Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris mu Bufaransa rwakatiye Dr. Eugène Rwamucyo igifungo cy’imyaka 27 nyuma yo kumuhamya ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa bwasabiye Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris Umunyarwanda Dr Eugène Rwamucyo ukurikiranyweho ibyaha ashinjwa bifitanye isano na jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gufungwa imyaka 30.
Dr. Eugène Rwamucyo, ukurikiranyweho ibyaha birimo ibya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu, mu gihe urubanza rwe rurimo kugana ku musozo, yashinjwe kuba umwe mu bavugaga rikumvikana mu Mujyi wa Butare, ahakana ashimangira ko yari umuntu utazwi bityo kumuhuza n’ubwicanyi bimubabaza.
Abarokotse Jenoside b’i Gishamvu mu Karere ka Huye bavuga ko batemeranywa n’imvugo ya Dr Eugène Rwamucyo ubu uri kuburanira mu Bufaransa ku bw’uruhare akurikiranyweho muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Rwamucyo avuga ko yashyinguje imirambo y’Abatutsi aharanira kurwanya ko iramutse iboreye ku gasozi yatera ibyorezo, nyamara (…)
Dr Eugene Rwamucyo yatangiye kuburanira mu rukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa, kuri uyu wa kabiri tariki 1 Ukwakira 2024, bikaba biteganyijwe ko ruzasozwa bitarenze tariki 31 Ukwakira 2024.