Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) ivuga ko abishyura neza inguzanyo bafata mu mabanki n’Ibigo by’Imari bari ku kigero cyiza bikaba bitanga ikizere ko urwego rw’imari ruhagaze neza.
Guverineri Wungirije wa Bank Nkuru y’u Rwanda (BNR) Dr. Justin Nsengiyumva avuga ko hakenewe gukorwa ubushakashatsi mu bukungu kugira ngo gahunda yo guhererekanya amafaranga no kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga ikomeze kugenda neza mu gihugu.