INATEK ikomeje kuyobora shampiyona ya Volleyball

Ikipe ya Volleyball y’ishuri rikuru ry’ubuhinzi n’Ikoranabuhanga rya Kibungo (INATEK), ikomeje kuza ku isonga muri shampiyona ya Volleyball mu bagabo, nyuma yo kwitwara neza ku munsi wayo wa gatatu ikaba itaratsindwa na rimwe kugeza ubu.

INATEK yaguze abakinnyi bakomeye mu ntangiro za shampiyona barimo Ndamukunda Flavien na Kwizera Pierre Marshall, kuva shampiyona yatangira imaze gukina imikino myinshi ariko ntabwo iratsindwa na rimwe, ndetse ikaba yarahanganuye amakipe akomeye nka APR VC, KVC na Kaminuza y’u Rwanda.

Mu mikino ya shampiyona y’umunsi (etape) wa gatatu, kuri stade ntoya i Remera tariki 05/05/2013, INATEK yatsinze Christ-Roi amaseti 3-0, ariko iza kugorwa cyane na KVC kuko yayitsinze amaseti 3-2 hagombye kwitabazwa iseti ya ‘seoul’ yo kuzikiranura. N’ubwo KVC yatsinzwe na INATEK ariko nayo yatsinze Christ-Roi amaseti 3-0.

APR VC yatwaye igikombe cya shampiyona giheruka, n’ubwo ku munsi wa mbere n’uwa kabiri ititwaye neza cyane nk’uko bisanzwe, ku munsi wa gatatu yatsinze imikino yayo ibiri yagombaga gukina. APR VC yatsinze Lyce ya Nyanza amaseti 3-1, inatsinda kandi Rusumo High School amaseti 3-1 nayo, naho Lycee ya Nyanza itsinda Rusumo High School amaseti 3-1.

Ndamukunda Flavien na Kwizera Pierre Marshall bafatiye runini INATEK
Ndamukunda Flavien na Kwizera Pierre Marshall bafatiye runini INATEK

Itsinda rya gatatu, riyobowe na kaminuza y’u Rwanda yatsinze GS Officiel ya Butare amaseti 3-0, itsinda kandi GS Saint Joseph amaseti 3-0 naho GS Officiel ya Butare itsinda GS Saint Joseph amaseti 3-2.

Kugeza ubu INATEK iracyari ku mwanya wa mbere n’amanota 18 kuri 18, ikurikiwe na APR VC ifite amanota 16 ku mwanya wa gatatu hakaza kaminuza y’u Rwanda ifite amanota 16 ikaba inganya na APR VC.
Lycee de Nyanza iri ku mwanya wa kane, igakurikirwa na Rusumo, GS Saint Joseph, GS Officiel, KVC na Christ-Roi.

Mu bagore ho bageze ku munsi wa kabiri, mu mikino imaze gukinwa APR VC niyo yitwaye neza kurusha izindi kuko itaratsindwa umukino n’umwe, ndetse mu mpera z’icyumweru gishize ikaba yaratsinze mukeba wayo Rwanda Revenue Authority (RRA) amaseti 3-1. APR VC y’abagore iri ku mwanya wa mbere n’amanota 12, ikaba ikurikiwe na RRA na Ruhango zombi zifite amanota 7.

Theoneste Nisingizwe

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

inkuru zacyuye igihe nizo muhoza ho meagiye mukora akazi mwiyemeje! !!!!!!!!

ndacyayisenga fulgence yanditse ku itariki ya: 18-06-2013  →  Musubize

mujye muduhera amakuru igihe cyane cyane ajyanye nimikino.

ndacyayisenga yanditse ku itariki ya: 8-06-2013  →  Musubize

amakuru ya volley ball ntago muyaduhera igihe mugerageze
kandi tubatuyakeneye

ndacyayisenga yanditse ku itariki ya: 2-06-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka