U Rwanda mu bihugu 4 bya mbere birangwa mo ruswa nke muri Afrika

Icyegeranyo cy’ umuryango Transparency International cyasohotse tariki 30/11/2011 cyerekanye ko u Rwanda rwazamutse cyane mu kurwanya ruswa, maze ruza ku mwanya wa kane ku mugabane w’Afurika wose.

Ibiro ntaramakuru by’Abafaransa dukesha iyi nkuru bivuga ko mu myaka 4 ishize, Perezida Kagame yahagurukiye kurwanya ruswa mu gihugu.

Igihe iki gikorwa cyo kurwanya ruswa cyatangiraga mu mwaka wa 2007, u Rwanda rwari ku mwanya wa 43 muri Afrika rufite amanota 2.8, ariko ubu rwaramanutse cyane kuko ruri ku mwanya wa 4 n’amanota 5.0.

N’ubwo u Rwanda rugihangana na zimwe mu ngaruka za jenoside, mu myaka ishize rwashyize imbaraga mu bikorwa byo kurwanya ruswa, igikorwa kiri gutanga umusaruro mwiza muri iki gihe. Ibi byatumye u Rwanda ruza mu bihugu bihagaze neza mu bijyanye n’ubucuruzi muri Afrika.

Mu kwezi kwa 10 uyu mwaka, icyegeranyo cy’Afrika y’uburasirazuba mu kurwanya ruswa (East African Bribery Index) cyashyize u Rwanda ku mwanya wa mbere mu karere k’Afrika y’uburasirazuba mu kurangwamo ruswa nke.

Jean Noel Mugabo

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka