Ikipe ya Rutsiro FC itsinze Al-Hilal ibitego 2-1 iba ikipe ya mbere muri Rwanda premier league ishoboye gukura amanota atatu kuri iyi kipe.
Ikipe ya Bugesera FC yongeye gusubira Rayon Sports iyitsinda ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 11 wa shampiyona ya Rwanda Premier League wabereye mu karere ka Bugesera
Mu mikino ihuza amakipe yabaye ayambere iwayo ku mugabane w’ Afurika muri Basketball y’abagore, ikipe ya APR yamaze kugera muri 1/2 naho REG yo igomba kujya gushaka imyanya myiza.
Amakipe ya APR na Police mu cyiciro cy’abagore na Gisagara na APR mu cyiciro cy’abagabo, yageze ku mukino wa nyuma wa BK ARENA Volleyball Cup.
Ikipe ya Al-Hilal yo mu gihugu cya Sudan itsinze ikipe ya Bugesera FC ibitego 3-1 ikomeza kwigira imbere ku rutonde rwa shampiyona.
Mu itangazo ryasohowe n’ishyirahamwe ry’umukino wa volleyball mu Rwanda (FRVB), bemeje ko u Rwanda rwamaze guhabwa kwakira imikino ny’Afurika y’amakipe (CAVB Men’s club Championship) mu cyiciro cy’abagabo.
Mu mpera z’icyumweru dusoje mu ishyirahamwe ry’umukino wa basketball mu Rwanda hateranye inama y’inteko rusange yafatiwemo imyanzuro itandukanye harimo no gusezerera ikipe ya Orion BBC kubera ubwambuzi.
Kuri uyu wa gatandatu taliki ya 6 Ukuboza nibwo imikino ibanza muri shampiyona ya volleyball mu Rwanda yashyizweho akadomo aho Gisagara na APR ziyoboye izindi mu bagabo n’abagore.
Kuri uyu wa gatandatu taliki ya 6 Ukuboza mu ishuri rikuru rya East African Christian College riri mu murenge wa Masaka akarere ka Kicukiro ho mu mujyi wa Kigali, hatangijwe ku mugaragaro imikino ihuza za Kaminuza.
Shampiyona ya volleyball umunsi wa karindwi yakomeza kuri uyu wa gatanu, APR itsinda POLICE naho Kepler yongera gusubira RRA.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagabo mu mukino wa Basketball, itsinzwe na Guinea amanota 82 kuri 70 mu mukino ubanza wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi.
Urugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi cy’ibihugu cya 2027 ruratangira uyu munsi, u Rwanda rucakirana na Guinea.
Mu mikino ya shampiyona ya volleyball y’umunsi wa gatandatu yakomezaga kuri uyu wa gatanu, ikipe ya Gisagara VC yatsinze REG VC naho APR women volleyball club yihimura kuri Police.
Shampiyona ya volleyball irakomeza hakinwa umunsi wa gatandatu, APR na POLICE mu cyiciro cy’abagore, REG na Gisagara mu bagabo imikino ihanzwe amaso
Abakinnyi Hirwa Kelia na Ndekwe Kellys mu cyiciro cy’abakuru ni bamwe mu bakinnyi begukanye irushanwa rya Chinese Ambassador’s Table Tennis Cup 2025 ryabereye mu mujyi wa Kigali.
Mu mikino ya shampiyona ya volleyball yakomezaga kuri uyu wa gatanu taliki ya 14 Ugushyingo, Ikipe ya Police VC y’abagore bigoranye yatsinze Kepler naho APR VC yihaniza Gisagara yari itaratsindwa muri shampiyona
Mu gihe shamiyona ya volleyball mu Rwanda ikomeje ku munsi wayo wa gatanu, ikipe ya APR volleyball club ibitse igikombe cya shampiyona iresurana na Gisagara VC itaratsindwa.
Umutoza w’Ikipe y’Igihugu "Amavubi", Umunya Algeria Adel Amrouche, yahamagaye ikipe y’igihugu y’abakinnyi bakina imbere mu gihugu mu mwiherero w’iminsi ine.
Amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino y’akarere ka gatanu mu mikino ya basketball mu cyiciro cy’abagore REG WBBC na APR WBBC akomeje kwitwara neza muri Kenya.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu taliki ya 7 ugushyingo, nibwo hakomezaga shampiyona ya volleyball aho POLICE VC yatsinze REG, APR y’abagore igatsinda EAUR.
Mu gihe shampiyona ya volleyball mu Rwanda igeze ku munsi wa kane, imikino yo y’umunsi wa kane iteganyijwe mu mpera ziki cyumweru yashyizwe mu kibuga gishya kiri mu mujyi wa Kigali muri St Famille.
Amakipe ya Gisagara volleyball club ndetse na Kepler VC zatanze ubutumwa kuri Police na APR nyuma yo kubatsindira I Gisagara badakozemo.
Mu gihe shampiyona ya volleyball 2025-2026 mu cyiciro cya mbere mu Rwanda irimbanyije, umunsi wa gatatu urimo imikino ikomeye urakinirwa I Gisagara.
Ikipe ya Tigers Basketball club izahagararira U Rwanda nyuma yo kwegukana igikombe cya Rwanda cup bwa mbere mu mateka yayo.
Ku Cyumweru tariki 28 Nzeri 2025 nibwo i Kigali mu Rwanda, hasojwe Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025, aho asaga miliyoni 211 Frw ari yo yatanzwe nk’ibihembo ku bakinnyi, yongerwa ku midali.
Shampiyona y’isi y’amagare (UCI Road World championship 2025) yaberaga I Kigali mu Rwanda ku nshuro ya mbere mu mateka yiri siganwa ku mugabane w’ Afurika yashyizweho akadomo aho umunya Slovenia w’imyaka 27 Tadej Pogacar yongeye ku yegukana.
Uyu munsi tariki ya 28 Nzeri 2025, ni umunsi w’amateka ushyira akadomo kuri Shampiyona y’Isi y’Amagare (UCI Road World Championship), irimo kubera i Kigali mu Rwanda bwa mbere mu mateka iyi shampiyona ibereye ku butaka bw’Afurika.
Kuri uyu wa gatanu taliki ya 26 Nzeri i Kigali hasojwe amagurwa y’abatoza ba volleyball yo ku mucanga (FIVB Beach Volleyball Coaches Course) yari amaze iminsi abera I Kigali.
Umunya esipanyekazi w’imyaka 18 Paula Ostiz niwe wegukanye umudali wa zahabu muri Shampiyona y’Isi y’Amagare mu cyiciro cy’abangavu basiganwa mu muhanda (Road Race).
Ikaze ku munsi wa 7 wa shampiyona y’isi y’amagare UCI Road world championship aho uyu munsi hateganyijwe amasiganwa 2, Abangavu (Junior) ndetse n’abagore bakuru (Elite) aho basiganwa mu muhanda (Road Race)