Dosiye ya Yugi Umukaraza yinjiye mu kindi cyiciro nyuma y’uko we n’abamwunganira mu mategeko bajuririye icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro cyamutegekaga gukurikiranwa afunze by’agateganyo iminsi 30.
Itorero Intayoberana rirategura igitaramo ngarukamwaka cyiswe "Gira u Rwanda", kizaba kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25 Nyakanga 2026 muri Kigali Serena Hotel, kigamije guteza imbere no gusigasira umuco nyarwanda
Nyuma yo gususurutsa abakunzi b’umuziki mu turere dutandukanye tw’u Rwanda, MTN Iwacu Muzika Festival 2026 igeze mu Karere ka Nyagatare, aho iki gitaramo gitegerejwe kuri uyu wa gatandatu tariki ya 18 Nyakanga 2026.
DJ Pius umuhanzi ubifatanya no kuvanga umuziki, yatangaje ko yiteguye guhurira ku rubyiniro na Alyn Sano ndetse na Kid from Kigali mu gitaramo kizabera mu Mujyi wa Portland, muri Leta ya Maine ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Abategura ibihembo bya BET Awards 2026 batangaje urutonde rw’abahanzi bazasusurutsa abazitabira ibirori ndetse n’ibyamamare bizatanga ibihembo muri uyu muhango utegerejwe na benshi uzaba ku wa 28 Kamena 2026 muri Peacock Theater i Los Angeles.
Ariana Grande yongeye kuvugisha abantu ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kugaragara ari kumwe n’uwahoze ari umukunzi we, Ricky Alvarez, ibintu byatumye benshi bibaza niba bongeye gukundana.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwami bw’u Bwongereza, Johnston Busingye, yakiriye umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, bagirana ibiganiro mbere y’igitaramo ateganya gukorera mu Bwongereza.
Nyuma yo gususurutsa abakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Bubiligi, umuhanzi Israel Mbonyi yamaze kugera mu Budage aho afite igitaramo giteganyijwe ku wa 20 Kamena 2026.
Abakunzi b’umuziki batuye mu Karere ka Huye n’abari hafi yako bagiye guhabwa uburyohe bw’iserukiramuco rya primus Iwacu Muzika Festival 2026, riteganyijwe gutangirira muri aka karere kuri uyu wa 20 Kamena 2026.
Umuhanzi Nemeye Platini uri mu bakunzwe cyane mu muziki nyarwanda, ari kuvurirwa mu Bitaro bya CHUK (Centre Hospitalier Universitaire de Kigali ).
Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwasubitse isomwa ry’urubanza ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien wamenyekanye nka Yampano mu muziki.
Kuri uyu wa 2 Mata, umuryango UNABU wateguye igikorwa cyiswe “Easter Chocolate Hunt”, cyabereye ku ishuri rya Ecole Internationale de Kigali (EIK), kigamije gufasha no gushyigikira abakobwa bafite ubumuga mu rugendo rwabo rwo kwiga.
Kuri uyu wa gatanu tariki 27 Werurwe, Kaminuza ya Mount Kigali University yamuritse ku mugaragaro robot nshya ifite imiterere nk’iy’umuntu (Humanoid Robot) yahawe izina rya “Unitree G1 EDU U6”, izafasha mu myigishirize, guhanga udushya ndetse n’ ubushakashatsi.