Umugororwa wo mu gihugu cya Sri Lanka yahishe terefoni mu mubiri (rectum) ayicishije mu kibuno, agamije kuyihisha abari baje gusaka, ariko ntibyamuhiriye kuko iyo telefone yasonnye bigatuma bimenyekana ko ayifite.
Umusore w’imyaka 17 wo mu kagari ka Cyunuzi ho mu murenge wa Gatore yahisemo kujya yivugira ko ari umukobwa, ndetse akaniyambarira imyenda y’abakobwa kuko ngo we yumva muri we ari umukobwa.
Umwana w’imyaka 13 wo mu gihugu cy’u Bushinwa amaze imyaka 12 abana n’inzoka “uruziramire” nta kibazo. Muri icyo gihe cyose, uwo mwana ayifata nk’inshuti magara babana ijoro n’amanywa.
Umucamanza ukomoka mu gihugu cy’u Burusiya yatakaje akazi ke nyuma yo gusezererwa azira gusinzira mu rukiko yarangiza agakatira uwaburanaga igifungo cy’imyaka itanu.
Umwana witwa Munezero w’imyaka itandatu wo mu kagari ka Shyogo mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza, afite ubushobozi bwo kunyonga igare kandi akanarihekaho n’abandi bana n’ubwo adashyikira intebe ya ryo kubera indeshyo ye.
Umworozi wo muri Afurika y’Epfo yatabaje polisi ngo imufashe kugarura ingona ibihumbi 10 zamutorotse zikajya mu mugezi wegereye hafi y’umupaka w’icyo gihugu ndetse n’ibihugu bya Botwana na Zimbabwe.
Umugabo witwa Andrey Gadzhiev ukomoka mu gihugu cya Serbia yahaze inzoga zimwoshya gutemagura umwishywa we ufite umwaka n’igice, arangije ibice by’umubiri we abyotsa ku mbabura nk’aho ari brochette ashaka kurya.
Umwana w’umukobwa w’umunyamerikakazi witwa Gabrielle Jackson ufite imyaka 13 yasabwe kugabanyirizwa amabere kubera ubunini bwayo bukabije butuma bagenzibe bigana bahora bamuseka.
Umugore witwa Irom Sharmila w’imyaka 40 wo mu Buhinde amaze imyaka 12 yiyicisha inzara atagira na kimwe arya cyangwa ngo anywe kubera agahinda aterwa n’uko abasirikare bo mu gace ka Assam Rifles akomokamo batajya bahanwa iyo bakosheje.
Abashoferi ba tagisi bitwaza ibishyimbo igihe bari mu kazi bikabafasha kumenya umubare w’abagenzi bagiye mu modoka kugira ngo aba-convoyeur batabanyanganya amafaranga bakabaha make.
Umugabo ukomoka mu gihugu cya Sweden witwa Fredrik Hjelmquist yakoze isanduku ishyingurwamo abantu bitabye Imana, ashyiramo indangururamajwi (speakers) zo gutanga umuziki ndetse zigaherekezwa n’urutonde rw’indirimbo azajya akinirwa n’umuntu ukiriho.
Umugabo w’imyaka 32 yatunguye abitabiriye amateraniro mu rusengoro rumwe rwo mu mujyi wa Harare muri Zimbabwe avuga ko yoherejwe n’Imana gukorana imibonano mpuzabitsina n’abagore bose ahita akuramo imyenda yose asigara yambaye uko yavutse.
Umwana witwa Nevaeh Atkins umaze amezi atatu gusa avutse yamenyekanye mu minsi mike ageze ku isi kubera igikorwa gitangaje yakoze cyo kuvuka afashe muganga urutoki.
Abagenzi bari mu ndege ya Qantas bavaga muri Australiya bagiye mu gihugu cya Papua New Guinea baguye mu kanu ubwo babonaga inzoka “uruziramire” mu idishya yibereye mu ibaba ry’indege barimo.
Ibitaro bya Wang Shengdong byo mu gihugu cy’Ubushinwa byafunguye ibyumba biteguye ku buryo buzajya bufasha abantu babuze urubyaro kumenya za tekininiki bakwifashisha kugira ngo babone umwana.
Umugeni wo gihugu cya Kenya yafashwe n’inda ubwo yarimo gusezerana n’umukunzi we mu rusengero rwitwa PCEA Sultan Hamud ariko inda iza kuba kidobya kuko yamufatiye mu rusengero bituma ubukwe buhagarara.
Ku Bunani, injangwe yafashwe yambuka mu irembo rikuru rya Gereza mu Mujyi wa Arapiraca mu gihugu cya Brezil ishyiriye abanyururu ibikoresho bitandukanye bitemewe kwinjizwa muri gereza.
Umujyi wa Goma muri Kongo watangiranye umwaka wa 2013 inkuru idasanzwe y’umubyeyi wabyaye abana barindwi icyarimwe.
Uko iminsi 35 ishize, ku musozi witwa Gunung Kemukus mu gihugu cya Indoneziya habera imihango yo gusenga no gukorana imibonano mpuzabitsina n’umuntu mugomba kuba mutarashakanye kugira ngo amasengesho agere ku Mana, kandi usenga ahabwe ibyo yasabye.
Umukobwa witwa Melissa Nelson wakoraga mu bitaro bivura amenyo bya Dr James Knight muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika aherutse gusezererwa ku kazi azira ko ngo yari afite umubyimba mwiza utera shebuja ibishuko.
Umugabo witwa Sanjay wo mu gihugu cy’u Buhindi ahitwa Ramgaon amaze amezi 9 aba mu giti kubera ko umugore we yanze kumusaba imbabazi nyuma yo kumwiba.
Umugabo uzwi ku izina rya Musaza Xaveur utuye mu kagali ka Kabugondo, umurenge wa Mugina akarere ka Kamonyi amaze gutunga abagore 15 mu myaka 45.
Kuwa gatandatu tariki 15/12/2012 mu gihugu cya Thailand, sosiyete ikora imodoka yitwa AutoAlliance Thailand ihuriweho n’amasosiyete asanzwe azwi mu gukora imodoka yitwa Ford na Mazda yateguye umunsi mukuru wo kwizihiza ishira ry’isi.
Nyuma yo guterwa ubwoba n’impera y’isi ivugwa mu buhanuzi bw’aba Mayan ko izaba tariki ya 21/12/2012, umugabo wo mu Bushinwa witwa Lu Zhenghai arimo kubaka inkuge nk’imwe ya Nowa izamufasha kurokoka imperuka.
Umupadiri w’Umutaliyani yatangarije abakirisitu bari baje mu misa ko agiye kurongora ndetse umugore we akaba yenda kubyara. Iyo misa ikaba yariyo ya nyuma asomye mu buzima bwe, nk’uko urubuga rwa internet 7sur7 rubitangaza.
Muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, umukobwa witwa Ashlyn Blocker w’imyaka 13 y’amavuko yarwaye indwara idakunda kubaho ndetse ngo bivugwa ko aribwo bwa mbere igaragaye muri icyo gihugu yo kutumva ububabare.
Umugabo n’umugore b’abahinde, bafite ubumuga bavukanye bibarutse umwana muzima, biba ibyishimo bidasanzwe mu muryango, kuko bahoraga bibaza ko umwana wabo yazaza afite ubumuga bw’umwe cyangwa se bwa bose.
Laboratoire yo mu gihugu cy’u Bwongereza yitwa Futura Medicals yakoze ubwoko bushya bw’udukingirizo bufite umwihariko wo kongerera abagabo imbaraga mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina.
Umwana witwa Kiam Moriya wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika arizihiza isabukuru y’imyaka 12 y’amavuko kuri uyu wa gatatu tariki 12/12/2012, ku isaha ya saa sita n’iminota 12 (12/12/12 à 12h12).
Sosiyete yo mu gihugu cy’u Buyapani yitwa “ Soine-ya Prime” yatangiye gutanga serivisi zidasanzwe muri icyo gihugu zirimo gushakira abagore abagabo bo kubaha urukundo ruzira gutera akabariro.