Bitewe n’icyorezo cya Koronavirusi cyibasiye Isi kidasize n’igihugu cya Isirayeli, Leta y’iki gihugu yafashe icyemezo cy’uko abantu bose bajyayo bagomba kubanza gushyirwa mu kato mu gihe cy’iminsi 14.
Inzu ya Kina Music Igor Mabano abarizwamo yasubitse igitaramo cyiswe ‘Urakunzwe’ bari bamaze iminsi bategura cyari giteganyijwe kuzaba ku itariki ya 21 Werurwe 2020, kinasubikwa abantu bari bamaze kugura amatike.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DR Congo) yatangaje ko muri icyo gihugu kuri uyu wa kabiri tariki 10 Werurwe 2020 habonetse umurwayi wa mbere wa Coronavirus, yuzuza umubare w’ibihugu birindwi byo munsi y’ubutayu bwa Sahara bimaze kubonekamo icyo cyorezo.
Nyuma y’amabwiriza ya Ministiri w’Intebe asaba Abaturarwanda kwirinda icyorezo cya Koronavirusi cyibasiye isi, ibikoresho by’isuku byabonye isoko mu buryo budasanzwe.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje impinduka muri Siporo rusange ya Car Free Day, mu rwego rwo gukomeza gushyira mu bikorwa ingamba zo gukumira no kwirinda icyorezo cya Koronavirusi.
Umujyi wa Kigali watangaje ko ibitaramo bibiri byari bitegerejwe na benshi byahagaritswe, kubera kwirinda icyorezo cya Koronavirusi.
Mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Koronavirusi cyibasiye isi, Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje amabwiriza Abaturarwanda basabwa kubahiriza, harimo kwirinda kuramukanya abantu bahana ibiganza cyangwa bahoberana.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko nubwo nta cyorezo cya coronavirus kiragaragara mu Rwanda, abaturage bagomba gukurikiza inama bagirwa mu kugikumira.
Ahagana saa tatu kuri uyu wa kabiri tariki 03 Werurwe 2020, umubare w’abanduye Coronavirus hirya no hino ku isi wari umaze kugera ku bihumbi mirongo icyenda na kimwe na magana atatu (91,300) mu bihugu birenga 76 birimo ibya Afurika nka Senegal, Tuniziya na Maroc.
Abantu benshi ntibaha agaciro umuco wo gukaraba intoki, abandi na bo ntibamenya igihe gikwiriye cyo kuzikaraba, kandi ari ikintu cy’ingenzi mu kwirinda indwara nyinshi zandura zikwirakwijwe na mikorobe ndetse na virusi zimwena zimwe, zirimo na virus nshya yo mu bwoko bwa corona izwi nka coronavirus itera indwara ya covid-19.
Umuyobozi mukuru w’urusengero rwabaye intandaro y’ikwirakwira rya Coronavirus muri Koreya y’Epfo yasabye imbabazi igihugu kubera uruhare yagize mu ikwirakwizwa rya Coronavirus.
Coronavirus ni icyorezo cyugarije isi guhera mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2020, kikaba mu mezi abiri gusa kimaze guhitana abarenga ibihumbi bitatu hirya no hino ku isi.
Banki Nkuru y’u Rwanda(BNR) hamwe n’impuguke mu by’ubukungu, baraburira abantu ko ibiciro by’ibicuruzwa bishobora gukomeza kuzamuka mu buryo budasanzwe bitewe ahanini n’imihindagurikrie y’ibihe, kuzamura ibiciro by’amashanyarazi ndetse n’icyorezo cya Coronavirus
Algeria ibaye igihugu cya kabiri ku mugabane wa Afurika kigaragayemo Coronavirus, nyuma ya Misiri (Egypte), kuko ni cyo gihugu cya mbere cyagaragayemo umurwayi wa Coronavirus, aravurwa arakira.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko mu gihembwe cya kane cy’umwaka ushize wa 2019, ibiciro by’ibiribwa byiyongereye ku rugero rwa 6% kandi ko muri 2020 biziyongeraho 5%.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryatangaje ko umuntu wasanganwe coronavirus mu Misiri ubu ntayo agifite.
Abantu batandukanye bitabiriye inama ya Afurika yunze Ubumwe (AU) irimo kubera i Addis Ababa muri Ethiopia barasuzumwa icyorezo cya Coronavirus gikomeje kuvugwa hirya no hino ku isi ariko cyane cyane mu Bushinwa.
Umubare w’abantu bishwe na Coronavirus wazamutseho abantu 97 ejo ku cyumweru, ni wo mubare munini w’abantu iyi ndwara yishe ku munsi umwe. Automatic word wrap Inkuru ya BBC iravuga ko n’ubwo iyi ndwara itaragera ku mugabane wa Afurika, ibihugu bya Afurika byafashe ingamba zo kwirinda no kwitegura guhangana na yo mu gihe (…)
Ikinyamakuru Comores-Infos kiravuga ko umubano mwiza uranga ibihugu byombi, Comores n’u Bushinwa, ari wo watumye Ambasaderi w’u Bushinwa muri Comores, yakira ubutumwa bwo kwihanganisha no gukomeza abategetsi b’igihugu cye, ndetse anahabwa ubutumwa bugaragaza ugushyira hamwe kw’abaturage b’ibihugu byombi.
Umuganga wo mu Mujyi wa Wuhan mu Bushinwa wagerageje kuburira abantu bwa mbere ko hateye ubwoko bushya bwa coronavirus yamwishe, nkuko byatangajwe n’ibitaro yari arwayiyemo.
Abacuruzi bacururiza mu Mujyi wa Kigali bahangayikishijwe n’uko bashobora kuzabura imari mu gihe icyorezo cya coronavirus gikomeje kuburirwa urukingo cyangwa umuti.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta, kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Mutarama 2020, yahuye na Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda Rao Hongwei, amugezaho ubutumwa bwo kwihanganisha abaturage b’u Bushinwa na Leta yabo, ku bw’icyorezo cya Coronavirus cyibasiye icyo gihugu.
Kompanyi y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu kirere, Rwandair, yatangaje ko isubitse by’agateganyo ingendo zose zerekeza i Guangzhou mu gihugu cy’u Bushinwa, uhereye none ku itariki 31 Mutarama 2020.
Amakuru dukesha BBC aravuga ko umubare w’abamaze guhitanwa n’icyorezo cya Coronavirus wazamutse ugeze ku bantu 170, ikindi kandi, kuba hari umuntu byamaze kwemezwa ko yafashwe n’icyo cyorezo mu gace kitwa “Tibet” bivuze ko icyorezo cyageze mu duce twose tw’u Bushinwa.
Leta y’u Rwanda yasabye Abanyarwanda gusubika ingendo zitari ngombwa zerekeza mu Ntara ya Hubei mu Bushinwa, nyuma y’uko hagaragaye icyorezo cya Coronavirus, bigatangira no kuvugwa ko cyaba cyageze mu gace ka Afurika y’Uburasirazuba.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) irasaba Abanyarwanda bakora ingendo zijya mu Bushinwa kwirinda kujya mu Mujyi wa Wuhan, kuko hateye indwara yandura kandi yica vuba yitwa ‘Novel Coronavirus’.
Umuryango ushinzwe ubuzima ku isi (OMS) watangaje ko virusi nshya yitwa Coronavirus ifitanye isano n’iyitwa Sras yigeze guhitana abantu 774 muri 2003 kandi birakekwa ko yaba ituruka ku ducurama.