Umuhanzi Karangwa Lionel uzwi ku izina rya ‘Lil G’ yateguye igitaramo cyo kumurika amashusho y’indirimbo ‘‘Imbabazi’’ yakoranye na Mani Martin. Iki gitaramo kizabera muri New Bandal hirya gato ya Alpha Palace tariki 18/05/2013 guhera ku isaha ya saa tatu za nijoro.
Nyuma yo gutangaza ko noneho sim card imwe yemerewe gutora inshuro nyinshi ku munsi, benshi mu bakurikiranira hafi muzika nyarwanda by’umwihariko amarushanwa ya PGGSS 3 byabateye urujijo.
Umurirmbyi wo mu Rwanda Masamba Intore arashishikariza urubyiruko rw’iki gihe kujya rwegera abantu bakuze rukaganira nabo kugira ngo rumenye amateka nyayo y’u Rwanda ndetse runamenye ibiranga umuco Nyarwanda.
Umuhanzi Eric Senderi ubu uri mu bahanzi 11 bari guhatanira kwegukana insinzi ya Primus Guma Guma Super Star 3, ngo yiteguye gushakira abagabo abakobwa bababuze bazamutora.
Mu gitaramo cyagombaga kubera muri Motel Ideal iri mu mujyi wa Nyanza mu ijoro rya tariki 11/05/2013 hategerejwemo abahanzikazi Young Grace na Allioni burinda bucya nta n’umwe muri bo uhageze.
Umunyamkuru kuri City Radio Aboubakar Adams uzwi ku izina rya Dj Adams ngo yaba agiye gusubizwa mu rukiko nyuma y’umwaka amaze afungishijwe ijisho kubera ibirego akurikiranweho byo kuryamanye n’umwana w’umukobwa utaruzuza imyaka 18.
Abahanzi nyarwanda batandatu bazitabira Groove Awards izaba tariki 01/06/2013 bamenyekanye. Iri rushanwa ribera mu gihugu cya Kenya rigahuza abahanzi bo mu karere baririmba indirimbo zihimbaza Imana.
Anita Pendo ukora umwuga w’itangazamakuru kuri Contact FM no kuri Radio One akaba ari umukinnyi wa filime akaba kandi ari n’umushyushyarugamba yashyize ahagaragara urutonde rw’amahame ye atanu agenderaho, kandi ahamya ko azayakomeza.
Umuhanzi Jean-Paul Murara yashyize hanze indirimbo ihimbaza Imana iri mu cyongereza akaba yarayise I WANNA LIVE CLOSE TO YOU, bishatse kuvuga ngo NDASHAKA KWIBERA IRUHANDE RWAWE.
Umuhanzi Dominic Nic ubwo yari agiye kuririmba mu karere ka Rubavu mu gitaramo yari ahafite kuri iki cyumweru tariki 05/05/2013, yakoze impanuka Imana ikinga akaboko yaba we n’abari kumwe nawe bose bararokoka.
Liliane Kabaganza uzwi cyane mu ndirimbo zihimbaza Imana akaba anazwiho ubuhanga n’ijwi ryiza cyane, ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki 02/05/2013 yafashe indege yerekeza i Bujumbura mu gitaramo yatumiwemo.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa facebook, Mani Martin yagaragaje agahinda kenshi yatewe no gusoma amagambo atari meza kuri Cecile Kayirebwa bigendanye n’ikirego yatanze ku burenganzira bw’ibihangano bye ariko akaba atatangaje aho yabisomye.
James Manzi uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Humble Jizzo akaba ari umwe mu bahanzi bagize itsinda rya Urban Boys yakoze impanuka ariko Imana ikinga ukuboko.
Hamaze iminsi havugwa ko haba hari ikibazo hagati ya Urban Boys na Dream Boys, ibi bikaba ngo byaba bifitanye isano n’ibyo Mc Tino yavuze ubwo yatangazaga ko Urban Boys ikora cyane ariko Dream Boys yo ikaba itarakoze.
Buri mwaka tariki ya 29 Mata isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe “Imbyino” cyangwa Kubyina (Journee Internationale de la Danse) mu rwego rwo guha agaciro umuco wo kubyina ndetse no kwibuka uwitwa Jean-Georges Noverre, umubyinnyi ukomeye w’umufaransa wabaye ho mu bihe bya kera.
Amarushanwa ya Primus Guma Guma Super Star (PGGSS) yatangiye ari amarushanwa ashaka umuhanzi ukunzwe cyane kurusha abandi ariko kuri iyi nshuro yayo ya gatatu haribazwa niba umuhanzi uzegukana insinzi uzaba ari umuhanga kurusha abandi cyangwa se niba ari uzaba akunzwe cyane (warushije abandi abafana bamutoye).
Abahanzi Dominic Nic Ashimwe na Alexis Dusabe bateguye igitaramo cyo guhimbaza Imana bahaye insanganyamatsiko igira iti: “intambwe zacu yazaguriye kumukorera” kikaba ari igitaramo kizabera mu karere ka Rubavu tariki 05/05/2013 guhera ku isaha ya saa munani z’amanywa.
Umuhanzi Kamichi umaze kumenyerwaho inganzo ihambaye dore ko anandikira indirimbo benshi mu bahanzi nyarwanda, yadutangarije ko kuri uyu wa gatandatu tariki 27/04/2013 azashyira hanze indirimbo ye nshya yise « Ako kantu ».
Hashize iminsi mike hatangiye kuvugwa ko Uwiringiyimana Theo Bosebabireba yaba yarafashe gahunda yo kwigumira i Burayi kubera imyenda yaba yarasize afashe.
Mu Rwanda usanga bamwe mu bahanzi babaye ibyamamare kakahava bageraho bakazima ntibongere kuvugwa cyangwa se ugasanga urukundo bari bafitiwe mu myaka yashize rusa n’aho rusigaye ari umugani.
Umunyamakuru kuri Contact FM no kuri Radio One, umukinnyi wa filime, Dj akaba n’umushyushyarugamba, Anita Pendo, ababajwe cyane no kubona umuziki nyarwanda udatera imbere ngo ugere ku rwego rushimishije.
Bamwe mu bahanzikazi baremeza ko ruswa y’igitsina isabwa abahanzikazi kugira ngo bamenyekanishirizwe ibihangano, icyo kibazo kibabangamiye bagasaba ko hari icyakorwa kugira ngo icike.
Umunyamakuru Deejay Adams avuga ko byakabaye byiza abahanzi n’ibyamamare hano mu Rwanda bakoresheje izo mpano zabo, kumenyekana kwabo ndetse n’amafranga yabo mu kugira ngo ibyabaye bitazasubira ukundi.
Umuhanzi Butera Jeanne d’Arc a.k.a Knowless, tariki 11/04/2013, yashyikirije imfubyi n’abapfakazi ba Jenoside batuye mu kagali ka Nkomero mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza inkunga igizwe n’ibiribwa n’amatungo magufi.
Abahanzi 11 bari muri Primus Guma Guma Super Stars icyiciro cya III, baje kwifatanya n’Abanyakamonyi kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi, basura umudugududu w’abapfakazi bo mu murenge wa Ngamba n’Urwibutso rwo mu Kibuza mu murenge wa Gacurabwenge.
Nyuma yo gutukwa n’umuhanzi mugenzi we Professor Nigga, Nizzo wo mu itsinda rya Urban Boys avuga ko nta mwanya afite wo gutinda kubyo Professor Nigga yamuvuzeho hari byinshi yagakoze mu buhanzi bwe.
Umuhanzi Tom Close, asanga kurera neza ari ukubaka ejo hazaza h’igihugu, kuko abana aribo Rwanda rw’ejo bazaba bakora ibikorwa byose by’ubuzima bw’igihugu, bityo kubayobora mu nzira bakwiye gukuriramo akaba ari ugutegura ejo hazaza h’igihugu.
Umujyanama w’itsinda rya Urban Boys, Alex Muyoboke, aratangaza ko abafana bose bo mu gihugu ari ababo bityo nta kintu kidasanzwe Urban Boys bazakora kugira ngo biyegereze abafana kitari ukubagaragariza ibyo bashoboye.
Alex Muyoboke, umujyanama y’itsinda Urban Boyz, agiye gushyikiriza ubutabera Karasira Aimable uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Professor Nigga kubera ibitutsi aherutse kubatukira kuri facebook.
Mani Martin n’abaririmbyi be bazitabira ibirori byo gutangiza iserukiramuco « Amani Festival » bizabera i Goma muri Congo tariki 06/04/2013.