N’ubwo atatangaje umushahara yari yumvikanye na APR FC , Kanyankore wari wahawe akazi taliki ya 26 Nyakanga 2016 akaza kwirukanwa muri Nzeli avuga ko bamwirukanye batamuhembye umushahara we wa Kanama, akaba avuga ko bamwijeje ko bazawumuha vuba ariko na n’ubu ngo ntarawubona.
Yagize ati ”Ndacyategereje umushahara kuko banyijeje ko bazawumpa vuba gusa sinzi igihe”
Abajijwe niba kuwutegereza atazi igihe azawubonera ntacyo byica ku mibereho ye ndetse n’igenamigambi rye yasubije agira ati ”Urumva nawe iyo udafite akazi ugategereza umushahara utazi igihe uzawubonera biragoye ariko reka ntegereze wenda bashobora kuwumpa mbere y’uko ukwa cyenda kurangira nzabibibutsa numve”
Ku ruhande rwa APR bo bavuga ko Kanyankore bafite ibyo bumvikanye kandi ko bagomba kuzabyubahiriza kandi ngo ntibanyuranya nabyo.
Umuvugizi wayo Kazungu Clever aganira na Kigali Today mu magambo make yagize ati”Kanyankore azi ibyo yavuganye na APR kandi nawe muhamagare ubwe umubaze ko yishyuza”
Ubu APR nta mutoza mukuru ifite nyuma yo kwirukana Kanyankore,ubu ikaba iri gutozwa n’umutoza wungirije Banayigereyemo rimwe Yves Rwasamanzi afatanyije n’umutoza w’abazamu Ibrahim Mugisha.
Amakuru agera kuri Kigali Today avuga ko Kanyankore Yaounde ashobora gusubira
mu ikipe ya Vital’O y’I Burundi yaturutsemo n’ubundi aza muri APR, agasimbura umudage Hans Michael Weiss utari kwitwara neza.
National Football League
Ibitekerezo ( 6 )
Ohereza igitekerezo
|
ariko mwagiye mureka amatiku ubwose ibyo bumvikanye murabizi?aba Rayon mukunda byacitse ikipe yacu APR FC ibi ni toto irabikemura
niyihanganebibaho uzishyurwa
RINDIRA UREBEKO TUZAJYANWA MURI FIFA KO TWAMWAMBUYE. UMUNTU W’UMUGABO ARASHINYIKA? URIBWA C?
Aravuga iki se kandi ko rayon na kiyovu arizo zigira akavuyo heheeeeeeeeeeeee
Ndagushinyitse ndi umu rayon
apr nigitugu cyayo c?? ntakuri igira apuuu
Yampayinka amaguru imisoro yacu ijyahe?