Umwe mu bantu bazwi muri Showbiz Kalisa John uzwi ku izina rya Kjohn, yari azi abahanzi batatu bari buze gusezererwa mbere y’uko ibirori byo kubatangaza bigera ku mugoroba wa tariki 07/07/2012.
Cedru watunganya amashusho y’indirimbo “bibi” ya KGB yagiye muri Amerika atayarangije mu giha yari yarijeje abafana bayo ko aya mashusho azajya hanze mu mpera z’icyumwerukirangira tariki 08/07/2012.
Itsinda “Ramura Jazz Band” ryo mu murenge wa Ruli, akarere ka Gakenke rirasaba abakunzi baryo kubashyigikira kugira ngo ribashe no kugera ku isoko ry’umuziki muri Kigali no mu gihugu cyose.
Itsinda Dream Boys barataramira kwa Mutangana (La Belle Terrasse) i Nyabugogo kuri uyu wa gatanu tariki 06/07/2012 guhera saa moya za nijoro.
Knowless araba ari kuri Sky Hotel kuri uyu wa gatanu tariki 06/07/2012; kuwa gatandatu tariki 07/07/2012 azaba ari i Remera kuri Ambiance Club imbere gato ya Alpha Place ahahoze Chaku hanyuma ku cyumweru azataramira abakunzi be Nyabugogo kuri Top Chef.
Umunyamakuru Ruzindana Rugasa wamenyekanye cyane ubwo yakoraga ku rubuga rwa interinet rwa www.igihe.com mbere yo kwerekeza mu kinyamakuru Ijwi, aranenga imikorere ya PGGSS2 kubera uburyo idashobora gushyira mu bikorwa ibyo yatangarije Abanyarwanda ko izakora.
Kumurika alubumu ya Lil G bizaba tariki 17/11/2012 aho kuba tariki 24/11/2012; nk’uko yabitangaje tariki 03/07/2012.
Nyuma y’iperereza ryari rimaze iminsi ibiri mu mujyi wa Karongi, polisi yasubije studio zari zafatiriwe ibikoresho kubera gukekwaho gucuruza ibihangano by’abandi nta burenganzira.
Hari ingaruka zimaze kugaragara zatewe n’abantu bagiye bakora urutonde rw’ukuntu abahanzi barushanyije mu bitaramo bya PGGSS 2 byagiye bibera hirya no hino mu gihugu (road shows).
Umuhanzi Karangwa Lionel “Lig G” wamenyekanye cyane kubera uburyo yatangiye kuririmba akiri muto injyana ya Hip Hop, aratangaza ko mu kwezi kwa 11/2012 ariho azamurikira Abakunzi be ku mugaragaro album ye ya mbere yise “Nimba Umugabo”.
Polisi ikorera mu karere ka Karongi yakoze umukwabu utunguranye wo guta muri yombi abacuruza ibihangano by’abahanzi batabifiye uburenganzira maze amasitidiyo atatu arafungwa ndetse n’umuntu umwe atabwa muri yombi.
Jean Paul Samputu, umuhanzi nyarwanda wamamaye cyane ku rwego rw’isi arategura igitaramo cyo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 amaze avutse n’imyaka 35 amaze muri muzika kizaba tariki 30/06/2012.
Abahanzi 10 bari mu irushanwa rya PGGSS 2 barasabwa kwitondera uburyo biyamamaza dore ko uzabirengaho azabihanirwa by’intangarugero bamukura mu marushanwa.
Ibitaramo bya Live biratangira aho abahanzi bose bari muri Primus Guma Guma Super Star 2, kuri uyu wa Gatandatu tariki 23/06/2012 batongera kuririmbira bataririmbiye bakoresheje CD.
Umuhanzi Jules Sentore yashize hanze amashusho y’indirimbo aherutse gukora yise “Ndayoboza”, indimbo y’urukundo ku ivuga k’umusore wakundanaga n’umukobwa, nyuma umukobwa akagenda umusore agasigara yibaza iyo yagiye.
Kuri uyu wa kane tariki 21/06/2012, abanyamakuru b’imyidagaduro, abategura Primus Guma Guma Super Star 2 ndetse n’abahanzi 10 bari muri aya marushanwa barahurira muri Top Tower Hotel barebere hamwe ibyagezweho n’ibisigaye.
Abahanzi Kitoko, Dream Boys, Urban Boys, Riderman na Radio bari gukora indirimbo ya Tigo ivuga kubyiza by’u Rwanda.
Ubuyobozi bwa Bralirwa bwatangaje ko kwamamaza ikinyobwa cya Coca Cola ntaho bizahurira n’abahanzi kuko ikinyobwa cya Primus kibafasha ku buryo buhagije.
Hashize igihe kitari gito havugwa cyane imyambarire idashimishije igaragara ku bahanzikazi b’Abanyarwanda mu bitaramo hirya no hino.
Kidumu, umuririmbyi w’Umurundi wari watumiwe mu muhango wo “Kwita Izina” abana b’Ingagi wabaye tariki 16/06/2012 mu karere ka Musanze, yatangaje ko yishimiye ako karere. Ngo ntiyari azi ko gafite ahantu heza nk’aho yabonye.
Umuhanzi nyarwanda Mugisha Benjamin uzwi ku izina rya The Ben uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yashyize hanze indirimbo yise “Nzakubona” izagaragara kuri alubumu izaba yitwa “Africa Mama Land”.
Road Show ya Primus Guma Guma Super Star II (PGGSS II) yabereye i Musanze tariki 09/06/2012, umuririmbyi King James ni we wahagurukije abafana ku buryo bugaragara, aho abafana bamwishimiye babyina kandi baririmba indirimbo ze.
Abahanzi bari mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star II barakomereza ibirori by’umugoroba i Rubavu kuri Tam Tam Beach, ubwo baba bamaze gutaramira i Musanze.
Mudendezo Assa uzwi ku izina rya Assa Veejay, umwe mu basore bazwi mu kiganiro cy’indirimbo cyitwa “The Beat” kinyura kuri televiziyo y’u Rwanda akaba n’umunyamakuru kuri Rwandastar.net arahakana amakuru amuvugwaho ko yaba ari mu rukundo n’umuhanzikazi ukizamuka uzwi ku izina rya Sister Macky.
Gahunda yo kugeza talent detection (gushakisha abantu bafite impano yo kuririmba ngo babafashe kwigaragaza no kuziteza imbere) mu ntara ishobora kutagenda neza kubera ikibazo cy’amikoro.
Umuhanzikazi Buzindu Aline uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Allioni aranyomoza amakuru amaze iminsi amuvugwaho ko yaba yarasimbuye Knowless mu gukundana na Safi.
Umuhanzi Gatsinzi Emery uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Riderman amaze iminsi arwaye indwara y’umusonga ariko ntibyamubujije kwitabira ibitaramo bya PGGSS2 byo kwiyereka abafana i Nyamagabe na Huye byabaye mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 03/06/2012.
Irushanwa Primus Guma Guma Super Star ryakomereje i Nyamagambe kuri uyu wa gatandatu tariki 02/06/2012 aho abahanzi basigaye muri irushanwa biyeretse abafana babo muri gahunda isanzwe izwi ku zina rya ‘Road Shows.’
Diane Umutesi w’imyaka 20 niwe wegukanye ikamba rya Nyampinga naho Yves Muvunyi w’imyaka 21 yegukana irya Rudasumbwa muri Kigali Institute of Management (KIM) mu matora yabaye tariki 01/06/2012 kuri Sport View Hotel.
Kuri uyu wa gatanu tariki 01/06/2012 kuri Sport View hazabera ibirori byo gutora Nyampinga na Rudasumbwa (Miss and Mister) bo muri kaminuza ya KIM bikaba bizatangira saa kumi n’imwe z’umugoroba.