Abanyarwanda 12 bari bafungiye muri Uganda bageze mu Rwanda
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Nyakanga 2020 nibwo Abanyarwanda 12 bari bafungiye mu gihugu cya Uganda bagejejwe mu Rwanda banyuze ku mupaka wa Kagitumba.
Saa yine n’iminota 15 nibwo bagejejwe ku mupaka wa Kagitumba ku ruhande rw’u Rwanda.
Uko ari 12 bose ni abagabo nta mugore ubarimo.
Baje mu modoka yo mu bwoko bwa Coster bicaye bahanye intera.
Bagejejwe mu Rwanda na Polisi ya Uganda, bakirwa n’Urwego rw’Abinjira n’Abasohoka.
Bakigera mu Rwanda babanje gupimwa umuriro ngo barebe ko badafite indwara ya COVID-19.
Biteganyijwe ko bava ku mupaka wa Kagitumba berekeza i Rukara mu Karere ka Kayonza aho bacumbikirwa mu nyubako za Kaminuza bakamaramo iminsi irindwi kugira ngo harebwe niba ntawe urwaye COVID-19.
Abari barashyizwe mu kato muri izo nyubako bakarimo bavuye muri Uganda mu buryo bumwe n’aba barasezerewe ku wa mbere tariki 06 Nyakanga 2020 kandi nta n’umwe wagaragayeho COVID-19.
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|