Amakipe ya Gisagara volleyball club ndetse na Kepler VC zatanze ubutumwa kuri Police na APR nyuma yo kubatsindira I Gisagara badakozemo.
Mu gihe shampiyona ya volleyball 2025-2026 mu cyiciro cya mbere mu Rwanda irimbanyije, umunsi wa gatatu urimo imikino ikomeye urakinirwa I Gisagara.
Ikipe ya Tigers Basketball club izahagararira U Rwanda nyuma yo kwegukana igikombe cya Rwanda cup bwa mbere mu mateka yayo.
Ku Cyumweru tariki 28 Nzeri 2025 nibwo i Kigali mu Rwanda, hasojwe Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025, aho asaga miliyoni 211 Frw ari yo yatanzwe nk’ibihembo ku bakinnyi, yongerwa ku midali.
Shampiyona y’isi y’amagare (UCI Road World championship 2025) yaberaga I Kigali mu Rwanda ku nshuro ya mbere mu mateka yiri siganwa ku mugabane w’ Afurika yashyizweho akadomo aho umunya Slovenia w’imyaka 27 Tadej Pogacar yongeye ku yegukana.
Uyu munsi tariki ya 28 Nzeri 2025, ni umunsi w’amateka ushyira akadomo kuri Shampiyona y’Isi y’Amagare (UCI Road World Championship), irimo kubera i Kigali mu Rwanda bwa mbere mu mateka iyi shampiyona ibereye ku butaka bw’Afurika.
Kuri uyu wa gatanu taliki ya 26 Nzeri i Kigali hasojwe amagurwa y’abatoza ba volleyball yo ku mucanga (FIVB Beach Volleyball Coaches Course) yari amaze iminsi abera I Kigali.
Umunya esipanyekazi w’imyaka 18 Paula Ostiz niwe wegukanye umudali wa zahabu muri Shampiyona y’Isi y’Amagare mu cyiciro cy’abangavu basiganwa mu muhanda (Road Race).
Ikaze ku munsi wa 7 wa shampiyona y’isi y’amagare UCI Road world championship aho uyu munsi hateganyijwe amasiganwa 2, Abangavu (Junior) ndetse n’abagore bakuru (Elite) aho basiganwa mu muhanda (Road Race)
Umwongereza w’imyaka 18 Huson Harry niwe wegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 mu isiganwa ry’umunsi umwe (Road Race) mu cyiciro cy’ingimbi akoresheje amasaha 2:55:19.
Uyu ni umunsi wa kabiri wo gusiganwa mu muhanda (Road Race) muri shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare (UCI Road World Championships) ikomeje kubera i kigali mu Rwanda ku nshuro ya mbere ku mugabane w’Afurika.
Umufaransakazi w’imyaka 19 niwe wegukanye umudali wa zahabu muri shampiyona y’isi mu gusiganwa mu muhanda (UCI Road Race) akoreshe amasaha 3:24:26 ku ntera y’ibirometero 119 na metero Magana atatu.
Kuri uyu wa Kane, Perezida Kagame yashimiye ubuyobozi b’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umukino w’Amagare ku Isi kuba bwarazanye shampiyona y’isi mu Rwanda anashimangira ko siporo ikwiriye kubonwa nk’inzira y’iterambere n’amahirwe.
Umufaransa David Lappartient uyobora ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare ku isi, yashimiye cyane Perezida Paul Kagame n’u Rwanda ku ruhare bagize mu kuzana shampiyona y’isi y’amagare UCI Road World championships muri Afurika by’umwihariko i Kigali ku nshuro ya mbere mu mateka.
Mu gihe shampiyona y’isi y’amagre irimbanyije muri Kigali ku nshuro ya mbere ku mugabane w’Afurika, uyu munsi ni umunsi wa kane w’isiganwa aho ubu hatahiwe gusiganwa ku makipe y’ibihugu ariko asiganwa n’igihe (Team Time Trial Mixed Relay).
Umuholandi Mouris Michiel w’imyaka 18 y’amavuko niwe wegukanye Shampiyona y’Isi y’amagare 2025 mu cyiciro cy’ingimbi akoresheje iminota 29 n’amasegonda arindwi.
Uyu munsi tariki ya 23 Nzeri 2025, isiganwa ry’amaga ku Isi, UCI World Road Championship, rirakomeza hakina ingimbi n’abangavu (Juniors).
Kuri uyu wa mbere taliki ya 22 Nzeri 2025, ku bufatanye na committee Olympic y’u Rwanda, federation y’umukino wa volleyball mu Rwanda (FRVB) yatangije amahugurwa y’abatoza b’ umukino wa volleyball yo ku mucanga (FIVB Beach Volleyball Coaches course)
Jakob Söderqvist w’imyaka 20, ni we wegukanye umudali wa zahabu mu isiganwa ry’Isi ry’amagare, UCI Road World Championship, nyuma yo gukoresha iminota 38 n’amasegonda 24 ku ntera y’ibilometero 31 na metero 200.
Backstedt Zoe W’inyaka 20 ukomoka mu Bwongereza yegukanye isiganwa rya UCI World Road Championiship mu cyiciro cy’abakobwa batarengeje imyaka 23 basigabwa n’igihe ku giti cyabo akoresheje iminota 30 n’amasegonda 56.
Kuri uyu wa 22 Nzeri, ni umunsi wa kabiri w’isiganwa ry’amagare (UCI Road world Championship 2025) I kigali aho hasiganwa abatarengeje imyaka 23 mu byiciro byombi.
Ngarambe Raphael wari usanzwe ari umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino wa volleyball mu Rwanda, yongeye gutorerwa kuyobora iri shyirahamwe.
Ikipe y’igihugu y’ingimbi zitarengeje imyaka 20 yatsinze Algeria mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatanu kujyeza kuwa munani mu mikino y’igikombe cy’ Afurika bituma ruzahura na Morocco.
Ikipe y’igihugu y’abatarangeje imyaka 20 yatsinzwe na Morocco amaseti 3-2 mu mukino ufungura mu gikombe cya Afurika.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Nzeri nibwo ikipe y’Igihugu y’ingimbi mu mukino wa Volleyball yageze mu gihugu cya Misiri ahazabera igikombe cya Afurika.
Ikipe ya REG women Basketball Club yegukanye shampiyona ya basketball mu Rwanda 2025 nyuma yo gutsinda bigoranye ikipe ya Kepler WBBC.
Umuyobozi wa Rwanda Golf Union, Amb. Bill Kayonga yacyeje Nsanzuwera Celestin wegukanye irushanwa rya SportsBiz Golf Africa Championship ryabera i Kigali ahigitse ibihangange ku mugabane w’Afurika. Nsanzuwera akimara kwinjiza agapira ka nyuma yahise asanganirwa n’abafana
Kuri uyu wa gatanu taliki ya 5 Nzeri, umutoza w’ikipe y’igihugu y’ingimbi Ntawangundi Dominique yatangaje urutonde nta kuka rw’abakinnyi azajyana mu gikombe cy’afurika.
Mu gihe irushanwa mpuzamahanga rya Golf “SportsBiz Africa Championship” ribura umunsi umwe ngo rishyirweho akadomo, umunyakenya Charles Gacheru yatangaje ko guhitamo u Rwanda hagendewe ku bintu byinshi birangajwe imbere n’ibikorwa remezo, koroshya ingendo, amahoteri ndetse n’ibindi
Ku bufatanye na Sunshine Africa Development Tour, SportsBiz Africa yateguye irushanwa rya Golf ryiswe SportsBiz Africa Golf Championship riteguza inama y’ubucuruzi na Siporo “SportsBiz Africa forum” izabera i Kigali.