Hari imyambaro n’imyambarire yagezweho mu Rwanda mu myaka yashize kuburyo iyo bamwe mu rubyiruko batayambaraga bumvaga batarimbye.
Umuhanzi Yvan Buravan aritegura gushyira hanze indirimbo yise ‘Just Dance Remix’ yasubiyemo yifashishije umuhanzi wo muri Tanzania witwa AY.
Bruce Melody uri muri Kenya mu marushanwa yo kuririmba ya Coke Studio, yatangajwe n’uburyo muri iryo rushanwa bakora ibintu byinshi mu gihe gito.
James Cameron wanditse akanayobora filime “Titanic” yasohotse mu 1997, yajyanwe mu nkiko azira kuba yaribye igitekerezo cyo gukora iyo filime yakunzwe.
Bamwe mu bahanzi bari mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star 2017 batangiye gushaka abafana babaha amafaranga kugira ngo bajye kubashyigikira.
Umukinnyi wa film muri Hollywood Dwayne Johnson uzwi nka ’The Rock’ yatangaje ko bishimishije cyane kumva abafana be bifuza ko yazitabira amatora ya perezida USA mu matora ya 2020.
Umuhanzi Diamond Platinumz yatangiye gucururiza indirimbo abahanzi bo mu Rwanda ahereye ku muhanzi DJ Pius.
Bruce Melody agiye kwerekeza i Nairobi muri Kenya mu igerageza ryo kuririmba ngo hasuzumwe niba ashobora gukorana na Coke Studio.
Abaririmbyi Charly na Nina batangaza ko iyo bafite akazi kenshi kuryama babyibagirwa ku buryo ngo bashobora kuryama amasaha ane cyangwa ari munsi yayo.
Joss Stone, umuririmbyi ukomeye wo mu Bwongereza agiye gufatanya n’umuririmbyi wo mu Rwanda gukora indirimbo iri mu rurimi rw’Ikinyarwanda.
Dusabejambo Clementine, niwe Munyarwanda wenyine ugaragara ku rutonde rw’abahatanira ibihembo bya filime byitwa AMAA (The Africa Movie Academy Awards).
Abarasta batandukanye bo mu Rwanda batangaza ko umunsi wo kwibuka Bob Marley ari umunsi ukomeye kuri bo bagereranya na Noheli yizihizwa n’Abakristu.
Muyoboke Alex ahakana yivuye inyuma amakuru avuga ko yaba agiye gutandukana na Charly na Nina agahamya ko ari ibinyoma byambaye ubusa.
Abahanzi b’abaririmbyi bavuga ko batari basobanukirwa n’imikorere ya sosiyete yashyizweho yitwa RSAU (Society of Authors) izajya yishyuza abacuranga indirimbo zabo.
Hari zimwe mu ndirimbo z’Abahanzi bo mu Rwanda zigaragaramo ukubusanya haba mu magambo cyangwa mu mashusho yazo, bigatuma umuntu yibaza niba barasobwe cyangwa batarabyitayeho.
Mico The best atangaza ko atewe ubwoba n’abahanzi bane bashobora kumubuza umwanya wa mbere yifuza muri Primus Guma Guma Super Star 7.
Umunyamuziki wo muri Amerika yanyuzwe n’uburyo Sophie Nzayisenga acuranga Inanga bituma amujyana muri Amerika (USA) bakorana umuzingo w’indirimbo (Album).
Umuririmbyi w’icyamamare muri Afurika, Yvonne Chaka Chaka avuga ko n’ubwo akunze kuza mu Rwanda nta muziki waho azi.
Umuhanzi Muyombo Thomas uzwi nka Tom Close yahimbye indirimbo yise “Igikomere” ivuga ku bikomere abantu bahura nabyo mu buzima bwa buri munsi.
Umuhanzi Teta Diana yashyize hanze amashusho y’indirimbo "Birangwa" (Video), indirimbo yahimbiye se umubyara witabye Imana Teta akiri muto.
Irushanwa ry’ubwiza ryo ku rwego rw’isi ryo muri 2017 (Miss World 2017) biteganijwe ko rizitabirwa na Miss Rwanda 2017, Iradukunda Elsa, rizabera mu Bushinwa.
Icyamamare muri sinema muri Hollywood, Dwayne Johnson “The Rock” yatangiye gukina filime izaba ishingiye ku ngagi zo mu Birunga mu Rwanda.
Abahanzi bari mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star 2017 (PGGSS7) barahamagarira abiga mu ishuri rya Muzika ku Nyundo kubafasha guhangana n’umuziki mpuzamahanga.
Abana barangije kwiga umuziki mu ishuri rya Muzika ryo ku Nyundo nibo basigaye bacuranga mu ibitaramo bikomeye mu Rwanda, ubusanzwe byakorwaga na “Mico Band”.
Umuhanzi Social Mula witabiriye bwa mbere irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star, atangaza ko arimo kwitegura bihagije kugira ngo azitware neza muri iryo rushanwa.
Anita Pendo yagaragaje ko ababajwe na bamwe bakomeje kuvuga ko asanzwe afite umwana akaba yaramusize iwabo i Gahini muri Kayonza.
Guhitamo abazahatanira ibihembo bya sinema nyafurika byitwa AMAA (The Africa Movie Academy Awards) bigiye kubera mu Rwanda muri Gicurasi.
Umunyarwenya Kayitankore Njoli uzwi nka Kanyombya atangaza ko nyuma yo kubatizwa, ubu yitegura gukina filime azakinamo ari Yesu.
Nyampinga w’u Rwanda 2017, Elsa Iradukunda atangaza ko yiteguye guhura na Nyampinga w’Akagari ka Rukaragata ko muri Muhanga wifuje ko bahura.
Umuririmbyi Davis D yemeza ko atatunguwe no kujya mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star (PGGSS) kuburyo ngo ashobora gutungurana akaryegukana.