombi banditse, bashimye igitekerezo bagize cyo kwishakira ibisubizo batiriwe bifashisha izindi ngufu zirenze.</p>
<p>Niba nawe ufite ikintu cyakubayeho cyangwa waboneye muri iyi minsi dusangize ahagenewe ubutumwa.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://kigalitoday.com/IMG/jpg/img-20180320-wa0082.jpg"
				length="186016"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Abayobozi batazasinya amasezerano ya AfCFTA ni abagizi ba nabi - Obasanjo</title>

		<link>https://kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/abayobzi-batazasinya-amasezerano-ya-afcfta-ni-abagizi-ba-nabi-obasanjo</link>

		<guid isPermaLink="true">https://kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/abayobzi-batazasinya-amasezerano-ya-afcfta-ni-abagizi-ba-nabi-obasanjo</guid>

		<dc:date>2018-03-20T13:22:51Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ubucuruzi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				KT Editorial
			</category>
		
			<category domain="tag">
				African Union meeting
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Olusegun Obasanjo yizera ko gusinya amasezerano akuraho amananiza mu bucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika ari ingenzi, ku buryo adashobora kwiyumvisha imitekerereze y’umuyobozi utakwifuza kuyasinya.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Abayobozi batazasinya amasezerano ya AfCFTA ni abagizi ba nabi - Obasanjo</h1>

			

			

			<div class='spip_document_102457 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="51" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/39109163890_18f57470c9_k.jpg' width="1280" height="853" alt="Obasanjo ni umwe mu nararibonye Afurika ifite ubu" title="Obasanjo ni umwe mu nararibonye Afurika ifite ubu" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Obasanjo ni umwe mu nararibonye Afurika ifite ubu</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Obasanjo yabaye Perezida wa Nigeria kuva mu 1999 kugeza 2007, akaba ari imwe mu nararibonye muri Politiki ya Afurika by’umwihariko ku bijyanye n’ubukungu.</p>
<p>Yibukirwa ku buyobozi bwe nk’umuyobozi wazamuye ubukungu bwa Nigeria bwari bwifashe nabi, akabukuba kabiri.</p>
<p>Obasanjo ni umwe mu bakomeje kugaragaza kandi ko afitiye icyizere umusaruro uzaturuka mu guhuza amasoko muri Afurika, ku buryo agereranya umuyobozi wakwitambika muri iyi gahunda nk’umugizi wa nabi.</p>
<p>Agira ati “Natungurwa no kumva ko muri Afurika hari umuyobozi waba atizera cyangwa akibaza iby’amasezerano bigiye gusinyirwa aha yarangiza ntahaboneke. Kuri njye ibyo nabifata nk’ubugizi bwa nabi.”</p>
<div class='spip_document_102458 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="57" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/26045909627_fac1e1c35c_k.jpg' width="1280" height="853" alt="Obasanjo ni umwe mu batanze ikiganiro mu nama ya AfCFTA" title="Obasanjo ni umwe mu batanze ikiganiro mu nama ya AfCFTA" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Obasanjo ni umwe mu batanze ikiganiro mu nama ya AfCFTA</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Yabitangarije mu nama y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe iteraniye i Kigali, igamije gushyira umukono ku masezerano akuraho imbogamizi n’amananiza yose agaragara mu bucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika (AfCFTA).</p>
<p>Icyatumwe Obasanjo abitangaza ni uko kugeza ubu ubucuruzi n’ubuhahirane hagati y&#8217;ibihugu bya Afurika buri ku kigero cya 16%, mu gihe mu yindi migabane nka Aziya na Amerika ibihugu bigize iyo migabane bihahirana hejuru ya 50% hagati yabyo.</p>
<p>Obasanjo asa n’uwunze mu ijambo Perezida Kagame yavuze ubwo yahaga ikaze abitabiriye iyi nama, kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Werurwe 2018, aho yavuze ko abayobozi ba Afurika bakwiye kumenya ko inyungu n&#8217;imbaraga zacu nk&#8217;Abanyafurika zikwiye kugera ku baturage bose.</p>
<p>Yagize ati “Aya masezerano y&#8217;Isoko Rimwe arerekana indoto dufite z&#8217;ubumwe bwacu nk&#8217;Umugabane wa Afurika.”</p>
<div class='spip_document_102459 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/40876782012_b640eaf197_k.jpg' width="1280" height="853" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Perezida Kagame yemeza ko kugera ku isinywa ry’amasezerano ari inzira itoroshye, ariko akizeza abayobozi b’ibihugu bya Afurika bitandukanye ko ahakomeye ari ho hato hasigaye.</p>
<p>Ati “Intambwe ya nyuma y&#8217;urugendo akenshi iba ikomeye.”</p>
<p>Kuri Perezida Kagame kandi ngo ntakabuza inyungu ni nyinshi atari kuri Afurika gusa ahubwo no ku Isi yose muri rusange kuko iri Soko rihuriweho.</p>
<p>Ati “Afurika izagira uruhare runini mu bukungu bw&#8217;Isi mu minsi iri imbere.”</p>
<p>Kanda <a href="https://www.flickr.com/photos/kigali-today/sets/72157666911442498" class="spip_out" rel="external">AHA</a>urebe andi mafoto menshi y&#8217;iyi nama.</p>
<p><strong>Amafoto: Plaisir Muzogeye</strong></p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://kigalitoday.com/IMG/jpg/olusegun-obasanjo.jpg"
				length="67020"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Guteza imbere ubucuruzi hagati y'Abanyafurika ntibyumvikane nko guheza isi- Perezida Kagame</title>

		<link>https://kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/guteza-imbere-ubucuruzi-hagati-y-abanyafurika-ntibyumvikane-nko-guheza-isi-perezida-kagame</link>

		<guid isPermaLink="true">https://kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/guteza-imbere-ubucuruzi-hagati-y-abanyafurika-ntibyumvikane-nko-guheza-isi-perezida-kagame</guid>

		<dc:date>2018-03-20T09:13:28Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				 Mu Rwanda
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				KT Editorial
			</category>
		
			<category domain="tag">
				African Union meeting
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Perezida Paul Kagame yamaze impungenge abakeka ko guteza imbere ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika bizakumira amahanga.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Guteza imbere ubucuruzi hagati y’Abanyafurika ntibyumvikane nko guheza isi- Perezida Kagame</h1>

			

			

			<div class='spip_document_102446 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="106" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/paul-kagame_afcta-_2.jpg' width="1200" height="616" alt="amasezerano ya AfCTA ngo ntazakumira amahanga ahubwo azongerera imbaraga ibigo by'ubucuruzi muri Afurika" title="amasezerano ya AfCTA ngo ntazakumira amahanga ahubwo azongerera imbaraga ibigo by'ubucuruzi muri Afurika" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>amasezerano ya AfCTA ngo ntazakumira amahanga ahubwo azongerera imbaraga ibigo by&#8217;ubucuruzi muri Afurika</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ahubwo asanga ari imwe mu nzira zo kongera ubuhanga no kwaguka kw’ibigo bya Afurika bikora ubucuruzi.</p>
<p>Perezida Kagame yabitangaje mu ijambo ryo guha ikaze abitabiriye inama y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ishinzwe gushyiraho isoko rusange, ritagira amananiza (AfCTA), kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Werurwe 2018.</p>
<p>Yagize ati “‪ Ejo tuzasinya amasezerano ashyiraho Isoko Rihuriweho n&#8217;Ibihugu bya Afurika. Ni amasezerano amaze igihe kinini, ndetse haracyari byinshi byo gukorwa. <br class='autobr' />
Twizeyeko aya masezerano azarushaho gushimangira inzira itugeza ku bumwe bwa Afurika.‬”</p>
<p>Perezida Kagame kandi yahamagariye abakuru b’ibihugu gutangira kuvugurura amasezerano y’ubucuruzi byagenderagaho, kugira ngo ajyane n’ibyeyemejwe mu masezerano ya AfCTA.</p>
<p>Yanahamagariye kandi abikorera n’ibigo byigenga guhuriza hamwe imbaraga kugira ngo umugabane ugere ku cyerekezo wifuza.</p>
<div class='spip_document_102447 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="113" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/paul-kagame_afcta-_1.jpg' width="1024" height="450" alt="Perezida Kagame yanavuze ko Afurika yasigaye inyuma ariko igihe kigeze ngo yongere umuvuduko igere aheza yifuza" title="Perezida Kagame yanavuze ko Afurika yasigaye inyuma ariko igihe kigeze ngo yongere umuvuduko igere aheza yifuza" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Perezida Kagame yanavuze ko Afurika yasigaye inyuma ariko igihe kigeze ngo yongere umuvuduko igere aheza yifuza</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Perezida Kagame kandi avuga ko Afurika yasigaye inyuma cyane mu kwihuza hagati y’abaturage, bikaba bisaba ubukangurambaga kugira ngo Abaturage bazashyire mu bikorwa aya masezerano bayagire ayabo.</p>
<p>Ati “Aya masezerano ya AfCTA no kwegerana kw’Abanyafurika bifitanye isano. Bihuza abaturage bahuriye ku nyungu imwe kandi bikazaha ingufu umugabane wacu.”</p>
<p>Yijeje ibihugu bizasinya kuri aya masezerano ko intambwe yari ikomeye ari iyi yo gusinya aya masezerano ikaba igeze ku musozo, hakaba hasigaye kwicara hamwe abantu bagategura ishyirwa mu bikorwa ry&#8217;aya masezerano ku buryo bwihuse.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://kigalitoday.com/IMG/jpg/paul-kagame_afcta-_2.jpg"
				length="153427"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Kwitegura gusinya amasezerano akuraho imbogamizi mu bucuruzi muri Afurika birarimbanyije</title>

		<link>https://kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/kwitegura-gusinya-amasezerano-akuraho-imbogamizi-mu-bucuruzi-muri-afurika-birarimbanyije</link>

		<guid isPermaLink="true">https://kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/kwitegura-gusinya-amasezerano-akuraho-imbogamizi-mu-bucuruzi-muri-afurika-birarimbanyije</guid>

		<dc:date>2018-03-20T06:44:32Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				 Mu Rwanda
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				KT Editorial
			</category>
		
			<category domain="tag">
				African Union meeting
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Perezida Paul Kagame yahaye ikaze Perezida wa Niger Mahamadou Issoufou wageze mu Rwanda bwa mbere , mu ba perezida bitabira inama y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU).
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Kwitegura gusinya amasezerano akuraho imbogamizi mu bucuruzi muri Afurika birarimbanyije</h1>

			

			

			<div class='spip_document_102441 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="79" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/39091177460_16176890a7_k.jpg' width="1280" height="1015" alt="Perezida Kagame yakiriye mugenzi we wa Niger ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere" title="Perezida Kagame yakiriye mugenzi we wa Niger ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Perezida Kagame yakiriye mugenzi we wa Niger ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mu Rwanda hateraniye inama ya AU igamije gusinya ku masezerano yo gukuraho imbogamizi mu bucuruzi hagati y&#8217;ibihugu bya Afurika (AfCTA).</p>
<p>Kuri uyu wa Mbere tariki 19 Werurwe 2018, habanje inama y&#8217;abaminisitiri b&#8217;ububanyi n&#8217;amahanga, ari nabo bashinzwe gushyira mu bikorwa imyanzuro y&#8217;ayo masezerano.</p>
<p>Igomba gukurikirwa n&#8217;iy&#8217;abakuru b&#8217;ibihugu izaterana kuwa Gatatu tariki 21 Werurwe 2018, ari naho bazashyirira umukono kuri ayo masezerano.</p>
<p>Perezida Mahamadou nk&#8217;umuyobozi w&#8217;iyi gahunda ya Continental Free Trade Area (CFTA), yagombaga kuhagera mbere kugira ngo bashyire ibisabwa ku murongo.</p>
<p>Iyi nama izitabirwa n&#8217;abakuru b&#8217;ibihugu bagera kuri 26, izaba yemeza gahunda ya AfCTA nk&#8217;umwe mu muyoboro uzageza Afurika ku cyerekezo yihaye cya 2063 cyo kuba ifite ubucuruzi bumwe n&#8217;ibikorwa remezo bimwe byose biteza imbere Abanyafurika.</p>
<div class='spip_document_102442 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="90" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/27030195898_f7806f1edc_k.jpg' width="1280" height="1077" alt="Perezida Hamadou niwe wageze mu Rwanda bwa mbere mu baperezida 26 bazitabira inama ya AU" title="Perezida Hamadou niwe wageze mu Rwanda bwa mbere mu baperezida 26 bazitabira inama ya AU" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Perezida Hamadou niwe wageze mu Rwanda bwa mbere mu baperezida 26 bazitabira inama ya AU</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Iyi gahunda ya “CFTA” izahuriza abaturage barenga miliyari 1,2 batuye Afurika ku isoko rimwe ry&#8217;ubucuruzi. Intego yayo ni ukuvana ibikorwa by&#8217;ubucuruzi hagati y&#8217;Abanyafurika biri kuri 16% ikabigeza byibura hejuru ya 50%.</p>
<p>Kuri uyu wa Kabiri kandi Perezida Kagame akaza kugeza ijambo ry&#8217;ikaze ku bitabiriye iyi nama, mbere y&#8217;uko igikorwa Nyirizina cyo gushyira umukono ku masezerano kiba ku wa Gatatu.</p>
<p>Komisiyo y’Ubukungu y&#8217;Umuryango w’Abibumbye ishinzwe Afurika, ivuga ko gushyiraho Iisoko rusange rihuriweho n&#8217;ibihugu byo ku mugabane wa Afurika, byitezweho kuzamura ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika ku kigero cya 52% bitarenze mu mwaka wa 2022.</p>
<div class='spip_document_102443 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="69" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2018-03-18_at_22.01.23-2.jpg' width="1080" height="721" alt="Kuva kuwa Mbere habanje inama y'abaminisitiri b'ububanyi n'amahanga " title="Kuva kuwa Mbere habanje inama y'abaminisitiri b'ububanyi n'amahanga " class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Kuva kuwa Mbere habanje inama y&#8217;abaminisitiri b&#8217;ububanyi n&#8217;amahanga </strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ngo bikazongera umusaruro, ikoreshwa ryawo ndetse binihutishe kwiyongera k’ubukungu bw&#8217;ibihugu byo kuri uyu mugabane.</p>
<p>Mu muhango uteganyijwe kuri uyu wa Gatatu, hazumvwa imbwirwaruhame z’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma.</p>
<div class='spip_document_102444 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2018-03-18_at_22.01.27-2.jpg' width="1080" height="719" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://kigalitoday.com/IMG/jpg/39091177460_16176890a7_k.jpg"
				length="359094"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Gukora ubucuruzi budakumirana mu Banyafurika ni ibyo kwishimirwa - Mushikiwabo</title>

		<link>https://kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/gukora-ubucuruzi-budakumirana-mu-banyafurika-ni-ibyo-kwishimirwa-mushikiwabo</link>

		<guid isPermaLink="true">https://kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/gukora-ubucuruzi-budakumirana-mu-banyafurika-ni-ibyo-kwishimirwa-mushikiwabo</guid>

		<dc:date>2018-03-19T11:56:26Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ubucuruzi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				African Union meeting
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo avuga ko gusinya amasezerano akuraho amananiza mu bucuruzi muri Afurika bikwiye kujyana n’ivugururwa ry’ayagenderwagaho mu bihugu.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Gukora ubucuruzi budakumirana mu Banyafurika ni ibyo kwishimirwa - Mushikiwabo</h1>

			

			

			<div class='spip_document_102429 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="51" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2018-03-18_at_22.01.30.jpg' width="1080" height="721" alt="Minisitiri Mushikiwabo atangiza iyi nama ya AfCTA" title="Minisitiri Mushikiwabo atangiza iyi nama ya AfCTA" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Minisitiri Mushikiwabo atangiza iyi nama ya AfCTA</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Minisitiri Mushikiwabo abitangaza yishimira intambwe ya mbere yatewe yo kwemeza ko ibihugu byo muri Afurika bigiye kujya bihahirana nta mbogamizi mu bucuruzi zikiriho, ibintu yemeza ko bikwiye kwishimirwa.</p>
<p>Yagize ati “Gusinya amasezerano ya AfCTA ni ikintu cyo kwizihiza kuko gifite inyungu mu bucuruzi ku Banyafurika. Gikwiye kwizihizwa ku mugabane wose.”</p>
<p>Yabitangaje ubwo yatangizaga ku mugaragaro Inama Nyafurika y’ibihugu yo gushyira umukono kuri ayo masezerano y’ubucuruzi yiswe “AfCTA”, yitabiriwe n’ibihugu bigize umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.</p>
<div class='spip_document_102430 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2018-03-18_at_22.01.27.jpg' width="1080" height="719" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Iyi nama y’iminsi ibiri ihuje abaminisitiri b’Ububanyi n’amahanga muri Afurika ari nabo bashinzwe gushyira mu bikorwa ibyemeranyijweho. Izakurikirwa n’iy’abakuru b’ibihugu bya Afurika.</p>
<p>Iyo nama idasanzwe izitabirwa n’abakuru b’ibihugu 26, ni nayo izahita itangiza iyo gahunda y’ubucuruzi bwambukiranya imipaka nta mbogamizi zo kwakwa imisoro n’amahoro.</p>
<div class='spip_document_102431 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2018-03-18_at_22.01.23.jpg' width="1080" height="721" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Mushikiwabo yemeza ko umugabane wa Afurika ukwiye gushyiraho imigambi ihamye mu bucuruzi kugira ngo amahirwe atanzwe n’ayo masezerano atazabapfira ubusa.</p>
<p>Ati “Dukwiye kubona ko ari inshingano zacu kubyaza umusaruro aya masezerano (AfCTA). Dufite amahitamo yo guhindura impamo ibyo tubona ko byaduha inyungu kandi buri wese agakora uruhare rwe.”</p>
<p>Minisitiri Mushikiwabo yizera ko amasezerano ya AfCTA ari igice kimwe cy’icyerekezo 2063 Afurika yihaye kugira ngo ibe yabaye umugabane ufite ubucuruzi n’ibikorwaremezo bihamye kandi bikora neza mu kuyizamura.</p>
<p>Ati “Ni imwe mu ntego yacu ishobora kudufasha kuzamura ubuzima bw’abaturage bacu n’ubukungu byacu nk’uko Afurika yahoze ibyifuza mu myaka myinshi ishize.”</p>
<div class='spip_document_102432 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="107" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2018-03-18_at_22.01.32.jpg' width="1080" height="607" alt="Iyi nama yitabiriwe n'abaminisitiri b'Ububanyi n'Amahanga ari nabo bashinzwe gushyira ibyemezo mu bikorwa" title="Iyi nama yitabiriwe n'abaminisitiri b'Ububanyi n'Amahanga ari nabo bashinzwe gushyira ibyemezo mu bikorwa" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Iyi nama yitabiriwe n&#8217;abaminisitiri b&#8217;Ububanyi n&#8217;Amahanga ari nabo bashinzwe gushyira ibyemezo mu bikorwa</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Gusa bimwe mu bihugu ntibyiteguye guhita bisinya aya masezerano, kuko hari ibivuga ko bizabanza kubyigaho.</p>
<p>Kanda <a href="https://www.flickr.com/photos/kigali-today/sets/72157688945800580" class="spip_out" rel="external">AHA</a> urebe andi mafoto menshi</p>
<p><strong>Minisitiri Louise Mushikiwabo atangiza Inama ya AU kuri uyu wa Mbere</strong></p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/D8Xm5UAhams?autoplay=1" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>
<p><strong>Amafoto: Plaisir Muzogeye</strong></p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2018-03-18_at_22.01.30.jpg"
				length="159631"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>



</channel>

</rss>
